Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitekerezo bitavugwaho rumwe hagati y’ababayeyi n’abana ku itegeko ryecyeye gukuramo inda

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitekerezo bitavugwaho rumwe hagati y’ababayeyi n’abana ku itegeko ryecyeye gukuramo inda

embryo

Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe iteka rya Minisitiri w’Ubuzima ryo muri 2019 riteganya uburyo hari abemerewe gukuramo inda babikorewe n’abaganga, nk’abana bazitewe bataruzuza imyaka y’ubukure, bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu, ntibabikozwa, bakavuga ko byaba ari nko kuvutsa ubuzima abuzukuru babo, mu gihe abakobwa na bo bavuga ko batatinyuka gusaba ababyeyi babo kubaherecyeza.

Aba babyeyi bo mu Murenge wa Kanama baganiriye na RADIOTV10, bamwe bavuga ko iri tegeko ryo muri 2019 batari banarizi, ariko ko n’ibyo riteganya bumva badashobora kubishyigikira.

Iri teka riteganya ko umwana watewe inda muri ubwo buryo, akemererwa kuyikuramo, abikorerwa yaherekejwe n’umubyeyi we, mu gihe aba baturage bavuga ko bataherekeza abana babo bagiye gukorerwa iki gikorwa.

Umwe ati “Ayikuyemo se yamara kuyikuramo ntazongere kubyara undi? Yemwe sinajyayo. Ntiyayikuramo ahubwo uwo mwana yamubyara nkamurera.”

Aba baturage bumvikana nk’abakomeye ku myerere y’abemeramana, bavuga ko bakwemerera abana babo bakazabyara abo bana, aho kuvutsa ubuzima uwo muziranenge kandi ashobora kuzavamo umuntu ukomeye.

Undi ati “Imana yamurera, kubera ko iba itayikuyemo, naho twe kubera iki twakora icyo cyaha cyo kwica? Urwo ruhinja ruba ruzaba na Pasitoro.”

Bamwe mu bana b’abakobwa bo muri uyu Murenge wa Kanama, bavuga ko batazi ko iryo tegeko ryemerera umwana watewe inda akiri muto kuba yasaba kuyikurirwamo.

Umwe yagize ati “Ntabwo tuzi ko byemewe, ahubwo twe tuzi ko kuyikuramo ari icyaha.”

Ni mu gihe itegeko rigena ibigo by’ubuvuzi n’urwego rw’abaganga bemerewe gutanga izo serivisi nk’Ibitaro na Polikilinike ndetse umwana utwite akaba agomba guherekezwa n’umubyeyi we cyangwa undi muntu umufiteho ububasha bwa kibyeyi.

Gusa abana b’abakobwa na bo bavuga ko batatinyuka gusaba ababyeyi babo ko babaherekeza ku Bitaro ngo bajye gukurirwamo inda.

Umwe ati “Naba mfite ubwoba, kuko bataba barantumye kujya gusambana, ahubwo nabanza nkajya ku Bitaro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Kanama, Mugisha Honore avuga ko ubuyobozi bugiye gukora ubukangurambaga bwerecyeye iri teka, kugira ngo abaturage basobanukirwe n’impamvu ryashyizweho, ndetse banumve icyo ryaje gucyemura.

Ati “Ni ugukomeza gukora ubukangurambaga kuri iryo tegeko kuko byakorwaga muri rusange mu bukangurambaga ku mategeko yose ariko ntabwo ari ubukangurambaga bwaryo.”

ingingo ya 125 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko nta buryozwacyaha bubaho iyo gukuramo inda byakozwe kubera impamvu zemewe zirimo kuba utwite ari umwana, kuba usaba gukurirwamo inda yarakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato, kuba yarayitwaye nyuma yo kubanishwa ku gahato n’undi nk’umugore n’umugabo, kuba usaba gukurirwamo inda yarayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi kugera ku gisanira cya kabiri no kuba inda ibangamiye ubuzima bw’utwite cyangwa ubw’umwana atwite.

Ababyeyi b’i Rubavu ntibakozwa ko abana babo bakurirwamo inda mu gihe babyemerewe n’itegeko

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Hatangajwe abategerejwe mu gushyingura Abanyekongo bishwe n’ibisasu bigashengura amahanga

Next Post

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.