Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitekerezo bitavugwaho rumwe hagati y’ababayeyi n’abana ku itegeko ryecyeye gukuramo inda

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitekerezo bitavugwaho rumwe hagati y’ababayeyi n’abana ku itegeko ryecyeye gukuramo inda

embryo

Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe iteka rya Minisitiri w’Ubuzima ryo muri 2019 riteganya uburyo hari abemerewe gukuramo inda babikorewe n’abaganga, nk’abana bazitewe bataruzuza imyaka y’ubukure, bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu, ntibabikozwa, bakavuga ko byaba ari nko kuvutsa ubuzima abuzukuru babo, mu gihe abakobwa na bo bavuga ko batatinyuka gusaba ababyeyi babo kubaherecyeza.

Aba babyeyi bo mu Murenge wa Kanama baganiriye na RADIOTV10, bamwe bavuga ko iri tegeko ryo muri 2019 batari banarizi, ariko ko n’ibyo riteganya bumva badashobora kubishyigikira.

Iri teka riteganya ko umwana watewe inda muri ubwo buryo, akemererwa kuyikuramo, abikorerwa yaherekejwe n’umubyeyi we, mu gihe aba baturage bavuga ko bataherekeza abana babo bagiye gukorerwa iki gikorwa.

Umwe ati “Ayikuyemo se yamara kuyikuramo ntazongere kubyara undi? Yemwe sinajyayo. Ntiyayikuramo ahubwo uwo mwana yamubyara nkamurera.”

Aba baturage bumvikana nk’abakomeye ku myerere y’abemeramana, bavuga ko bakwemerera abana babo bakazabyara abo bana, aho kuvutsa ubuzima uwo muziranenge kandi ashobora kuzavamo umuntu ukomeye.

Undi ati “Imana yamurera, kubera ko iba itayikuyemo, naho twe kubera iki twakora icyo cyaha cyo kwica? Urwo ruhinja ruba ruzaba na Pasitoro.”

Bamwe mu bana b’abakobwa bo muri uyu Murenge wa Kanama, bavuga ko batazi ko iryo tegeko ryemerera umwana watewe inda akiri muto kuba yasaba kuyikurirwamo.

Umwe yagize ati “Ntabwo tuzi ko byemewe, ahubwo twe tuzi ko kuyikuramo ari icyaha.”

Ni mu gihe itegeko rigena ibigo by’ubuvuzi n’urwego rw’abaganga bemerewe gutanga izo serivisi nk’Ibitaro na Polikilinike ndetse umwana utwite akaba agomba guherekezwa n’umubyeyi we cyangwa undi muntu umufiteho ububasha bwa kibyeyi.

Gusa abana b’abakobwa na bo bavuga ko batatinyuka gusaba ababyeyi babo ko babaherekeza ku Bitaro ngo bajye gukurirwamo inda.

Umwe ati “Naba mfite ubwoba, kuko bataba barantumye kujya gusambana, ahubwo nabanza nkajya ku Bitaro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Kanama, Mugisha Honore avuga ko ubuyobozi bugiye gukora ubukangurambaga bwerecyeye iri teka, kugira ngo abaturage basobanukirwe n’impamvu ryashyizweho, ndetse banumve icyo ryaje gucyemura.

Ati “Ni ugukomeza gukora ubukangurambaga kuri iryo tegeko kuko byakorwaga muri rusange mu bukangurambaga ku mategeko yose ariko ntabwo ari ubukangurambaga bwaryo.”

ingingo ya 125 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko nta buryozwacyaha bubaho iyo gukuramo inda byakozwe kubera impamvu zemewe zirimo kuba utwite ari umwana, kuba usaba gukurirwamo inda yarakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato, kuba yarayitwaye nyuma yo kubanishwa ku gahato n’undi nk’umugore n’umugabo, kuba usaba gukurirwamo inda yarayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi kugera ku gisanira cya kabiri no kuba inda ibangamiye ubuzima bw’utwite cyangwa ubw’umwana atwite.

Ababyeyi b’i Rubavu ntibakozwa ko abana babo bakurirwamo inda mu gihe babyemerewe n’itegeko

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

Hatangajwe abategerejwe mu gushyingura Abanyekongo bishwe n’ibisasu bigashengura amahanga

Next Post

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.