Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitekerezo bitavugwaho rumwe hagati y’ababayeyi n’abana ku itegeko ryecyeye gukuramo inda

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitekerezo bitavugwaho rumwe hagati y’ababayeyi n’abana ku itegeko ryecyeye gukuramo inda

embryo

Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe iteka rya Minisitiri w’Ubuzima ryo muri 2019 riteganya uburyo hari abemerewe gukuramo inda babikorewe n’abaganga, nk’abana bazitewe bataruzuza imyaka y’ubukure, bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu, ntibabikozwa, bakavuga ko byaba ari nko kuvutsa ubuzima abuzukuru babo, mu gihe abakobwa na bo bavuga ko batatinyuka gusaba ababyeyi babo kubaherecyeza.

Aba babyeyi bo mu Murenge wa Kanama baganiriye na RADIOTV10, bamwe bavuga ko iri tegeko ryo muri 2019 batari banarizi, ariko ko n’ibyo riteganya bumva badashobora kubishyigikira.

Iri teka riteganya ko umwana watewe inda muri ubwo buryo, akemererwa kuyikuramo, abikorerwa yaherekejwe n’umubyeyi we, mu gihe aba baturage bavuga ko bataherekeza abana babo bagiye gukorerwa iki gikorwa.

Umwe ati “Ayikuyemo se yamara kuyikuramo ntazongere kubyara undi? Yemwe sinajyayo. Ntiyayikuramo ahubwo uwo mwana yamubyara nkamurera.”

Aba baturage bumvikana nk’abakomeye ku myerere y’abemeramana, bavuga ko bakwemerera abana babo bakazabyara abo bana, aho kuvutsa ubuzima uwo muziranenge kandi ashobora kuzavamo umuntu ukomeye.

Undi ati “Imana yamurera, kubera ko iba itayikuyemo, naho twe kubera iki twakora icyo cyaha cyo kwica? Urwo ruhinja ruba ruzaba na Pasitoro.”

Bamwe mu bana b’abakobwa bo muri uyu Murenge wa Kanama, bavuga ko batazi ko iryo tegeko ryemerera umwana watewe inda akiri muto kuba yasaba kuyikurirwamo.

Umwe yagize ati “Ntabwo tuzi ko byemewe, ahubwo twe tuzi ko kuyikuramo ari icyaha.”

Ni mu gihe itegeko rigena ibigo by’ubuvuzi n’urwego rw’abaganga bemerewe gutanga izo serivisi nk’Ibitaro na Polikilinike ndetse umwana utwite akaba agomba guherekezwa n’umubyeyi we cyangwa undi muntu umufiteho ububasha bwa kibyeyi.

Gusa abana b’abakobwa na bo bavuga ko batatinyuka gusaba ababyeyi babo ko babaherekeza ku Bitaro ngo bajye gukurirwamo inda.

Umwe ati “Naba mfite ubwoba, kuko bataba barantumye kujya gusambana, ahubwo nabanza nkajya ku Bitaro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Kanama, Mugisha Honore avuga ko ubuyobozi bugiye gukora ubukangurambaga bwerecyeye iri teka, kugira ngo abaturage basobanukirwe n’impamvu ryashyizweho, ndetse banumve icyo ryaje gucyemura.

Ati “Ni ugukomeza gukora ubukangurambaga kuri iryo tegeko kuko byakorwaga muri rusange mu bukangurambaga ku mategeko yose ariko ntabwo ari ubukangurambaga bwaryo.”

ingingo ya 125 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko nta buryozwacyaha bubaho iyo gukuramo inda byakozwe kubera impamvu zemewe zirimo kuba utwite ari umwana, kuba usaba gukurirwamo inda yarakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato, kuba yarayitwaye nyuma yo kubanishwa ku gahato n’undi nk’umugore n’umugabo, kuba usaba gukurirwamo inda yarayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi kugera ku gisanira cya kabiri no kuba inda ibangamiye ubuzima bw’utwite cyangwa ubw’umwana atwite.

Ababyeyi b’i Rubavu ntibakozwa ko abana babo bakurirwamo inda mu gihe babyemerewe n’itegeko

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Hatangajwe abategerejwe mu gushyingura Abanyekongo bishwe n’ibisasu bigashengura amahanga

Next Post

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda hamenyekanye icyatumye atabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.