• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Eugène Rwamucyo waburanishirizwaga mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside, yabihamijwe n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris muri iki Gihugu, rumukatira gufungwa imyaka 27.

Dr. Rwamucyo wahoze ari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuvuzi mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ya Butare (UNR), ashinjwa kugira uruhare mu mugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko we yakoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.

Nyuma y’ukwezi aburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024 rwatangaje umwanzuro warwo, rumuhamya ibyaha birimo Gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gutegura Jenoside, ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko nyuma y’iburanisha ripfundikira uru rubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, ari na bwo Urukiko rwahitaga rwiherera kugira ngo rufate umwanzuro warwo.

Nyuma yo kwiherera, Inteko yaburanishije uru rubanza, yavuze ko hagendewe ku bimenyetso byatanzwe ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye, uyu Dr. Rwamucyo ahamwa n’ibyaha ashinjwa.

Bumwe mu buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuze ko Dr. Rwamucyo yatangaga amabwiriza mu bihe bya Jenoside, byumwihariko agategeka ko imibiri y’ababaga bamaze kwicwa ndetse n’ababaga bagihumeka, ko bashyirwa mu cyobo, hifashishijwe imashini zubaka.

Ni mu gihe uyu wari Umuganga, yatatiriye igihango cy’umwuga we, aho yagombaga ahubwo kuvura ababaga ari inkomere, ahubwo agatanga amabwiriza yatumaga bamwe bitaba Imana.

Kuri uyu wa Gatatu kandi ubwo urubanza rwapfunikirwaga, Dr. Rwamucyo yahawe umwanya wo kugira icyo avuga, yatangaje ko nta muntu n’umwe yishe, ndetse ko n’abo ashinjwa gutegeka ko bashyingurwa ari bazima, atabikoze.

Dr. Eugène Rwamucyo akimara gusomerwa umwanzuro w’Urukiko, Polisi yo mu Bufaransa, yahise imujyana aho agomba gufungirwa kugira ngo hashyirwe mu bikorwa umwanzuro w’uru Rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eight =

Previous Post

Umuntu mushya wasanganywe Marburg mu Rwanda hasobanuwe uko byagenze ngo yandure

Next Post

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.