Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi akiva muri Uganda yahise yerecyeza mu Burundi

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi akiva muri Uganda yahise yerecyeza mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko mu Bihugu bibiri by’ibituranyi, Uganda ndetse n’u Burundi yahise yerecyezamo akiva kuganira na Museveni.

Ni ingendo yagize kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, aho yabanjirije kwerecyeza muri Uganda, anagirana ibiganiro byo mu muheezo na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

Ibi biganiro byahuje Tshisekedi na Museveni, byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,

Banaganiriye kandi ku bikorwa bya gisirikare bihuriweho n’Ingabo z’Ibihugu byombi, FARDC na UPDF, mu guhangana n’umutwe w’iterabwoba wa ADF uhungabanya umutekano wa Uganda, ariko ukaba ufite ibirindiro muri DRC.

Perezida Felix Tshisekedi akiva muri iki Gihugu cya Uganda gihana imbibi n’icye, yahise anerecyeza mu Burundi, aho yitabiriye inama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA).

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko Tshisekedi yageze mu Burundi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, aho yari yitabiriye iyi nama yabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024.

Perezida Felix Tshisekedi yakiriwe ku Kibuga cy’indege cya Bujumbura, na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wanahawe inshingano zo kuyobora COMESA guhera kuri uyu wa Kane.

Abandi bakuru bitabiriye iyi nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bya COMESA, yanitabiriwe n’abandi Baperezida, barimo William Ruto wa Kenya, Andry Rajoelina wa Madagascar, Hakainde Hichilema wa Zambia, na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi bwayakiriye.

Perezida Tshisekedi ubwo yakirwaga mu Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 10 =

Previous Post

Hatangajwe amahirwe ategereje abafana 10.000 bifuza kujya gushyigikira Amavubi aherutse kubacyura bababaye

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Umunyamakuru Fatakumavuta we asubiye muri Kasho ataburanye

Related Posts

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

by radiotv10
17/05/2025
0

Abagize Komisiyo idasanzwe yahawe gusuzuma dosiye yo kwambura ubudagangarwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubu...

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin byarangiye atitabiriye biganiro by’amahoro, byagomba kumuhuza na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ahubwo yohereza...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko adashaka kuzongera kubona urwego rumwoherereza ibaruwa ‘y’ubugoryi’, nyuma yuko Komisiyo...

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

IZIHERUKA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu
IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

19/05/2025
Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

19/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

19/05/2025
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Umunyamakuru Fatakumavuta we asubiye muri Kasho ataburanye

AMAKURU AGEZWEHO: Umunyamakuru Fatakumavuta we asubiye muri Kasho ataburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.