Ihuriro AFC/M23 riravuga uruhande bahaganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwongereye imbaraga mu bitero rukoreshamo indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze na KT-6 bikomeje guhitana inzirakangane nyinshi z’abasivile.
Mu makuru agaragaza uko urugamba rwifashe kuri uyu wa Kane tariki 04 Kamena 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yavuze ko kuva mu ijoro ryacyeye kugeza mu gitondo cya none, uruhande bahanganye rwari rukomeje kugaba ibitero.
Yavuze ko “Ingabo zihurije hamwe z’ubutegetsi bwa Kinshasa zongereye ibitero byazo mu kirere mu bice bituwe cyane bya Gakenke, Bidegu, na Mikenke muri Minembwe, zikoresheje indege zitagira abapilote za Kamikaze na KT-6.”
Muri iri tangazo, Kanyuka yavuze ko iri Huriro rya AFC/M23 rimaze iminsi ritanga umuburo, ko uruhande bahanganye nirukomeza ibikorwa nk’ibi, ruzahura n’akaga gakomeye.
Ati “AFC/M23 yongeye gushimangira ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bwaraburiwe ku mugaragaro ingaruka zikomeye z’ibi bitero bikomeje, bikomeje kubiba urupfu, bigasenya imitungo y’abaturage, kandi bigatera abaturage ibihumbi n’ibihumbi kuva mu byabo.”
Kanyuka yavuze ko yaba Abanyekongo ndetse n’umuryango mpuzamahanga wari watanze uyu muburo, ariko uruhande bahanganye rukaba rukomeje kuwurengaho, ku buryo ntakindi gisigaye uretse kuba iri Huriro rigi kurusubizanya imbaraga nyinshi.
RADIOTV10





