Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko ku bwoko bushya bw’Avoka bwavumbuwe

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ibiteye amatsiko ku bwoko bushya bw’Avoka bwavumbuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoko bushya bw’urubuto rw’Avoka bwiswe ‘Luna’, ni avoka ishobora kwera ku giti gito cyane, kandi bworoshye gutera kurusha ubundi bwoko busanzweho.

Ubu bwoko bushya bw’Avoka bwemejwe na kaminuza ya University of California, Riverside (UCR), nyuma y’igihe kinini, iri kubukoraho ubushakashatsi.

Ni avoka ifite uburyohe bwihariye nk’uko bitangazwa n’iyi kaminuza, kandi ikaba ifite amavuta, ikaba kandi ifite umwihariko wo kuba yoroshye gusarurwa kuko yera ku biti bito cyane.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Kaminuza, yagize iti “Luna iha uburyohe buhebuje abayirya, ikaba kandi ifite ireme, ikagira n’ubwiza bunogeye ijisho iyo yasaruwe.”

Iri tangazo ry’iyi kaminuza rikomeza rigira riti “Ikindi kandi abahinzi bazaba bafite amahirwe kuko yera ku giti gito, bituma yera neza kandi ikanasarurwa mu buryo bworoshye.”

Mary Lu Arpaia wagize uruhare mu bushakashatsi bwavuyemo ubu bwoko bw’Avoka, aganira na Axios, yagize ati “Hari ubwoko bw’imbuto bwiza ariko kimwe mu bibazo ni uko ziba zera ku biti binini.”

Iyi mpuguke mu buhinzi bw’imbuto, yakomeje agira ati “Igihe hari ibiti binini, haba hari n’ikibazo cy’umutekano w’abasarura, kuko bibasaba kurira ku rwego bagiye gusarura.”

Ubu bwoko bushya bw’Avoka bufata igihe cy’imyaka iri hagati y’itatu n’itanu kugira ngo haboneke umusaruro, ku buryo umusaruro w’izi Avoka uzajya ku isoko mu gihe cya vuba.

Ubwoko bw’igiti cy’Avoka bwaherukaga kujya hanze ni ubwitwa Gem, na bwo bwashyizwe hanze na UC Riverside muri 2003.

Kimwe mu bibangamira imbuto muri iki gihe, ni imihindagurikire y’ikirere, gusa kuri iyi avoka nshya, ngo ifite ubushobozi bwo guhangana n’ibihe byose byaba iby’izuba n’iby’imvura.

Nanone kandi mu kugereranya ubwoko bw’iyi avoka ya Luna n’ubusanzweho bwa Hass buri mu bukunzwe, Arpaia yavuze ko igiti cya Luna kiramba igihe kinini kandi kikihanganira udukoko tw’utwonnyi tw’imyaka.

Naho ku buryohe, yagize ati “Hass iba ifite amavuta menshi, navuga ko na Luna iba iyafite ariko ikaba ifitemo no koroha. Kandi ikagira igishishwa cy’umubyimba muto ugereranyije n’icya Hass, kandi ikagira inyuma horoshye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ntawumenya Semabumba Jean de Dieu says:
    2 years ago

    Muraho cyane?

    Ubu bwoko bwa Luna mu Rwanda burahari?

    Niba buhari ni hehe buboneka?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eighteen =

Previous Post

Hasohotse amakuru yari ategerejwe na benshi muri Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.