Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko ku bwoko bushya bw’Avoka bwavumbuwe

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ibiteye amatsiko ku bwoko bushya bw’Avoka bwavumbuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoko bushya bw’urubuto rw’Avoka bwiswe ‘Luna’, ni avoka ishobora kwera ku giti gito cyane, kandi bworoshye gutera kurusha ubundi bwoko busanzweho.

Ubu bwoko bushya bw’Avoka bwemejwe na kaminuza ya University of California, Riverside (UCR), nyuma y’igihe kinini, iri kubukoraho ubushakashatsi.

Ni avoka ifite uburyohe bwihariye nk’uko bitangazwa n’iyi kaminuza, kandi ikaba ifite amavuta, ikaba kandi ifite umwihariko wo kuba yoroshye gusarurwa kuko yera ku biti bito cyane.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Kaminuza, yagize iti “Luna iha uburyohe buhebuje abayirya, ikaba kandi ifite ireme, ikagira n’ubwiza bunogeye ijisho iyo yasaruwe.”

Iri tangazo ry’iyi kaminuza rikomeza rigira riti “Ikindi kandi abahinzi bazaba bafite amahirwe kuko yera ku giti gito, bituma yera neza kandi ikanasarurwa mu buryo bworoshye.”

Mary Lu Arpaia wagize uruhare mu bushakashatsi bwavuyemo ubu bwoko bw’Avoka, aganira na Axios, yagize ati “Hari ubwoko bw’imbuto bwiza ariko kimwe mu bibazo ni uko ziba zera ku biti binini.”

Iyi mpuguke mu buhinzi bw’imbuto, yakomeje agira ati “Igihe hari ibiti binini, haba hari n’ikibazo cy’umutekano w’abasarura, kuko bibasaba kurira ku rwego bagiye gusarura.”

Ubu bwoko bushya bw’Avoka bufata igihe cy’imyaka iri hagati y’itatu n’itanu kugira ngo haboneke umusaruro, ku buryo umusaruro w’izi Avoka uzajya ku isoko mu gihe cya vuba.

Ubwoko bw’igiti cy’Avoka bwaherukaga kujya hanze ni ubwitwa Gem, na bwo bwashyizwe hanze na UC Riverside muri 2003.

Kimwe mu bibangamira imbuto muri iki gihe, ni imihindagurikire y’ikirere, gusa kuri iyi avoka nshya, ngo ifite ubushobozi bwo guhangana n’ibihe byose byaba iby’izuba n’iby’imvura.

Nanone kandi mu kugereranya ubwoko bw’iyi avoka ya Luna n’ubusanzweho bwa Hass buri mu bukunzwe, Arpaia yavuze ko igiti cya Luna kiramba igihe kinini kandi kikihanganira udukoko tw’utwonnyi tw’imyaka.

Naho ku buryohe, yagize ati “Hass iba ifite amavuta menshi, navuga ko na Luna iba iyafite ariko ikaba ifitemo no koroha. Kandi ikagira igishishwa cy’umubyimba muto ugereranyije n’icya Hass, kandi ikagira inyuma horoshye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ntawumenya Semabumba Jean de Dieu says:
    2 years ago

    Muraho cyane?

    Ubu bwoko bwa Luna mu Rwanda burahari?

    Niba buhari ni hehe buboneka?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Hasohotse amakuru yari ategerejwe na benshi muri Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.