Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiteye amatsiko ku bwoko bushya bw’Avoka bwavumbuwe

radiotv10by radiotv10
31/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ibiteye amatsiko ku bwoko bushya bw’Avoka bwavumbuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwoko bushya bw’urubuto rw’Avoka bwiswe ‘Luna’, ni avoka ishobora kwera ku giti gito cyane, kandi bworoshye gutera kurusha ubundi bwoko busanzweho.

Ubu bwoko bushya bw’Avoka bwemejwe na kaminuza ya University of California, Riverside (UCR), nyuma y’igihe kinini, iri kubukoraho ubushakashatsi.

Ni avoka ifite uburyohe bwihariye nk’uko bitangazwa n’iyi kaminuza, kandi ikaba ifite amavuta, ikaba kandi ifite umwihariko wo kuba yoroshye gusarurwa kuko yera ku biti bito cyane.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Kaminuza, yagize iti “Luna iha uburyohe buhebuje abayirya, ikaba kandi ifite ireme, ikagira n’ubwiza bunogeye ijisho iyo yasaruwe.”

Iri tangazo ry’iyi kaminuza rikomeza rigira riti “Ikindi kandi abahinzi bazaba bafite amahirwe kuko yera ku giti gito, bituma yera neza kandi ikanasarurwa mu buryo bworoshye.”

Mary Lu Arpaia wagize uruhare mu bushakashatsi bwavuyemo ubu bwoko bw’Avoka, aganira na Axios, yagize ati “Hari ubwoko bw’imbuto bwiza ariko kimwe mu bibazo ni uko ziba zera ku biti binini.”

Iyi mpuguke mu buhinzi bw’imbuto, yakomeje agira ati “Igihe hari ibiti binini, haba hari n’ikibazo cy’umutekano w’abasarura, kuko bibasaba kurira ku rwego bagiye gusarura.”

Ubu bwoko bushya bw’Avoka bufata igihe cy’imyaka iri hagati y’itatu n’itanu kugira ngo haboneke umusaruro, ku buryo umusaruro w’izi Avoka uzajya ku isoko mu gihe cya vuba.

Ubwoko bw’igiti cy’Avoka bwaherukaga kujya hanze ni ubwitwa Gem, na bwo bwashyizwe hanze na UC Riverside muri 2003.

Kimwe mu bibangamira imbuto muri iki gihe, ni imihindagurikire y’ikirere, gusa kuri iyi avoka nshya, ngo ifite ubushobozi bwo guhangana n’ibihe byose byaba iby’izuba n’iby’imvura.

Nanone kandi mu kugereranya ubwoko bw’iyi avoka ya Luna n’ubusanzweho bwa Hass buri mu bukunzwe, Arpaia yavuze ko igiti cya Luna kiramba igihe kinini kandi kikihanganira udukoko tw’utwonnyi tw’imyaka.

Naho ku buryohe, yagize ati “Hass iba ifite amavuta menshi, navuga ko na Luna iba iyafite ariko ikaba ifitemo no koroha. Kandi ikagira igishishwa cy’umubyimba muto ugereranyije n’icya Hass, kandi ikagira inyuma horoshye.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ntawumenya Semabumba Jean de Dieu says:
    2 years ago

    Muraho cyane?

    Ubu bwoko bwa Luna mu Rwanda burahari?

    Niba buhari ni hehe buboneka?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Hasohotse amakuru yari ategerejwe na benshi muri Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Ikipe iri mu zikunzwe ku Isi yinjije indi ntwaro izayifasha gushimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.