Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyapanikazi Tomiko Itooka wavutse mu 1908 ufite imyaka 116 n’iminsi 116 akaba ari we muntu ukuze kurusha abandi ku Isi mu bagihumeka umwuka w’abazima, yashyikirijwe icyangombwa gihamya ko ari we uciye agahigo ko kuba ari we mukuru kuri uyu mubumbe.

Tomiko Itooka wabonye izuba tariki 23 Gicurasi 1908, yahawe icyagombwa kuri uyu wa 16 Nzeri 2024, ku munsi wo kuzirikana abantu bakuze mu Buyapani.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’abanyaduhigo, Guinness World Records ni bwo bwashyikirije uyu mukecuru iki cyangombwa aho aba mu kigo cyita ku bageze mu zabukuru mu gace ka Ashiya muri Perefegitura ya Hyōgo aho amaze imyaka itanu aba.

Ubwo yashyikirizwaga iki cyangombwa, yari yiyambariye imyambaro y’ibara sanzwe akunda ry’icyatsi, aho yagaragarije umukozi wa Guinness World Records, Kaoru Ishikawa; ibyishimo byo kuba yagishyikirijwe.

Mu rurimi rw’ikiyapani, Tomiko Itooka yagize ati “arigato gozaimasu” bishatse kuvuga ngo “Murakoze cyane.”

Ubwo yahabwaga iki cyemezo, yari kumwe n’umuhungu we aka umwana wa kabiri, ari we Hiroshi Kai wavuze ko atigeze atekereza ko umubyeyi we azagera igihe akaba umuntu ukuze kurusha abandi ku Isi, ku buryo yatunguwe n’iki gikorwa yakorewe cyo guhabwa iki gihembo. Hiroshi yavuze ko we n’umubyeyi we bakundaga kujya gusenga bari kumwe.

Uyu muhungu w’uyu muntu ukuze kurusha abandi ku Isi, yavuze ko umubyeyi we yakundaga kujya guterera imisozi ari wenyine, ndetse ko ari byo bintu byamushimishaga.

Nyuma yo mu 1979 ubwo umugabo wa Tomiko yari amaze kwitaba Imana, yakomeje kwibana muri Perefegitura ya Nara aho yakundaga kujya kuzamuka imisozi, akora siporo ndetse ari na byo bintu byamushimishaga.

Uyu mukecuru, mu myaka ye 80 yatereye umuso wa Mount Nijo, ndetse n’umusozi wa Mount Ontake wa metero 3 000 yazamutse inshuro ebyiri.

Uyu muyoboke w’Aba-Buddhist yanageze ku rwego rwa Saigoku Kannon Pilgrimage, aho yasuye insengero 33 zo mu gace ka Kansai.

Ku myaka 100 y’amavuko, yari agishobora guterera umusozi wa Ashiya Shrine ntacyo yisunze, habe n’akabando.

Tomiko ubu abaye umuntu wa 23 ukuze kurusha abandi bakiriho ku Isi mu mateka y’Isi, ndetse mu byumweru bibiri bitewe n’igihe azaba amaze ku Isi, azahita aza ku mwanya wa 21 wagize imyaka myinsi agihumeka.

Ni mu gihe umuntu wagejeje mu myaka myinshi ku Isi mu mateka yayo, ari Umufaransakazi Jeanne Calment wapfuye mu 1997 afite imyaka 122 n’iminsi 164.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro

Next Post

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.