Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

radiotv10by radiotv10
07/12/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwamurikiye Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes G-Wagon SUV, agiye kujya agendamo, ifite ikoranabuhanga ryihariye, ikaba ari na yo ya mbere ikoresha amashanyarazi igiye kujya igendamo Papa.

Iyi modoka ikoreshwa n’amashanyarazi mu buryo bwuzuye, izajya itwara Papa Francis mu gihe cy’ibirori, aho azajya aba ari gutambagira aramutsa abantu.

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwashyikirije Vatican iyi modoka, rutangaza ko, iyi modoka yakozwe hagendewe ku mahitamo y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ndetse n’ibyo yifuje ko yaba ifite.

Iyi modoka, ni na yo ya mbere ikoresha amashanyarazi yo mu bwoko bw’imodoka zitwara Papa (popemobile) ibayeho mu mateka.

Ibiro bya Papa Vatican, birateganya gutangira gukoresha iyi modoka nshya, mu ruzinduko azagirira i Rome umwaka utaha wa 2025.

Uruganda rwa Mercedes rumaze imyaka ikabakaba mu kinyejana rukora imodoka zitwara Abashumba ba Kiliziya Gatulika, aho rwatangiye mu mwaka wa 1930.

Kuva mu 1981 ubwo hageragezwa igikorwa cyo gushaka kwivugana Papa Yohani Pawulp wa II, uru ruganda rwahise rutangira gukorera Papa imodoka z’imitamenwa zidashobora gutoborwa n’isasu, nubwo Papa uriho ubu yanze kugenda muri izo modoka z’imitamenwa.

Iyi modoka nshya ya Papa ifite imyanya ibiri, irimo uw’umushoferi ndetse n’intebe ye ibasha kwizengurutsa kugira ngo azajye abasha kugenda asuhuza abantu.

Umuyobozi mukuru wa Mercedes-Benz Group, Ola Kallenius avuga kuri iyi modoka, yagize ati “Ni iby’agaciro kuri Kompanyi yacu, kandi ndashaka gushimira Nyirubutungane ku cyizere yatugiriye.”

Iyi modoka nshya ya Papa ikozwe n’ikoranabuhanga rigezweho ry’amashanyarazi rya EQG 580 ryamuritswe muri uyu mwaka, ndetse rikaba riteganya kuzamurikwa mu Buhindi umwaka utaha.

Iyi modoka ya G-Class SUV, ipima toni eshatu, ni imodoka ikoranye ubuhanga ndetse ifite ubushobozi bwo kugenda mu misozi, aho ishobora kunyaruka ahantu h’umusozi ku muvuduko w’ibilometero biri hagati ya 0 n’ 100 ku isaha.

Ikoranabuhanga ry’amashanyarazi rya EQG 580, rifite ubushobozi bwo kuba Bateri yaryo ishobora kujyamo no kubika umuriro wa 116 kWh ushobora kugenda ibilometeri 473 imodoka itarongerwamo umuriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Unbeatable End-of-Year Deals: MTN Rwanda and TECNO Mobile Bring Exciting Offers to Customers

Next Post

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.