Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

radiotv10by radiotv10
07/12/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwamurikiye Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes G-Wagon SUV, agiye kujya agendamo, ifite ikoranabuhanga ryihariye, ikaba ari na yo ya mbere ikoresha amashanyarazi igiye kujya igendamo Papa.

Iyi modoka ikoreshwa n’amashanyarazi mu buryo bwuzuye, izajya itwara Papa Francis mu gihe cy’ibirori, aho azajya aba ari gutambagira aramutsa abantu.

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwashyikirije Vatican iyi modoka, rutangaza ko, iyi modoka yakozwe hagendewe ku mahitamo y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ndetse n’ibyo yifuje ko yaba ifite.

Iyi modoka, ni na yo ya mbere ikoresha amashanyarazi yo mu bwoko bw’imodoka zitwara Papa (popemobile) ibayeho mu mateka.

Ibiro bya Papa Vatican, birateganya gutangira gukoresha iyi modoka nshya, mu ruzinduko azagirira i Rome umwaka utaha wa 2025.

Uruganda rwa Mercedes rumaze imyaka ikabakaba mu kinyejana rukora imodoka zitwara Abashumba ba Kiliziya Gatulika, aho rwatangiye mu mwaka wa 1930.

Kuva mu 1981 ubwo hageragezwa igikorwa cyo gushaka kwivugana Papa Yohani Pawulp wa II, uru ruganda rwahise rutangira gukorera Papa imodoka z’imitamenwa zidashobora gutoborwa n’isasu, nubwo Papa uriho ubu yanze kugenda muri izo modoka z’imitamenwa.

Iyi modoka nshya ya Papa ifite imyanya ibiri, irimo uw’umushoferi ndetse n’intebe ye ibasha kwizengurutsa kugira ngo azajye abasha kugenda asuhuza abantu.

Umuyobozi mukuru wa Mercedes-Benz Group, Ola Kallenius avuga kuri iyi modoka, yagize ati “Ni iby’agaciro kuri Kompanyi yacu, kandi ndashaka gushimira Nyirubutungane ku cyizere yatugiriye.”

Iyi modoka nshya ya Papa ikozwe n’ikoranabuhanga rigezweho ry’amashanyarazi rya EQG 580 ryamuritswe muri uyu mwaka, ndetse rikaba riteganya kuzamurikwa mu Buhindi umwaka utaha.

Iyi modoka ya G-Class SUV, ipima toni eshatu, ni imodoka ikoranye ubuhanga ndetse ifite ubushobozi bwo kugenda mu misozi, aho ishobora kunyaruka ahantu h’umusozi ku muvuduko w’ibilometero biri hagati ya 0 n’ 100 ku isaha.

Ikoranabuhanga ry’amashanyarazi rya EQG 580, rifite ubushobozi bwo kuba Bateri yaryo ishobora kujyamo no kubika umuriro wa 116 kWh ushobora kugenda ibilometeri 473 imodoka itarongerwamo umuriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 2 =

Previous Post

Unbeatable End-of-Year Deals: MTN Rwanda and TECNO Mobile Bring Exciting Offers to Customers

Next Post

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.