Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

radiotv10by radiotv10
07/12/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwamurikiye Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes G-Wagon SUV, agiye kujya agendamo, ifite ikoranabuhanga ryihariye, ikaba ari na yo ya mbere ikoresha amashanyarazi igiye kujya igendamo Papa.

Iyi modoka ikoreshwa n’amashanyarazi mu buryo bwuzuye, izajya itwara Papa Francis mu gihe cy’ibirori, aho azajya aba ari gutambagira aramutsa abantu.

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwashyikirije Vatican iyi modoka, rutangaza ko, iyi modoka yakozwe hagendewe ku mahitamo y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ndetse n’ibyo yifuje ko yaba ifite.

Iyi modoka, ni na yo ya mbere ikoresha amashanyarazi yo mu bwoko bw’imodoka zitwara Papa (popemobile) ibayeho mu mateka.

Ibiro bya Papa Vatican, birateganya gutangira gukoresha iyi modoka nshya, mu ruzinduko azagirira i Rome umwaka utaha wa 2025.

Uruganda rwa Mercedes rumaze imyaka ikabakaba mu kinyejana rukora imodoka zitwara Abashumba ba Kiliziya Gatulika, aho rwatangiye mu mwaka wa 1930.

Kuva mu 1981 ubwo hageragezwa igikorwa cyo gushaka kwivugana Papa Yohani Pawulp wa II, uru ruganda rwahise rutangira gukorera Papa imodoka z’imitamenwa zidashobora gutoborwa n’isasu, nubwo Papa uriho ubu yanze kugenda muri izo modoka z’imitamenwa.

Iyi modoka nshya ya Papa ifite imyanya ibiri, irimo uw’umushoferi ndetse n’intebe ye ibasha kwizengurutsa kugira ngo azajye abasha kugenda asuhuza abantu.

Umuyobozi mukuru wa Mercedes-Benz Group, Ola Kallenius avuga kuri iyi modoka, yagize ati “Ni iby’agaciro kuri Kompanyi yacu, kandi ndashaka gushimira Nyirubutungane ku cyizere yatugiriye.”

Iyi modoka nshya ya Papa ikozwe n’ikoranabuhanga rigezweho ry’amashanyarazi rya EQG 580 ryamuritswe muri uyu mwaka, ndetse rikaba riteganya kuzamurikwa mu Buhindi umwaka utaha.

Iyi modoka ya G-Class SUV, ipima toni eshatu, ni imodoka ikoranye ubuhanga ndetse ifite ubushobozi bwo kugenda mu misozi, aho ishobora kunyaruka ahantu h’umusozi ku muvuduko w’ibilometero biri hagati ya 0 n’ 100 ku isaha.

Ikoranabuhanga ry’amashanyarazi rya EQG 580, rifite ubushobozi bwo kuba Bateri yaryo ishobora kujyamo no kubika umuriro wa 116 kWh ushobora kugenda ibilometeri 473 imodoka itarongerwamo umuriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Unbeatable End-of-Year Deals: MTN Rwanda and TECNO Mobile Bring Exciting Offers to Customers

Next Post

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Related Posts

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un ari kumwe n'umukobwa we bivugwa ko azamusimbura, yasuye uruganda rukora amasasu n'imbunda,...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

by radiotv10
12/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyabaye i Goma kigahitana abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye,...

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

by radiotv10
12/03/2026
0

Abatuye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye...

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Iran yateguje Isi itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

by radiotv10
12/03/2026
0

Iran yatangaje ko isi igomba kwitegura ko igiciro cya peteroli gishobora gutumbagira kikagera ku madolari 200 ku kagunguru kamwe, nyuma...

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

by radiotv10
12/03/2026
0

Residents of the city of Goma in North Kivu Province, in the eastern part of the Democratic Republic of Congo,...

IZIHERUKA

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.