• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya ubucuruzi bwambikianya imipaka mu Karere ka Rubavu, yarashwe agapfa.

Umwarashwe ni umusore w’imyaka 20 bakundaga kwita Kadoro, aho ibi byabereye mu Mudugudu wa Gabiro mu Kagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu, kuri uyu wa 11 Werurwe 2026.

Iraswa ry’uyu musore ryemejwe Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, wavuze ko ari umwe mu bagerageje kurwanya abapolisi bari mu kazi kabo.

Yagize ati “Ubwo Abapolisi bari mu kazi ko kurwanya ubucuruzi butemewe bwambukiranya imipaka barwanyijwe n’abaturage, haraswamo umwe abandi barafatwa.”

Amakuru avuga ko uyu musore warashwe yakubise umwe mu bapolisi bari muri aka kazi ko kurwanya ibikorwa by’ubucuruzi bwambukiranya imipaka butemewe, ndetse agashaka no kumwambura imbunda ye.

Ibi byatumye abapolisi birwanaho, barasa uyu musore witwa Kadogo, ahita ahasiga ubuzima, mu gihe bagenzi be bahise bafatwa bagatabwa muri yombi, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Gisenyi.

Muri aka Karere ka Rubavu hakunze kuvugwa ibikorwa by’ubucuruzi butemewe bw’ababa bashaka kwambutsa ibicuruzwa bya magendu babikura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abakora ibi bikorwa biganjemo, bavugwaho kuba barahinduye amayeri bakoresha, ku buryo basigaye bagenda bakoze udutsiko, tunafite abaturindiye umutekano bitwaje intwaro gakondo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 20 =

Previous Post

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

Next Post

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w'Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.