Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un ari kumwe n’umukobwa we bivugwa ko azamusimbura, yasuye uruganda rukora amasasu n’imbunda, anitorezamo kurasa, asiga avuze ko yifuza ko rwagura ibikorwa.

Kim Jong Un yasuye uru ruganda kuri uyu wa Gatatu, nko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru byo muri Korea ya Ruguru KCNA byanashyize hanze amafoto amugaagaza ari gusura uru ruganda imbere ari kumwe n’umukobwa we.

Muri iki gikorwa, yarebye umusaruro ukorwa n’uru ruganda, anasaba ko ibikorwa byarwo bivugururwa bikaguka, kugira ngo rutange umusaruro wisumbuyeho.

Kim Jong Un yavuze kandi ko uru ruganda “rugira uruhare runini mu kongerera ubushobozi ingabo mu mirwano.” Yashimangiye ko hakenewe kwagura ubushobozi bw’uruganda “mu buryo bwo kureba kure.”

Kim ukunda kwerekana ubuhanga bw’igisirikare cye ndetse ko kinafite intwaro za kirimbuzi, aherutse kwerekanwa agenzura igeragezwa ry’iraswa rya misile y’intambara iherutse kuraswa.

Umukobwa wa Kim, uzwi ku izina rya Ju Ae, yajyanye na se ubwo yasuraga uru ruganda rukora amasasu, nk’uko byagaragajwe n’amafoto y’itangazamakuru rya leta. Bombi bari bambaye amakoti y’uruhu rw’umukara, aho Ju Ae yagaragaye anareba imyitozo yo kurasa ari kumwe n’abayobozi ba gisirikare.

Hari amakuru avuga ko uyu mukobwa wa Kim Jong Un, Ju Ae ari gutozwa no gutegurwa nk’umuntu ushobora gusimbura se.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubutasi muri Korea y’Epfo (NIS) mu kwezi gushize rwabwiye abashingamategeko ko hari ibimenyetso byerekana ko umukobwa wa Kim agira uruhare muri politiki y’Igihugu cyiyoborwa na Se, aho atanga ibitekerezo ku ngingo zinyuranye, bigaragaza ko “ari we uzasimbura Se ku butegetsi.”

Kim Jong Un n’umukobwa we ubwo basuragara uru ruganda

Yitorejemo kurasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Next Post

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

by radiotv10
08/04/2026
0

Jean-Claude Nzobaneza wahoze ari Minisitiri ushinzwe Ibikorwa Remezo mu Burundi, n’umucuruzi ukomeye; bombi bo mu ishyaka CNDD-FDD, batawe muri yombi,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.