• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un ari kumwe n’umukobwa we bivugwa ko azamusimbura, yasuye uruganda rukora amasasu n’imbunda, anitorezamo kurasa, asiga avuze ko yifuza ko rwagura ibikorwa.

Kim Jong Un yasuye uru ruganda kuri uyu wa Gatatu, nko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru byo muri Korea ya Ruguru KCNA byanashyize hanze amafoto amugaagaza ari gusura uru ruganda imbere ari kumwe n’umukobwa we.

Muri iki gikorwa, yarebye umusaruro ukorwa n’uru ruganda, anasaba ko ibikorwa byarwo bivugururwa bikaguka, kugira ngo rutange umusaruro wisumbuyeho.

Kim Jong Un yavuze kandi ko uru ruganda “rugira uruhare runini mu kongerera ubushobozi ingabo mu mirwano.” Yashimangiye ko hakenewe kwagura ubushobozi bw’uruganda “mu buryo bwo kureba kure.”

Kim ukunda kwerekana ubuhanga bw’igisirikare cye ndetse ko kinafite intwaro za kirimbuzi, aherutse kwerekanwa agenzura igeragezwa ry’iraswa rya misile y’intambara iherutse kuraswa.

Umukobwa wa Kim, uzwi ku izina rya Ju Ae, yajyanye na se ubwo yasuraga uru ruganda rukora amasasu, nk’uko byagaragajwe n’amafoto y’itangazamakuru rya leta. Bombi bari bambaye amakoti y’uruhu rw’umukara, aho Ju Ae yagaragaye anareba imyitozo yo kurasa ari kumwe n’abayobozi ba gisirikare.

Hari amakuru avuga ko uyu mukobwa wa Kim Jong Un, Ju Ae ari gutozwa no gutegurwa nk’umuntu ushobora gusimbura se.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubutasi muri Korea y’Epfo (NIS) mu kwezi gushize rwabwiye abashingamategeko ko hari ibimenyetso byerekana ko umukobwa wa Kim agira uruhare muri politiki y’Igihugu cyiyoborwa na Se, aho atanga ibitekerezo ku ngingo zinyuranye, bigaragaza ko “ari we uzasimbura Se ku butegetsi.”

Kim Jong Un n’umukobwa we ubwo basuragara uru ruganda

Yitorejemo kurasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eleven =

Previous Post

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Next Post

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.