Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya ku kigo nyarwanda cyegukanye igihembo cya Miliyari 1,2Frw i Dubai

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku kigo nyarwanda cyegukanye igihembo cya Miliyari 1,2Frw i Dubai
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi ya Ignite Power, itanga serivisi z’ingufu zisubira, yegukanye igihembo cya miliyoni 1$ mu bihembo byiswe Zayed Sustainability Prize byatangiwe i Dubai. Iyi kompanyi yahawe iki gihembo kubera uruhare rukomeye yagize mu gutuma hari benshi bagezweho n’amashanyarazi.

Ibi bihembo byatangiwe mu bikorwa by’inama izwi nka COP y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere yaberaga i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yanabayemo imurika kuba tariki 30 Ugushyingo kugeza ku ya 12 Ukuboza 2023.

Iki kigo Ignite Power ni kimwe muri 11 byegukanye ibihembo mu byiswe Zayed Sustainability Prize, aho umuhango w’itangwa ry’ibi bihembo, wayobowe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.

Ignite Power yegukanye iki gihembo kubera uruhare yagize mu gutuma Abanyarwanda babona amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba atanangiza ikirere, arimo n’akoreshwa mu bikorwa byo kuhira imyaka.

Mu cyiciro cy’ibigo bitanga serivisi z’iby’ingufu, ni na ho iyi kompanyi ya Ignite Power yegukanye igihembo, kubera uruhare yagize mu guhindura ubuzima bw’abaturage bo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

 

Ignite Power iri mu bigo 11 byahembwe

 

Ibiteye amatsiko byatumye Ignite Power itahana miliyari 1,2Frw

Iki kigo Ignite Power cyatumye abaturage miliyoni 2,5 babona amashanyarazi ahendutse bishyura mu buryo bujyanye n’ayo bakoresheje [pay-as-you-go], nanone kandi kiburizamo ibyuka bihumanya ikirere bingana na toni ibihumbi 600.

Nanone kandi mu bikorwa byo kuhira imyaka hakoreshejwe ingufu zikomoka ku mashanyarazi, byazaniye amahirwe y’akazi abantu 3 500 kandi bose bo mu bice by’ahakorerwaga ibi bikorwa.

Angela Homsi, umwe mu bashinze iki kigo, washyikirijwe iki gihembo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yavuze ko bishimiye iki gihembo.

Yagize ati “Gutsindira igihembo cya Miliyoni 1$ bizadufasha kwagura ibikorwa byacu no gutanga umusaruro. Reka mbahe urugero ku rw’umusaruro wacu, buri madolari 100 asobanuye ko umuryango ugerwaho n’amashanyarazi. Aho rero ni ho amafaranga azakoreshwa.”

Yavuze ko iki kigo gishyize imbaraga mu kugeza amashanyarazi ahendutse kuri benshi, by’umwihariko ubu bakaba bashyize imbaraga mu bigo nk’amashuri.

Mbere y’uko Ignite Power yegukana iki gihembo, Homsi yari yatangaje ko iki kigo cyatoranyijwe mu bigo 5 000 byageze mu cyiciro cya nyuma byahataniraga ibihembo by’uyu mwaka.

Imibare itangazwa n’iki kigo, igaragaza ko mu mishinga ya mbere yacyo, uwo mu Rwanda n’uwo muri Mozambique, ari yo migari muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, kuko mu Rwanda hakoreshejwe ingengo y’imari ya Miliyoni 38$, mu gihe muri Mozambique hakoreshejwe miliyoni 48$.

Yahinduye ubuzima bwa benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 12 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje itandukaniro ry’amasezerano ya mbere n’amashya rizatuma ntawongera kuyanenga

Next Post

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.