Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya ku kigo nyarwanda cyegukanye igihembo cya Miliyari 1,2Frw i Dubai

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku kigo nyarwanda cyegukanye igihembo cya Miliyari 1,2Frw i Dubai
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi ya Ignite Power, itanga serivisi z’ingufu zisubira, yegukanye igihembo cya miliyoni 1$ mu bihembo byiswe Zayed Sustainability Prize byatangiwe i Dubai. Iyi kompanyi yahawe iki gihembo kubera uruhare rukomeye yagize mu gutuma hari benshi bagezweho n’amashanyarazi.

Ibi bihembo byatangiwe mu bikorwa by’inama izwi nka COP y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere yaberaga i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yanabayemo imurika kuba tariki 30 Ugushyingo kugeza ku ya 12 Ukuboza 2023.

Iki kigo Ignite Power ni kimwe muri 11 byegukanye ibihembo mu byiswe Zayed Sustainability Prize, aho umuhango w’itangwa ry’ibi bihembo, wayobowe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.

Ignite Power yegukanye iki gihembo kubera uruhare yagize mu gutuma Abanyarwanda babona amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba atanangiza ikirere, arimo n’akoreshwa mu bikorwa byo kuhira imyaka.

Mu cyiciro cy’ibigo bitanga serivisi z’iby’ingufu, ni na ho iyi kompanyi ya Ignite Power yegukanye igihembo, kubera uruhare yagize mu guhindura ubuzima bw’abaturage bo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

 

Ignite Power iri mu bigo 11 byahembwe

 

Ibiteye amatsiko byatumye Ignite Power itahana miliyari 1,2Frw

Iki kigo Ignite Power cyatumye abaturage miliyoni 2,5 babona amashanyarazi ahendutse bishyura mu buryo bujyanye n’ayo bakoresheje [pay-as-you-go], nanone kandi kiburizamo ibyuka bihumanya ikirere bingana na toni ibihumbi 600.

Nanone kandi mu bikorwa byo kuhira imyaka hakoreshejwe ingufu zikomoka ku mashanyarazi, byazaniye amahirwe y’akazi abantu 3 500 kandi bose bo mu bice by’ahakorerwaga ibi bikorwa.

Angela Homsi, umwe mu bashinze iki kigo, washyikirijwe iki gihembo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yavuze ko bishimiye iki gihembo.

Yagize ati “Gutsindira igihembo cya Miliyoni 1$ bizadufasha kwagura ibikorwa byacu no gutanga umusaruro. Reka mbahe urugero ku rw’umusaruro wacu, buri madolari 100 asobanuye ko umuryango ugerwaho n’amashanyarazi. Aho rero ni ho amafaranga azakoreshwa.”

Yavuze ko iki kigo gishyize imbaraga mu kugeza amashanyarazi ahendutse kuri benshi, by’umwihariko ubu bakaba bashyize imbaraga mu bigo nk’amashuri.

Mbere y’uko Ignite Power yegukana iki gihembo, Homsi yari yatangaje ko iki kigo cyatoranyijwe mu bigo 5 000 byageze mu cyiciro cya nyuma byahataniraga ibihembo by’uyu mwaka.

Imibare itangazwa n’iki kigo, igaragaza ko mu mishinga ya mbere yacyo, uwo mu Rwanda n’uwo muri Mozambique, ari yo migari muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, kuko mu Rwanda hakoreshejwe ingengo y’imari ya Miliyoni 38$, mu gihe muri Mozambique hakoreshejwe miliyoni 48$.

Yahinduye ubuzima bwa benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 11 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje itandukaniro ry’amasezerano ya mbere n’amashya rizatuma ntawongera kuyanenga

Next Post

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.