Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya ku kigo nyarwanda cyegukanye igihembo cya Miliyari 1,2Frw i Dubai

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku kigo nyarwanda cyegukanye igihembo cya Miliyari 1,2Frw i Dubai
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi ya Ignite Power, itanga serivisi z’ingufu zisubira, yegukanye igihembo cya miliyoni 1$ mu bihembo byiswe Zayed Sustainability Prize byatangiwe i Dubai. Iyi kompanyi yahawe iki gihembo kubera uruhare rukomeye yagize mu gutuma hari benshi bagezweho n’amashanyarazi.

Ibi bihembo byatangiwe mu bikorwa by’inama izwi nka COP y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere yaberaga i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yanabayemo imurika kuba tariki 30 Ugushyingo kugeza ku ya 12 Ukuboza 2023.

Iki kigo Ignite Power ni kimwe muri 11 byegukanye ibihembo mu byiswe Zayed Sustainability Prize, aho umuhango w’itangwa ry’ibi bihembo, wayobowe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.

Ignite Power yegukanye iki gihembo kubera uruhare yagize mu gutuma Abanyarwanda babona amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba atanangiza ikirere, arimo n’akoreshwa mu bikorwa byo kuhira imyaka.

Mu cyiciro cy’ibigo bitanga serivisi z’iby’ingufu, ni na ho iyi kompanyi ya Ignite Power yegukanye igihembo, kubera uruhare yagize mu guhindura ubuzima bw’abaturage bo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

 

Ignite Power iri mu bigo 11 byahembwe

 

Ibiteye amatsiko byatumye Ignite Power itahana miliyari 1,2Frw

Iki kigo Ignite Power cyatumye abaturage miliyoni 2,5 babona amashanyarazi ahendutse bishyura mu buryo bujyanye n’ayo bakoresheje [pay-as-you-go], nanone kandi kiburizamo ibyuka bihumanya ikirere bingana na toni ibihumbi 600.

Nanone kandi mu bikorwa byo kuhira imyaka hakoreshejwe ingufu zikomoka ku mashanyarazi, byazaniye amahirwe y’akazi abantu 3 500 kandi bose bo mu bice by’ahakorerwaga ibi bikorwa.

Angela Homsi, umwe mu bashinze iki kigo, washyikirijwe iki gihembo na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yavuze ko bishimiye iki gihembo.

Yagize ati “Gutsindira igihembo cya Miliyoni 1$ bizadufasha kwagura ibikorwa byacu no gutanga umusaruro. Reka mbahe urugero ku rw’umusaruro wacu, buri madolari 100 asobanuye ko umuryango ugerwaho n’amashanyarazi. Aho rero ni ho amafaranga azakoreshwa.”

Yavuze ko iki kigo gishyize imbaraga mu kugeza amashanyarazi ahendutse kuri benshi, by’umwihariko ubu bakaba bashyize imbaraga mu bigo nk’amashuri.

Mbere y’uko Ignite Power yegukana iki gihembo, Homsi yari yatangaje ko iki kigo cyatoranyijwe mu bigo 5 000 byageze mu cyiciro cya nyuma byahataniraga ibihembo by’uyu mwaka.

Imibare itangazwa n’iki kigo, igaragaza ko mu mishinga ya mbere yacyo, uwo mu Rwanda n’uwo muri Mozambique, ari yo migari muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, kuko mu Rwanda hakoreshejwe ingengo y’imari ya Miliyoni 38$, mu gihe muri Mozambique hakoreshejwe miliyoni 48$.

Yahinduye ubuzima bwa benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje itandukaniro ry’amasezerano ya mbere n’amashya rizatuma ntawongera kuyanenga

Next Post

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.