Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ubwo yari afite imyaka 17 yinjiye muri studio za Radio 10,
  • Yifuzaga gukora itangazamakuru ariko umuryango utabyumva.

Umunyamakuru Ngabo Roben usanzwe azwi mu itangazamukuru ry’ibiganiro bya Siporo, yamaze kwinjira mu muryango mugari w’abanyamakuru ba RADIOTV10. Yagarutse ku rugendo rwe mu mwuga w’itangazamakuru yiyumvagamo kuva akiri muto.

Ngabo Roben ugiye kujya akora mu kiganiro kiyoboye ibindi mu bya siporo mu Rwanda, ’10 Sports’ kizwi nk’Urukiko rw’Imikino gisanzwe gitambuka kuri Radio 10 no ku bindi Bitangazamakuru bya RADIOTV10.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025 ubwo uyu munyamakuru yakirwaga muri iki kiganiro n’abanyamakuru basanzwe bagikora, yavuze ko yishimiye kwinjira mu muryango mugari w’iki Gitangazamakuru.

Yagize ati “Sinshidikanya, ni cyo gitangazamakuru kinini nkoreye, iyo mvuze kinini, mba mvuze mu bintu byinshi, urebye ahantu kigera, urebye umubare w’abakozi gifite, urebye n’uburyo nyine muba mubayeho neza, mba mbibona amafaranga mufite mu mihanda ya Kigali.”

Ngabo Roben ubwo yagarukaga ku rugendo rwe mu mwuga w’itangazamakuru, yavuze ko yakuze yiyumvamo kuzakora uyu mwuga, kuko yawukundaga akiri muto.

Ati “Niga mu mashuri yisumbuye natekerezaga kuzaba umunyamakuru, ariko umuryango nakuriyemo, ntabwo ari ko babibonaga, ku buryo ibyo nagiye kwiga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye si byo nashakaga, ariko umuryango ni byo washakaga, njya kubyiga ntabikunze.”

Ngabo Roben avuga ko nubwo yagiye kwiga amasomo adafite aho ahuriye n’azamuganisha mu mwuga w’itangazamakuru, ariko ko yakomeje gutekereza ku nzozi ze zo kuzaba umunyamakuru, ndetse akabiharanira, kuko yatangiye kujya yinjira mu busesenguzi akiri muto.

Ati “Iyi studio, nayinjiyemo muri 2013 niga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, icyo gihe uwari umunyamakuru wa hano Jado Dukuze [Dukuzimana Jean De Dieu] yajyaga antumira ku Cyumweru, nkumva ni ibintu bimpa ibyishimo kurusha ibindi.”

Ngabo avuga ko icyo gihe yari akiri muto kuko yari afite imyaka 17, ndetse bamwe mu bakorera iki gitangazamakuru bagashaka kumuha kwimenyereza umwuga w’itangazamakuru, ariko ko bitari gushoboka kuko atari afite imyaka y’ubukure, none akaba ahagarutse ari umukozi. Ati “Rwari rusibiye aho ruzanyura, cyera kabaye ndahageze.”

Uyu munyamakuru, avuga ko hagati ya 2015 na 2020 yari umunyamakuru wa Isango Star anabibangikanya no kwandika ku kinyamakuru Umuseke, ndetse nyuma aza no gukorera ibindi bitangazamakuru birimo ibyandika nka Igihe.

Hagati ya 2020 kugeza muri 2023, yakoreye igitangazamakuru cya Radio na TV 1, nyuma aza kujya mu ikipe ya Rayon Sports, ashinzwe Itangazamakuru, itumanaho n’ubuvugizi, ari na ho yari ari kugeza ubu.

Ati “Nishimiye rero aka kanya kuba ndi muri Radio 10 nk’umunyamakuru wa Siporo, nkaba n’umucamanza mu rukiko, ndaje tuzice rero, bamenye ko impaka zigiye gucika.”

Uyu munyamakuru avuga ko ku bijyanye n’akazi ko muri Rayon Sports, azakomeza kuba hafi iyi kipe asanzwe anafana, ariko ko bitazabangamira inshingano ze nk’umunyamakuru, kuko ntacyo azajya yifataho cyangwa ngo areke kukivuga mu buryo bwa kinyamwuga.

Ngabo Roben ubwo yahabwaga ikaze n’abanyamakuru bagenzi be

Yishimiye kuba agiye gukorera iki gitangazamakuru

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eleven =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

Next Post

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.