Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ubwo yari afite imyaka 17 yinjiye muri studio za Radio 10,
  • Yifuzaga gukora itangazamakuru ariko umuryango utabyumva.

Umunyamakuru Ngabo Roben usanzwe azwi mu itangazamukuru ry’ibiganiro bya Siporo, yamaze kwinjira mu muryango mugari w’abanyamakuru ba RADIOTV10. Yagarutse ku rugendo rwe mu mwuga w’itangazamakuru yiyumvagamo kuva akiri muto.

Ngabo Roben ugiye kujya akora mu kiganiro kiyoboye ibindi mu bya siporo mu Rwanda, ’10 Sports’ kizwi nk’Urukiko rw’Imikino gisanzwe gitambuka kuri Radio 10 no ku bindi Bitangazamakuru bya RADIOTV10.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025 ubwo uyu munyamakuru yakirwaga muri iki kiganiro n’abanyamakuru basanzwe bagikora, yavuze ko yishimiye kwinjira mu muryango mugari w’iki Gitangazamakuru.

Yagize ati “Sinshidikanya, ni cyo gitangazamakuru kinini nkoreye, iyo mvuze kinini, mba mvuze mu bintu byinshi, urebye ahantu kigera, urebye umubare w’abakozi gifite, urebye n’uburyo nyine muba mubayeho neza, mba mbibona amafaranga mufite mu mihanda ya Kigali.”

Ngabo Roben ubwo yagarukaga ku rugendo rwe mu mwuga w’itangazamakuru, yavuze ko yakuze yiyumvamo kuzakora uyu mwuga, kuko yawukundaga akiri muto.

Ati “Niga mu mashuri yisumbuye natekerezaga kuzaba umunyamakuru, ariko umuryango nakuriyemo, ntabwo ari ko babibonaga, ku buryo ibyo nagiye kwiga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye si byo nashakaga, ariko umuryango ni byo washakaga, njya kubyiga ntabikunze.”

Ngabo Roben avuga ko nubwo yagiye kwiga amasomo adafite aho ahuriye n’azamuganisha mu mwuga w’itangazamakuru, ariko ko yakomeje gutekereza ku nzozi ze zo kuzaba umunyamakuru, ndetse akabiharanira, kuko yatangiye kujya yinjira mu busesenguzi akiri muto.

Ati “Iyi studio, nayinjiyemo muri 2013 niga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, icyo gihe uwari umunyamakuru wa hano Jado Dukuze [Dukuzimana Jean De Dieu] yajyaga antumira ku Cyumweru, nkumva ni ibintu bimpa ibyishimo kurusha ibindi.”

Ngabo avuga ko icyo gihe yari akiri muto kuko yari afite imyaka 17, ndetse bamwe mu bakorera iki gitangazamakuru bagashaka kumuha kwimenyereza umwuga w’itangazamakuru, ariko ko bitari gushoboka kuko atari afite imyaka y’ubukure, none akaba ahagarutse ari umukozi. Ati “Rwari rusibiye aho ruzanyura, cyera kabaye ndahageze.”

Uyu munyamakuru, avuga ko hagati ya 2015 na 2020 yari umunyamakuru wa Isango Star anabibangikanya no kwandika ku kinyamakuru Umuseke, ndetse nyuma aza no gukorera ibindi bitangazamakuru birimo ibyandika nka Igihe.

Hagati ya 2020 kugeza muri 2023, yakoreye igitangazamakuru cya Radio na TV 1, nyuma aza kujya mu ikipe ya Rayon Sports, ashinzwe Itangazamakuru, itumanaho n’ubuvugizi, ari na ho yari ari kugeza ubu.

Ati “Nishimiye rero aka kanya kuba ndi muri Radio 10 nk’umunyamakuru wa Siporo, nkaba n’umucamanza mu rukiko, ndaje tuzice rero, bamenye ko impaka zigiye gucika.”

Uyu munyamakuru avuga ko ku bijyanye n’akazi ko muri Rayon Sports, azakomeza kuba hafi iyi kipe asanzwe anafana, ariko ko bitazabangamira inshingano ze nk’umunyamakuru, kuko ntacyo azajya yifataho cyangwa ngo areke kukivuga mu buryo bwa kinyamwuga.

Ngabo Roben ubwo yahabwaga ikaze n’abanyamakuru bagenzi be

Yishimiye kuba agiye gukorera iki gitangazamakuru

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

Next Post

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.