Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibiteye amatsiko wamenya kuri filimi nshya izagaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Ibiteye amatsiko wamenya kuri filimi nshya izagaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Sinema Nyarwanda yuungutse filimi nshya yiswe ‘Hidden Truth’ (Ukuri guhishwe) izagaragaramo abakinnyi ba filimi barimo Uwamahoro Antoinette uzwi ku izina rya Intare y’Ingore hamwe na D’Amour.

Agace ka mbere k’iyi filimi y’uruhererekane, kagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2025.

Ni filime y’urukundo yiganjemo agahinda ariko kavanze n’ubugome. Inkuru yayo ivuga ku musore witwa Bright uba akundana n’umukobwa witwa Angel.

Aba bombi baba bakundana ariko batazi ko ari abavandimwe, nyuma umusore aza guutera inda umukobwa, bikazavumburwa ko bavukana. Se w’umukobwa ahita ashyiraho abantu bagomba kwica uwo musore ibyo bintu bitaramenyekana cyane.

Uwo musore na we arwana intambara yo gukiza amagara ye bikarangira n’ubundi atishwe.

Iyi filime yanditswe na Nkuramurage Alaphat, wakoze izindi nyinshi zirimo ‘Mbaya Series, Igikomere’ n’izindi.

Alaphat yari amaze igihe atagaragara muri Sinema yavuze ko ubu yagarutse kandi agiye guha Abanyarwanda filime nziza zijyanye n’igihe.

Ati “Ubu ntabwo abantu bazongera kumbura, umwanya wanjye munini ubu ni sinema ntakindi, icyo nabwira abantu ni ukuryoherwa n’iyi filime ubundi nkazajya mbaha n’izindi nyuma yaho.”

Iyi filime yayifatanyije na Mugwaneza Abdul mu kuyiyobora. Izajya itambuka ku muyoboro wa Youtube witwa The Promise TV.

Abandi bakinnyi b’amazina azwi muri sinema Nyarwanda, bazagaragara muri iyi filimi, barimo Shaffy, Alaphat, Muteteri Marvella, na Ntakirutimana Francine.

Umukinnyi wa Filimi wamamaye nk’Intare y’Ingore ari mu bagarahara muri iyi filimi
Na D’Amour na we uri mu bazwi
Na Shaffy benshi bakunda imikinire ye
Alaphat wanditse iyi filimi avuga ko abazayireba bazayishimira cyane
Mugwaneza Abdul yarayitunganyije kugira ngo isohoke inogeye ijisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 7 =

Previous Post

Zelensky and Tshisekedi: Twin brothers?

Next Post

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Related Posts

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
19/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe Dorcas, yashyize hanze ubutumwa buca amarenga ko mu rugo...

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kubera ibyaha byo kunywa no gutunda urumogi, bivugwa ko yemera...

IZIHERUKA

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda
IBYAMAMARE

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.