Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibiteye amatsiko wamenya kuri filimi nshya izagaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Ibiteye amatsiko wamenya kuri filimi nshya izagaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Sinema Nyarwanda yuungutse filimi nshya yiswe ‘Hidden Truth’ (Ukuri guhishwe) izagaragaramo abakinnyi ba filimi barimo Uwamahoro Antoinette uzwi ku izina rya Intare y’Ingore hamwe na D’Amour.

Agace ka mbere k’iyi filimi y’uruhererekane, kagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2025.

Ni filime y’urukundo yiganjemo agahinda ariko kavanze n’ubugome. Inkuru yayo ivuga ku musore witwa Bright uba akundana n’umukobwa witwa Angel.

Aba bombi baba bakundana ariko batazi ko ari abavandimwe, nyuma umusore aza guutera inda umukobwa, bikazavumburwa ko bavukana. Se w’umukobwa ahita ashyiraho abantu bagomba kwica uwo musore ibyo bintu bitaramenyekana cyane.

Uwo musore na we arwana intambara yo gukiza amagara ye bikarangira n’ubundi atishwe.

Iyi filime yanditswe na Nkuramurage Alaphat, wakoze izindi nyinshi zirimo ‘Mbaya Series, Igikomere’ n’izindi.

Alaphat yari amaze igihe atagaragara muri Sinema yavuze ko ubu yagarutse kandi agiye guha Abanyarwanda filime nziza zijyanye n’igihe.

Ati “Ubu ntabwo abantu bazongera kumbura, umwanya wanjye munini ubu ni sinema ntakindi, icyo nabwira abantu ni ukuryoherwa n’iyi filime ubundi nkazajya mbaha n’izindi nyuma yaho.”

Iyi filime yayifatanyije na Mugwaneza Abdul mu kuyiyobora. Izajya itambuka ku muyoboro wa Youtube witwa The Promise TV.

Abandi bakinnyi b’amazina azwi muri sinema Nyarwanda, bazagaragara muri iyi filimi, barimo Shaffy, Alaphat, Muteteri Marvella, na Ntakirutimana Francine.

Umukinnyi wa Filimi wamamaye nk’Intare y’Ingore ari mu bagarahara muri iyi filimi
Na D’Amour na we uri mu bazwi
Na Shaffy benshi bakunda imikinire ye
Alaphat wanditse iyi filimi avuga ko abazayireba bazayishimira cyane
Mugwaneza Abdul yarayitunganyije kugira ngo isohoke inogeye ijisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + ten =

Previous Post

Zelensky and Tshisekedi: Twin brothers?

Next Post

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Uwatoje Amavubi mu myaka ikabakaba 20 ishize ashobora kuyagarukamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.