• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Bill Ruzima uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kubera ibyaha byo kunywa no gutunda urumogi, bivugwa ko yemera ko yanywaga iki kiyobyabwenge kuva muri 2022.

Ifungwa ry’uyu muhanzi ryamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ugushyingo nyuma y’umunsi umwe atawe muri yombi, dore ko yafashwe ku wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo afatiwe mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Bill Ruzima ubu ufungiye kuri sitayo ya RIB ya Kimihurura, yatawe muri yombi anasanganywe iki kiyobyabwenge cy’urumogi akurikiranyweho kunywa no gutunda.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira yemeza ifungwa ry’uyu muhanzi, yagize ati “arakekwaho ibyaha byo kunywa no gutunda ibiyobyabwenge biri mu bwoko bw’urumogi.”

Amakuru avuga ko mu iperereza no mu ikusanyamakakuru, uyu muhanzi yemerereye inzego ko yanywaga iki kiyobyabwenge cy’urumogi kuva mu mwaka wa 2022.

Uyu muhanzi uzwiho ubuhanga budasanzwe mu kuririmba byumwihariko akaba azwiho guhogoza, nta gihe kinini aramara avuye kwiga ku Mugabane w’u Burayi, aho yari mu Budage yanakunze gukorera ibitaramo agaragara mu muco gakondo nyarwanda, ibintu byakundwaga n’Abanyaburayi.

Uyu muhanzi utawe muri yombi yemera ko yanyoye urumogi, aje nyuma y’imyaka ibiri undi muhanzi ariko we w’imideri Moses Turahirwa na we abyemereye Urukiko, ubwo muri 2023 uwo na we yari akurikiranyweho iki cyaha, yemeye ko yanyoye icyo kiyobyabwenge, ariko ko yakinywereye mu Butaliyani aho na we yavugaga ko yari yaragiye kwiga.

Uyu Moses Turahirwa wari wafunguwe by’agateganyo muri Kamena n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yongeye gutabwa muri yombi muri Mata uyu mwaka, na bwo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha urumogi.

Bill Ruzima ni umuhanzi uzwiho ubuhanga bwihariye
Ubwo yatabwaga muri yombi
Ikiyobyabwenge cy’urumogi yafatanywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Next Post

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.