Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in AMAHANGA
0
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangiye gukora iperereza ku musirikare wacyo wagaragaye mu ifoto yasakaye akubita ishusho ya Yezu mu Gihugu cya Lebanon bikazamura impaka ndende, kikavuga ko na cyo byakibabaje, ndetse kikizeza ko azafatirwa ingamba zikarishye.

IDF yatangaje ko iriya foto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga y’uyu musirikare ari gukubita ku shusho ya Yezu, ari akuri byabayeho, kandi ko bibabaje.

Iki gisirikare kandi kivuga ko cyatangiye gukora iperereza kuri uyu musirikare washwanyaguje ishusho ya Yezu, akoresheje ikinyundo kinini, aho byabereye mu majyepfo ya Lebanon.

Iyi foto yasakaye, igaragaza uyu musirikare wa Israel yambaye n’impuzankano y’igisirikare cy’iki Gihugu, ari kumena ishusho ya Yezu akoresheje kinyundo kinini kizwi nka Kinubi, agikubita ku mutwe w’ishusho.

Iyi shusho ya Yezu yakubiswe n’uyu musirikare iherereye mu gace ka Debl, kazwiho kuba gatuwe n’abakristu benshi mu majyepfo ya Lebanon hafi y’Umupaka uhuza iki Gihugu na Israel nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’ibanze muri kariya gace, gusa ntibwatangaje niba iriya shusho yangiritse cyane.

Mu itangazo bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’Igisirikare cya Israel, bwavuze ko na bwo bwiboneye “iriya myitwarire mibi isasanzwe” yagaragajwe n’umusirikare, kandi “ko ihabanye n’indangagaciro zikwiye abasirikare bacyo.”

Muri iri tangazo, IDF yagize iti “nyuma yuko hakozwe isuzuma ry’ibanze rirebana n’ifoto yasasakaye uyu munsi y’umusirikare wa IDF agirira nabi ikirango cya Gikristu, byagaragaye ko iriya foto ari iy’umusirikare wa IDF ukorera mu majyepfo ya Lebanon.”

IDF ivuga ko iri gukora iperereza riri kuyoborwa n’ubuyobozi bw’igisirikare cyo mu majyaruguru, ndetse ko biriho bikorwa binyuze mu nzego bireba.

Iki gisirikare kivuga ko “Ingamba zikwiye zizafatwa ku bantu bose babigizemo uruhare” ndetse kigatangaza ko kiriho gikorana n’abatuye muri kariya gace kugira ngo “iriya shusho isanwe isubizwe mu mwanya wayo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar na we yamaganye ibyakozwe n’uriya musirikare, avuga ko “biteye isoni kandi bibabaje.”

Ati “Ndizera ko ingamba zikomeye zizafatwa ku bantu bose bagize uruhare muri iki gikorwa kigayitse. Turasaba imbabazi kuri ibi byabaye kuri buri mukristu wose byakomerekeje.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − two =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Related Posts

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

by radiotv10
20/04/2026
0

Imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafasha iki gisirikare cya DRC, irakomeje mu bice byo muri Kivu...

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

by radiotv10
17/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yatangaje ko inzira ya Hormuz yafunguwe nyuma y’amasezerano yo guhagarika intambara yumvikanyweho muri...

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasirikare benshi b'u Burundi bagaragaye mu gace ka Bibokoboko muri Segiteri ya Mutambala muri Teritwari ya Fizi mu Ntara Kivu...

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yatangaje ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wasanzwe mu modoka...

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Évariste NDAYISHIMIYE w’u Burundi, yerecyeje muri Congo-Brazzaville mu muhango w’irahira rya Denis Sassou N'Guesso, wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

by radiotv10
20/04/2026
0

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

20/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.