Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangiye gukora iperereza ku musirikare wacyo wagaragaye mu ifoto yasakaye akubita ishusho ya Yezu mu Gihugu cya Lebanon bikazamura impaka ndende, kikavuga ko na cyo byakibabaje, ndetse kikizeza ko azafatirwa ingamba zikarishye.
IDF yatangaje ko iriya foto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga y’uyu musirikare ari gukubita ku shusho ya Yezu, ari akuri byabayeho, kandi ko bibabaje.
Iki gisirikare kandi kivuga ko cyatangiye gukora iperereza kuri uyu musirikare washwanyaguje ishusho ya Yezu, akoresheje ikinyundo kinini, aho byabereye mu majyepfo ya Lebanon.
Iyi foto yasakaye, igaragaza uyu musirikare wa Israel yambaye n’impuzankano y’igisirikare cy’iki Gihugu, ari kumena ishusho ya Yezu akoresheje kinyundo kinini kizwi nka Kinubi, agikubita ku mutwe w’ishusho.
Iyi shusho ya Yezu yakubiswe n’uyu musirikare iherereye mu gace ka Debl, kazwiho kuba gatuwe n’abakristu benshi mu majyepfo ya Lebanon hafi y’Umupaka uhuza iki Gihugu na Israel nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’ibanze muri kariya gace, gusa ntibwatangaje niba iriya shusho yangiritse cyane.
Mu itangazo bwanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’Igisirikare cya Israel, bwavuze ko na bwo bwiboneye “iriya myitwarire mibi isasanzwe” yagaragajwe n’umusirikare, kandi “ko ihabanye n’indangagaciro zikwiye abasirikare bacyo.”
Muri iri tangazo, IDF yagize iti “nyuma yuko hakozwe isuzuma ry’ibanze rirebana n’ifoto yasasakaye uyu munsi y’umusirikare wa IDF agirira nabi ikirango cya Gikristu, byagaragaye ko iriya foto ari iy’umusirikare wa IDF ukorera mu majyepfo ya Lebanon.”
IDF ivuga ko iri gukora iperereza riri kuyoborwa n’ubuyobozi bw’igisirikare cyo mu majyaruguru, ndetse ko biriho bikorwa binyuze mu nzego bireba.
Iki gisirikare kivuga ko “Ingamba zikwiye zizafatwa ku bantu bose babigizemo uruhare” ndetse kigatangaza ko kiriho gikorana n’abatuye muri kariya gace kugira ngo “iriya shusho isanwe isubizwe mu mwanya wayo.”
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar na we yamaganye ibyakozwe n’uriya musirikare, avuga ko “biteye isoni kandi bibabaje.”
Ati “Ndizera ko ingamba zikomeye zizafatwa ku bantu bose bagize uruhare muri iki gikorwa kigayitse. Turasaba imbabazi kuri ibi byabaye kuri buri mukristu wose byakomerekeje.”
RADIOTV10










