Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ibuka ku rwego rw’Igihugu yagize icyo ivuga ku mukozi w’Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu wohereje utekera abanyeshuri kumuhagararira mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru, ivuga ko Umuyobozi w’Akarere yatinze kumufatira icyemezo.

Uyu mukozi utekera abanyeshuri biga mu Ishuri cya College Inyemeramihigo, yahagarariye umukozi ushinzwe Uburezi mu Murenge wa Rugerero, Nyiraneza Esperance na we wari woherejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Murenzi Augustin.

Ni igikorwa kimaze ukwezi kurenga kibaye kuko cyabaye tariki 03 Kamena 2022 ubwo habaga umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi wabereye ku Rwunge rw’Amashuri (GS/Groupe Scolaire) rwa Nkama.

Nyuma yuko uyu mukozi utekera abanyeshuri ahagarariye Umukozi Ushinzwe Uburezi mu Murenge nk’Umushyitsi mukuru uhagarariye Akarere, Nyiraneza Esperance yirukanywe n’ubuyobozi bw’Akarere.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Nkuranga Egide yashimangiye ibyatangajwe na Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Rugerero ko iki gikorwa ari ugupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Amakuru yamenyekanye, avuga ko ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, bwamaze guhagarika uyu mukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero.

Nkuranga Egide avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bwatinze gufata iki cyemezo kuko iki gikorwa kimaze ukwezi kibaye kandi inzego zitandukanye zarahise zikora raporo zigaragaza iki kibazo.

Nkuranga avuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero ndetse n’abarokotse bahise bakora raporo bakayishyikiriza ubuyobozi bw’Akarere ubwo iki kibazo cyari kikimara kuba.

Yagize ati “Ikosa ndarishyira ku Muyobozi w’Akarere, kuki yananiwe gufata icyemezo? Reba hashize ukwezi harabuze ufata icyemezo.”

Perezifa wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu avuga kandi ko komite ishinzwe imyitwarire ku rwego rw’Akarere yateranye nyuma yo kwakira iriya raporo y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa n’abarokotse ikanafata icyemezo cyo kwirukana uriya mukozi ariko Umuyobozi w’Akarere akanga gushyira umukono kuri iki cyemezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Next Post

AMAFOTO: Meddy yongeye kubaka umubiri none ibigango ni mama wararaye

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Meddy yongeye kubaka umubiri none ibigango ni mama wararaye

AMAFOTO: Meddy yongeye kubaka umubiri none ibigango ni mama wararaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.