Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
Ibuka ku rwego rw’Igihugu yinjiye mu by’Umuyobozi wahagarariwe n’umutetsi mu gikorwa cyo Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ibuka ku rwego rw’Igihugu yagize icyo ivuga ku mukozi w’Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu wohereje utekera abanyeshuri kumuhagararira mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru, ivuga ko Umuyobozi w’Akarere yatinze kumufatira icyemezo.

Uyu mukozi utekera abanyeshuri biga mu Ishuri cya College Inyemeramihigo, yahagarariye umukozi ushinzwe Uburezi mu Murenge wa Rugerero, Nyiraneza Esperance na we wari woherejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Murenzi Augustin.

Ni igikorwa kimaze ukwezi kurenga kibaye kuko cyabaye tariki 03 Kamena 2022 ubwo habaga umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi wabereye ku Rwunge rw’Amashuri (GS/Groupe Scolaire) rwa Nkama.

Nyuma yuko uyu mukozi utekera abanyeshuri ahagarariye Umukozi Ushinzwe Uburezi mu Murenge nk’Umushyitsi mukuru uhagarariye Akarere, Nyiraneza Esperance yirukanywe n’ubuyobozi bw’Akarere.

Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Nkuranga Egide yashimangiye ibyatangajwe na Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Rugerero ko iki gikorwa ari ugupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Amakuru yamenyekanye, avuga ko ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, bwamaze guhagarika uyu mukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero.

Nkuranga Egide avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bwatinze gufata iki cyemezo kuko iki gikorwa kimaze ukwezi kibaye kandi inzego zitandukanye zarahise zikora raporo zigaragaza iki kibazo.

Nkuranga avuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero ndetse n’abarokotse bahise bakora raporo bakayishyikiriza ubuyobozi bw’Akarere ubwo iki kibazo cyari kikimara kuba.

Yagize ati “Ikosa ndarishyira ku Muyobozi w’Akarere, kuki yananiwe gufata icyemezo? Reba hashize ukwezi harabuze ufata icyemezo.”

Perezifa wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu avuga kandi ko komite ishinzwe imyitwarire ku rwego rw’Akarere yateranye nyuma yo kwakira iriya raporo y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa n’abarokotse ikanafata icyemezo cyo kwirukana uriya mukozi ariko Umuyobozi w’Akarere akanga gushyira umukono kuri iki cyemezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 4 =

Previous Post

DRC yakoze igikorwa cya nyuma cyatumye ihabwa uburenganzira bwuzuye muri EAC

Next Post

AMAFOTO: Meddy yongeye kubaka umubiri none ibigango ni mama wararaye

Related Posts

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games
MU RWANDA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Meddy yongeye kubaka umubiri none ibigango ni mama wararaye

AMAFOTO: Meddy yongeye kubaka umubiri none ibigango ni mama wararaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.