Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwasabye abaturage kubaka ibibanza bitubatse kuko bituma isura y’iyi Ntara itagaragara neza, na bo bakavuga ko batanze kubaka ku bushake ahubwo ko ari amananiza aba mu kubona ibyangombwa byo kubaka.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana K. Emmanuel avuga ko abatuye muri iyi Ntara ndetse n’abayikomokamo ari bo bafite mu biganza byabo iterambere ryayo.

Ati “Ni bo bafasha kuvugurura imijyi, kuyitaka, kuyisana no kuyubaka neza.”

Gusa anenga abaza bakagura ibibanza ariko “akamara imyaka itatu atacyubatse, ugasanga cyajemo ikigunda, ugasanga umujyi urasa nabi, ndetse habeho n’ubumenyi bwo kuvuga ngo nishoye muri ibi bintu cyangwa najyanye imari yanjye aha ariko ni njyewe ugomba gufatanya n’abandi kugira ngo turebe ko twayibyaza umusaruro.”

Bamwe mu baturage bo muri iyi Ntara, babwiye RADIOTV10 ko batanze kubaka ibibanza byabo ku bushake ahubwo ko bagiye bacibwa intege n’amananiza aba mu kubona ibyangombwa byo kubaka.

Umwe muri bo yagize ati “Ikintu kitwa ibyangombwa birakomeye cyane, ni ibintu bigoye. Uraba ufite gahunda yo kubaka unafite amafaranga ariko ibyangombwa bigatinda gusohoka kugira ngo ubone uko wubaka.”

Uyu muturage asaba inzego zishinzwe imyubakire zikwiye korohereza abashaka kubaka kugira ngo ibibanza bikomeje gutuma umujyi usa nabi, byubakwe.

Ati “Ubuyobozi bwakora uko bushoboye bya byangombwa bikabone mu gihe gito kugira ngo na rwa rubanda rugufi rubone cya cyangombwa rwubake.”

Intara y’Iburasirazuba ituwe n’abaturage basaga miliyoni eshatu (3) kandi bakomeje kwiyongera ku buryo bisaba ibikorwaremezo n’imyubakire iteguye.

Abikorera bo muri iyi Ntara bemeza ko bafite gukora batikoresheke kugira ngo bubake ibi bikorwa bijyanye n’igishushanyo mbonera cya buri aho batuye bityo iterambere ryifuzwa rigerweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − four =

Previous Post

Perezida Biden yatewe urukingo rwa kane, abazwa ku bya Russia&Ukraine aryumaho

Next Post

Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.