• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibya America na Iran byasubiye inyuma

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibya America na Iran byasubiye inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zongeye kugaba ibitero by’indege kuri Iran, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu na bwo buvuga ko bwarashe indege y’intambara ya America.

Iran yavuze ko yarashe indege y’intambara ya Amerika yo mu bwoko bwa F-35 ikanafata drone y’Abanyamerika nyuma yuko Donald Trump atangiye ibitero bishya kuri Tehran.

Igisirikare cya Iran (Revolutionary Guards) cyatangaje ko gifite uburenganzira bwo kwihimura ku gikorwa icyo ari cyo cyose gikaze cyakozwe n’igisirikare cya America mu gihe havugwaga ko drone zinjiye mu kirere cya Iran.

Ibi bibaye nyuma yuko Ingabo za America zigabye ibitero ku ahabitse ibisasu bya misile n’ubwato bya Iran. Ibi bihe bitunguranye bije ubwo intumwa za Iran zageraga i Doha mu biganiro byo kurangiza intambara.

Ibi kandi byatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byongera kuzamuka nyuma y’ibitero bya America, mu gihe byari byagabanutse ubwo Perezida Trump yavugaga ku masezerano ategerejwe.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Mojtaba Khamenei, yavuze kuri Telegram ko kuri uyu wa Kabiri ko ibihugu byo mu burasirazuba bwo hagati birimo ibirindiro by’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America bitazakomeza kugirwa ibikoresho byaAmerica kandi ko ibikorwa bya America muri kariya karere bitazagira amahoro.

Nyuma ya biriya bitero America yongeye kugaba, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yavuze ko amasezerano yo kurangiza intambata agishoboka, anashimangira ko hateganyijwe ibiganiro bizaba ku wa Kabiri hagati y’umuhuza mukuru wa Iran na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga na Minisitiri w’Intebe wa Qatar.

Rubio yabwiye abanyamakuru ati “Tuzareba niba dushobora gutera intambwe. Ndatekereza ko ari ibiganiro byinshi bivugwa mu nyandiko ya mbere, bityo bizatwara iminsi mike.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Abari abasirikare ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kwibohora basuye aharimo aho rwatangiriye

Next Post

Senegal yabonye Minisitiri w’Intebe mushya nyuma yuko Perezida yirukanye uwahoze ari inkoramutima ye

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Senegal yabonye Minisitiri w’Intebe mushya nyuma yuko Perezida yirukanye uwahoze ari inkoramutima ye

Senegal yabonye Minisitiri w'Intebe mushya nyuma yuko Perezida yirukanye uwahoze ari inkoramutima ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.