Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in SIPORO
0
Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryakoranye inama n’abayobozi b’amakipe ribasaba ko amakipe yose aba mu mwiherero kugira ngo shampiyona isubukurwe mu gihe amakipe yo yateye utwatsi iki cyemezo.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Kabiri yahuje FERWAFA n’abayobozi b’amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri mu bagabo n’abagore harebwa icyakorwa kugira ngo shampiyona isubukurwe hanakomeza kubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

FERWAFA yamenyesheje amakipe ko amakipe agomba kujya mu mwiherero ku buryo abakinnyi baba ahantu hamwe kandi hakajya habaho igikorwa cyo kwipimisha COVID-19 nyuma y’iminsi ibiri [amasaha 48].

Gusa amakipe amwe n’amwe yahise atera utwari iki cyemezo kuko cyayagora kubera ubushobozi bwanagabanutse kubera ko kuri stade hatakiza abafana ari bo bajyaga bavamo bumwe mu bushobozi bw’amakipe.

Umwe mu bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, yatangaje ko abayobozi b’amakipe benshi banze iki cyemezo kuko batabishobora.

Avuga ko hari n’abayobozi b’amakipe bavuze ko icyaruta ari uko shampiyona yanahagarikwa bikagira inzira.

Umwe yagize ati “Umwaka ushize twagiyeyo ariko byari igihe gito kandi twatangiye shampiyona tubizi none igeze hagati ngo ‘mujye mu mwiherero’, ubushobozi burava he? Amezi 6 mu mwiherero urayumva? Ingengo y’imari yakwikuba kabiri. Ubundi se bwo ayo mafaranga waba uyafite wayashora shampiyona wazakuramo iki?”

Hari n’andi makuru avuga ko hari amakipe akomeye mu Rwanda arimo Rayon Sports ifite abakunzi benshi mu Rwanda ngo ashobora kwandika asezera muri shampiyona.

Shampiyona yasubitswe tariki ya 30 Ukuboza 2021 ubwo Minisiteri ya Siporo yasohoraga amabwiriza mashya akwiye gukurikizwa mu ruganda rwa siporo agomba kubahirizwa mu minsi 30.

Gusa Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore yatangaje ko mu gihe amakipe yaba agaragaje uburyo budashidikanywaho bwo kwirinda icyorezo cya COVID-19, shampiyona yahita isubukurwa hatabayeho gutegereza iyo minsi 30.

Ubwo FERWAFA yatumizaga iyi nama yabaye kuri uyu wa Kabiri bamwe mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda bari batangiye kumwenyura bavuga ko shampiyona igiye gusubukurwa gusa ibyavuye muri iyi nama byasubije inyuma ibyo byishimo mu gihe bivugwa ko FERWAFA ishobora gukora indi nama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 18 =

Previous Post

RDF na Polisi bahaye abaturage ubwato bwa moteri nyuma y’uko ubw’ibiti bukoze impanuka

Next Post

Ubu ni uwanjye byemewe n’amategeko- Ibyishimo ni byose kuri Fireman wasezeranye n’umukunzi we

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

Rugema Jocyline bakunze kwita 'Mado' yeguye ku mwanya w’ubunyamabanga muri Fan Base ya Rayon Sports FC, urwego ruhurije hamwe za...

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

by radiotv10
22/10/2025
0

Nyuma yuko Umujyi wa Kigali wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda ugiye no kwakira ibirori byo guhemba...

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

by radiotv10
21/10/2025
0

Rutahizamu Erling Haaland ukinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yaguze imodoka nshya yo mu bwoko bwa Lamborghini ifite...

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

by radiotv10
22/10/2025
0

Ikipe ya  Mukura Victory Sports & Loisir yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERAFA) isaba ko hakorwa isuzumwa ku misifuriye...

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

22/10/2025
Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubu ni uwanjye byemewe n’amategeko- Ibyishimo ni byose kuri Fireman wasezeranye n’umukunzi we

Ubu ni uwanjye byemewe n’amategeko- Ibyishimo ni byose kuri Fireman wasezeranye n’umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.