Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in SIPORO
0
Ibya shampiyona byasubiye irudubi: Amakipe ntakozwa iby’umwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryakoranye inama n’abayobozi b’amakipe ribasaba ko amakipe yose aba mu mwiherero kugira ngo shampiyona isubukurwe mu gihe amakipe yo yateye utwatsi iki cyemezo.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Kabiri yahuje FERWAFA n’abayobozi b’amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri mu bagabo n’abagore harebwa icyakorwa kugira ngo shampiyona isubukurwe hanakomeza kubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

FERWAFA yamenyesheje amakipe ko amakipe agomba kujya mu mwiherero ku buryo abakinnyi baba ahantu hamwe kandi hakajya habaho igikorwa cyo kwipimisha COVID-19 nyuma y’iminsi ibiri [amasaha 48].

Gusa amakipe amwe n’amwe yahise atera utwari iki cyemezo kuko cyayagora kubera ubushobozi bwanagabanutse kubera ko kuri stade hatakiza abafana ari bo bajyaga bavamo bumwe mu bushobozi bw’amakipe.

Umwe mu bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, yatangaje ko abayobozi b’amakipe benshi banze iki cyemezo kuko batabishobora.

Avuga ko hari n’abayobozi b’amakipe bavuze ko icyaruta ari uko shampiyona yanahagarikwa bikagira inzira.

Umwe yagize ati “Umwaka ushize twagiyeyo ariko byari igihe gito kandi twatangiye shampiyona tubizi none igeze hagati ngo ‘mujye mu mwiherero’, ubushobozi burava he? Amezi 6 mu mwiherero urayumva? Ingengo y’imari yakwikuba kabiri. Ubundi se bwo ayo mafaranga waba uyafite wayashora shampiyona wazakuramo iki?”

Hari n’andi makuru avuga ko hari amakipe akomeye mu Rwanda arimo Rayon Sports ifite abakunzi benshi mu Rwanda ngo ashobora kwandika asezera muri shampiyona.

Shampiyona yasubitswe tariki ya 30 Ukuboza 2021 ubwo Minisiteri ya Siporo yasohoraga amabwiriza mashya akwiye gukurikizwa mu ruganda rwa siporo agomba kubahirizwa mu minsi 30.

Gusa Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore yatangaje ko mu gihe amakipe yaba agaragaje uburyo budashidikanywaho bwo kwirinda icyorezo cya COVID-19, shampiyona yahita isubukurwa hatabayeho gutegereza iyo minsi 30.

Ubwo FERWAFA yatumizaga iyi nama yabaye kuri uyu wa Kabiri bamwe mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda bari batangiye kumwenyura bavuga ko shampiyona igiye gusubukurwa gusa ibyavuye muri iyi nama byasubije inyuma ibyo byishimo mu gihe bivugwa ko FERWAFA ishobora gukora indi nama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

RDF na Polisi bahaye abaturage ubwato bwa moteri nyuma y’uko ubw’ibiti bukoze impanuka

Next Post

Ubu ni uwanjye byemewe n’amategeko- Ibyishimo ni byose kuri Fireman wasezeranye n’umukunzi we

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubu ni uwanjye byemewe n’amategeko- Ibyishimo ni byose kuri Fireman wasezeranye n’umukunzi we

Ubu ni uwanjye byemewe n’amategeko- Ibyishimo ni byose kuri Fireman wasezeranye n’umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.