Inzego ziri gukora iperereza ku bantu bakekwaho kubeshya urubyiruko amahirwe yo kujya kwiga muri Canada, nyuma yuko abarenga 1000 bari bahuriye kuri hoteli imwe mu Mujyi wa Kigali ngo bagiye guhura n’abazafasha muri aya mahirwe ariko bakababura, hakaza gufatwa batandatu bakekwaho ubu buriganya.
Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2026 ubwo urubyiruko bivugwa ko rurenga 1000 rwari rwahuriye kuri Lemigo Hotel mu Mujyi wa Kigali.
Uru rubyiruko rwari rwamenyeshejwe ko hari abantu baturutse muri Canada muri kaminuza 15, bifuza guhura na rwo kugira ngo baruhe amahirwe yo kujya kwigayo.
Amakuru avuga ko uru rubyiruko rwari rwabonye itangazo ku mbuga nkoranyambaga zirimo Instagram, ko ayo mahirwe ahari, ndetse ko kuri iriya tariki. ya 13 Gicurasi, ari bwo bazahura n’abazarufasha, ari na byo byatumye ruramukirayo.
Nyuma yuko uru rubyiruko rukoraniye kuri iyi hoteli rukabura umuntu n’umwe urufasha, inzego zishinzwe iperereza zahise zinjira muri iki kibazo, ndetse bamwe mu bakekwaho ubu bubeshyi, batabwa muri yombi/
Polisi y’u Rwanda yaje gushyira hanze itangazo ivuga ko “Ku bufatanye” bwayo “n’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, hafashwe abantu batandatu (06) bakekwaho gushuka urubyiruko babizeza kubafasha kubona amahirwe yo kujya kwiga muri Canada.”
Polisi kandi yatagaje ko “Abafashwe barimo kubazwa kugira ngo hakorwe iperereza no kumenya ukuri ku by’iki gikorwa.”
ACP Boniface Rutikanga, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko mu ipererezo riri gukorwa, harebwa niba bariya bantu bari bahuruje urubyiruko, bazwi n’inzego zinyuranye zirebwa n’ibyo babizezaga, nka Minisiteri y’Uburezi, Ambasade ya Canada mu Rwanda cyangwa na za kaminuza bavugaga zibazi.
Ati “Kugeza ubu ntabwo wahamya ko ari abatekamutwe, ibiri buve mu iperereza ni byo bizagaragaza ukuri.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko abasanzwe bakora ibikorwa nka biriya byo gufasha abantu kubona amashuri, baba basanzwe bazwi banafite ibyangombwa bibibemerera, bityo ko iperereza riri gukorwa na RIB, ari ryo rizagaragaza niba aba bafashwe bari babifitiye ibyangombwa.

RADIOTV10








