Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara
Share on FacebookShare on Twitter

Byahinduye isura muri Shampiyona z’umupira w’Amaguru zikurikirwa na benshi mu Rwanda, aho nyuma yuko APR FC yo mu Rwanda na Arsenal yo mu Bwongereza ziyoboye urutonde, zinganyije, byatumye hari amakipe abyinira ku rukoma.

Ku wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023, abakunzi b’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC ntibaraye neza, nyuma yuko ikipe yabo inganyije na Gasogi United 0-0.

Bwaracyeye, mucyeba w’iyi kipe, Rayon Sports yo irabikora, itsinda Bugesera 2-0, bituma abakunzi bayo bongera kugira icyizere ko bashobora kongera kwinjira mu rugamba rwo guhatanira igikombe.

Gusa ntibyoroshye kuko kugeza ubu Rayon Sports ari iya gatatu n’amanota 49, mu gihe APR na Kiyovu Sports zombi zinganya amanota 53.

Muri Shampiyona y’u Bwongereza na yo ikurikirwa n’abatari bacye mu Rwanda, habayeho gutungurana kuko ikipe ya Arsenal na yo iyoboye urutonde ikaba ifite n’abakunzi benshi mu Rwanda, yanganyije na West Ham ibitego 2-2.

Ni ukunganya kutashimishihe abakunzi ba Arsenal kuko iyi kipe yari yabanje ibi bitego byombi mu minota icumi ya mbere y’umukino, ndetse ikaza no kutabasha kwinjiza Penaliti yatewe na Bukayo Saka akayiboneza hanze y’ibiti bitatu by’izamu.

Uku kunganya kwa Arsenal, na ko kwahaye icyizere Manchester City ikomeje kuyirya isataburenge, kuko ikinyuranyo cy’amanota ari hagati y’aya makipe, cyahise kigabanuka, ubu kikaba kimaze kuba amanota ane, aho Arsenal ifite amanota 74, naho Man City ikagira 70 kandi ikaba ifite umukino itarakina.

Ku wa Gatandatu APR yanganyije na Gasogi
Bucyeye bwaho Arsenal inganya na West Ham

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seventeen =

Previous Post

Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira

Next Post

Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Nyuma yo kuburira 'abajura' haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.