Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA
0
Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare bakabakaba 200 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomerekeye ku rugamba, batashye banyuze mu Rwanda, aho bamaze igihe kinini bakiri ku Mupaka aho basakiwe mbere yo kwerecyeza i Kigali gufata indege ibacyura.

Aba basirikare biganjemo abo muri Afurika y’Epfo, aho amakuru avuga ko ari 129, hakabamo 40 ba Malawi ndetse na 25 ba Tanzania, bageze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku isaha ya saa sita zirengaho iminota.

Babanje gusakwa nk’uko bisanzwe, ndetse baza kuva hano nyuma y’amasaha menshi, dore ko bahavuye saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota, gusa bikaba bitazwi icyatumye batinda kwerecyeza i Kigali.

Umwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu wabonye imodoka zatwaye aba basirikare, yabwiye Ikinyamakuru cyitwa BBC, ko aba basirikare bamaze igihe kinini basakwa, dore ko binjiye ku mupaka hakiri kare, ariko ko bahavuye saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota.

Ni mu gihe imodoka za MONUSCO zabazanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, zibakuye ku kigo cyabo giherereye ahazwi nka Mubambiro mu bilomero bicye uvuye mu mujyi wa Goma, ahaherutse kubera imirwano ikomeye ubwo M23 yafataga uyu mujyi.

Abanyamakuru barimo abari baturutse mu Rwanda, bari bagiye gutara amakuru y’itaha ry’aba basirikare, ryabaye nk’irikumirwa, ndetse ribuzwa gufata ishusho n’imwe, ku mpamvu itaramenyekana.

Aba basirikare bakomerekeye ku rugamba bagiye gufashamo FARDC guhangana n’umutwe wa M23, bivugwa ko harimo abacitse amaguru ndetse n’inzindi ngingo, dore ko harimo n’abagendera mu tugare tw’indembe ubwo binjiraga ku mupaka.

Ubwo batahaga, barimo abari bambaye imyambaro ya gisirikare, abandi bambaye bisanzwe, ndetse bakaba barimo ab’igitsinagore.

Batashye nyuma y’ibyumweri bibiri, hari n’imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo na bo bari muri ubu butumwa bwa SADC icyuwe, na yo ikanyuzwa mu Rwanda.

Itaha ry’aba basirikare bakomerekeye ku rugamba, rije rikurikira impaka ndende zavuzwe kuri aba basirikare bari mu butumwa bwa SADC by’umwihariko aba Afurika y’Epfo, aho Abanyapolitiki banyuranye bo muri iki Gihugu bahagurutse bakamagana umugambi wa Leta yabo wo kohereza abana babo muri Congo kujya gushirirayo.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa aherutse kuvuga ko hazakorwa ibishoboka kugira ngo abasirikare b’iki Gihugu bari muri Congo, batahe, ndetse atangaza ko Igihugu cye na cyo gishyigikiye ko ibibazo byo muri Congo bikemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Yabitangaje nyuma yuko Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera na we ategetse Umugaba Mukuru w’Ingabo mu Gihugu cye, gutegura uburyo abasirikare babo bari mu burasirazuba bwa Congo, bataha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 14 =

Previous Post

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Next Post

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.