Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA
0
Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare bakabakaba 200 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomerekeye ku rugamba, batashye banyuze mu Rwanda, aho bamaze igihe kinini bakiri ku Mupaka aho basakiwe mbere yo kwerecyeza i Kigali gufata indege ibacyura.

Aba basirikare biganjemo abo muri Afurika y’Epfo, aho amakuru avuga ko ari 129, hakabamo 40 ba Malawi ndetse na 25 ba Tanzania, bageze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku isaha ya saa sita zirengaho iminota.

Babanje gusakwa nk’uko bisanzwe, ndetse baza kuva hano nyuma y’amasaha menshi, dore ko bahavuye saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota, gusa bikaba bitazwi icyatumye batinda kwerecyeza i Kigali.

Umwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu wabonye imodoka zatwaye aba basirikare, yabwiye Ikinyamakuru cyitwa BBC, ko aba basirikare bamaze igihe kinini basakwa, dore ko binjiye ku mupaka hakiri kare, ariko ko bahavuye saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota.

Ni mu gihe imodoka za MONUSCO zabazanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, zibakuye ku kigo cyabo giherereye ahazwi nka Mubambiro mu bilomero bicye uvuye mu mujyi wa Goma, ahaherutse kubera imirwano ikomeye ubwo M23 yafataga uyu mujyi.

Abanyamakuru barimo abari baturutse mu Rwanda, bari bagiye gutara amakuru y’itaha ry’aba basirikare, ryabaye nk’irikumirwa, ndetse ribuzwa gufata ishusho n’imwe, ku mpamvu itaramenyekana.

Aba basirikare bakomerekeye ku rugamba bagiye gufashamo FARDC guhangana n’umutwe wa M23, bivugwa ko harimo abacitse amaguru ndetse n’inzindi ngingo, dore ko harimo n’abagendera mu tugare tw’indembe ubwo binjiraga ku mupaka.

Ubwo batahaga, barimo abari bambaye imyambaro ya gisirikare, abandi bambaye bisanzwe, ndetse bakaba barimo ab’igitsinagore.

Batashye nyuma y’ibyumweri bibiri, hari n’imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo na bo bari muri ubu butumwa bwa SADC icyuwe, na yo ikanyuzwa mu Rwanda.

Itaha ry’aba basirikare bakomerekeye ku rugamba, rije rikurikira impaka ndende zavuzwe kuri aba basirikare bari mu butumwa bwa SADC by’umwihariko aba Afurika y’Epfo, aho Abanyapolitiki banyuranye bo muri iki Gihugu bahagurutse bakamagana umugambi wa Leta yabo wo kohereza abana babo muri Congo kujya gushirirayo.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa aherutse kuvuga ko hazakorwa ibishoboka kugira ngo abasirikare b’iki Gihugu bari muri Congo, batahe, ndetse atangaza ko Igihugu cye na cyo gishyigikiye ko ibibazo byo muri Congo bikemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Yabitangaje nyuma yuko Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera na we ategetse Umugaba Mukuru w’Ingabo mu Gihugu cye, gutegura uburyo abasirikare babo bari mu burasirazuba bwa Congo, bataha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 5 =

Previous Post

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Next Post

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City
AMAHANGA

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.