Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in MU RWANDA
0
Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare bakabakaba 200 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomerekeye ku rugamba, batashye banyuze mu Rwanda, aho bamaze igihe kinini bakiri ku Mupaka aho basakiwe mbere yo kwerecyeza i Kigali gufata indege ibacyura.

Aba basirikare biganjemo abo muri Afurika y’Epfo, aho amakuru avuga ko ari 129, hakabamo 40 ba Malawi ndetse na 25 ba Tanzania, bageze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku isaha ya saa sita zirengaho iminota.

Babanje gusakwa nk’uko bisanzwe, ndetse baza kuva hano nyuma y’amasaha menshi, dore ko bahavuye saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota, gusa bikaba bitazwi icyatumye batinda kwerecyeza i Kigali.

Umwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu wabonye imodoka zatwaye aba basirikare, yabwiye Ikinyamakuru cyitwa BBC, ko aba basirikare bamaze igihe kinini basakwa, dore ko binjiye ku mupaka hakiri kare, ariko ko bahavuye saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota.

Ni mu gihe imodoka za MONUSCO zabazanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, zibakuye ku kigo cyabo giherereye ahazwi nka Mubambiro mu bilomero bicye uvuye mu mujyi wa Goma, ahaherutse kubera imirwano ikomeye ubwo M23 yafataga uyu mujyi.

Abanyamakuru barimo abari baturutse mu Rwanda, bari bagiye gutara amakuru y’itaha ry’aba basirikare, ryabaye nk’irikumirwa, ndetse ribuzwa gufata ishusho n’imwe, ku mpamvu itaramenyekana.

Aba basirikare bakomerekeye ku rugamba bagiye gufashamo FARDC guhangana n’umutwe wa M23, bivugwa ko harimo abacitse amaguru ndetse n’inzindi ngingo, dore ko harimo n’abagendera mu tugare tw’indembe ubwo binjiraga ku mupaka.

Ubwo batahaga, barimo abari bambaye imyambaro ya gisirikare, abandi bambaye bisanzwe, ndetse bakaba barimo ab’igitsinagore.

Batashye nyuma y’ibyumweri bibiri, hari n’imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo na bo bari muri ubu butumwa bwa SADC icyuwe, na yo ikanyuzwa mu Rwanda.

Itaha ry’aba basirikare bakomerekeye ku rugamba, rije rikurikira impaka ndende zavuzwe kuri aba basirikare bari mu butumwa bwa SADC by’umwihariko aba Afurika y’Epfo, aho Abanyapolitiki banyuranye bo muri iki Gihugu bahagurutse bakamagana umugambi wa Leta yabo wo kohereza abana babo muri Congo kujya gushirirayo.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa aherutse kuvuga ko hazakorwa ibishoboka kugira ngo abasirikare b’iki Gihugu bari muri Congo, batahe, ndetse atangaza ko Igihugu cye na cyo gishyigikiye ko ibibazo byo muri Congo bikemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Yabitangaje nyuma yuko Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera na we ategetse Umugaba Mukuru w’Ingabo mu Gihugu cye, gutegura uburyo abasirikare babo bari mu burasirazuba bwa Congo, bataha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 5 =

Previous Post

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Next Post

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.