Thursday, September 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15 zaciwe binyuze mu nzira y’ubuhuza (mediation) n’iy’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Bargaining).

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025, mu muhango wo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026.

Yavuze ko raporo y’ibikorwa by’urwego rw’Ubucamanza y’umwaka wa 2024-2025, igaragaza ko muri uwo mwaka Inkiko zaregewe imanza 106 254.

Ati “Ziyongera ku manza 76 273 zari zarasigaye mu Nkiko ku isozwa ry’umwaka w’ubucamanza wa 2023-2024. Ibi bisobanuye ko umwaka dusoje, Inkiko zari zifite imanza zo kuburanisha 182 527.”

Akomeza agira ati “Nejejwe no gutangaza ko muri izo manza zose, Inkiko zaciye imanza 109 192, zirimo imanza mu mizi 92 880 zingana na 85% n’imanza ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo 16 312 zingana na 15%.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko nanone igishimishije cyagezweho muri uriya mwaka w’Ubucamanza, Abacamanza, Abanditsi b’Inkiko, Abashinjacyaha n’ababuranyi bateye intambwe ishimishije mu buryo bushya bwo guca imanza bitagombye kujyanwa mu Nkiko, ahifashishwa uburyo bw’Ubuhuza (mediation) n’ubw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Bargaining).

Ati “Muri uru rwego, imanza 3 166 z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza. Naho imanza 11 846 z’inshinjabyaha, zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa.”

Ibi bivuze ko imanza zose zakemuwe binyuze muri ubu buryo bwombi; ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zabaye 15 012.

Ati “Iyo hateranyijwe imanza zaburanishijwe mu mizi, izaburanishijwe ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo n’izakemukiye mu buhuza no mu bwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, zose hamwe ziba imanza 124 204.”

Mukantaganzwa avuga ko nubwo urwego rw’Ubucamanza rwakoze ibishoboka ngo ruce umubare munini w’imanza muri uriya mwaka wa 2024-2025, ariko wasize hari imanza 58 323 zitaburanishijwe, zirimo 26 862 zabaye ibirarane.

Yavuze ko uyu mubare w’imanza zisigara ari ibirarane, uterwa n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko n’Abanyarwanda mu rusange bacyumva ko ibibazo byabo byose bigomba gucyemukira mu Nkiko, aho kwisunga inzira z’ubwumvikane, ndetse bamwe ntibananyurwe n’ibyemezo by’Inkiko bagakomeza kujuririra ibyemezo byazo.

Ati “Bituma ababuranyi biyemeza kuburana urwa ndanze bakarangiza intera zose z’iburanisha.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yizeje ko muri uyu mwa w’Ubucamanza utangiye, Urwego rw’Ubucamanza ruzakomeza gushyira imbaraga mu gushishikariza abantu kugana inzira z’ubwumvikane mu gucyemura ibibazo baba bumva ko bakwiye kujyana mu Nkiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fourteen =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

Next Post

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Related Posts

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21...

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

by radiotv10
04/09/2025
0

A video has been released showing the operations of Rwandan Defense Forces (RDF) alongside Mozambican forces in the fight against...

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

by radiotv10
03/09/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago, Bacary Sagna wakiniye Ikipe ya Arsenal n’iy’Igihugu y’u Bufaransa, yageze mu Rwanda yitabiriye ibirori byo Kwita Izina...

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

by radiotv10
03/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hari igice cy’umuhanda umwe mu gace k’i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge uzamara amasaha abiri...

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

by radiotv10
03/09/2025
0

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika
IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

04/09/2025
Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

03/09/2025
Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

03/09/2025
CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

03/09/2025
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

03/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.