Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Iby’amashusho y’ubwambure amaze iminsi akwirakwira mu Rwanda byahagurukiwe n’ababikorerwa bibirwa ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwagize icyo ruvuga ku bakangisha abandi gushyira hanze amashusho cyangwa amafoto y’ubwambure bwabo, ruvuga ko bigize icyaha, ndetse rugira inama ababikorerwa kujya barwiyambaza hakiri kare.

Muri iyi minsi, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara amashusho n’amafoto by’ubwambure by’abiganjemo igitsinagore, bivugwa ko bishyirwa hanze n’abo baba barabanje kwitwa ko ari abakunzi, nyuma bakabaka amafaranga, babakangisha ko nibatayabaha bashyira hanze ubwambure bwabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry avuga ko ibi bibanzirizwa no kubeshyanya urukungo hagati y’umukobwa n’umuhungu, cyangwa bakaba barakundanaga koko, batandukana, umwe agashaka kwihimura ku wundi

Ati “Hari aho umukobwa n’umuhungu bavuga ko bakundana. Bagakundana ni byo, bakagera n’igihe bumva umwe ngo yisanzuye ku wundi, aho umwe ashobora gusaba undi amafoto yambaye uko undi yifuza, undi na we akayamuha uko yayamusabye, birumvikana ndavuga ubusa.

Cyangwa se akaba yarayamufotoye nk’abantu bitwa ko bakundana, noneho bagira icyo bapfa gatoya, umwe akavuga ati ‘nudakora ibi aya mafoto yawe ndayashyira hanze’. Hari n’abagera ku rwego aho umwe asaba undi amafaranga, agahora amusaba amafaranga.”

Dr Murangira avuga ko ibi bigize icyaha cyo gukangisha undi gusebanya, bityo ko ababikorerwa bakwiye kwiyambaza inzego z’ubutabera hakiri kare.

Ati “Wowe muntu bakangishije gusebanya kubera amafoto yawe bafite cyangwa ikindi, icyo tugusa ni uko uza ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ugatanga ikirego cyitwa gukangisha gusebanya cyangwa blackmailing cyangwa chantage.”

Umuvugizi wa RIB kandi amara impungenge abumva bafite ipfunwe ko nibiyambaza uru rwego bazaba bagiye hanze, avuga ko uru rwego rukora kinyamwuga.

Ati “Twebwe iyo uje mu rwego rw’Ubugenzacyaha, ibanga ni ibintu dusabwa, ntahandi biba bizagaragara, kuko ikibi cy’uyu muntu ukangisha gusebanya, iyo akwatse amafaranga ukayamuha, n’ejo azakwaka andi, ndetse akwake menshi kuko yamaze kubona ko ibyo agukangisha byaguteye ubwoba.”

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA KURI IKI CYAHA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 129: Gukangisha gusebanya

Gukangisha gusebanya ni igikorwa cyo gusaba umuntu umukono ku nyandiko, ukwemera cyangwa uguhakana inshingano, ugutangaza ibanga, uguhabwa amafaranga, inyandiko mvunjwafaranga cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose hakoreshejwe gukangisha uwo muntu cyangwa undi muntu ikangwa rye ryagira ingaruka ku wakorewe icyaha, kumurega, gutangaza cyangwa kumuvugaho ibintu bishobora kumutesha agaciro cyangwa icyubahiro, byaba ari ukuri cyangwa se atari ukuri.

Umuntu wese ukangisha gusebanya, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi ijana (100.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atatu (300.000 FRW).

Iyo uwakoze icyaha cyo gukangisha gusebanya ashyize ibikangisho bye mu bikorwa, igihano kiba igifungo kirenze imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + five =

Previous Post

Kurya biri kuba ihurizo ry’imibare itoroshye byagera ku birayi bikarushaho

Next Post

Afghanistan: Amarira akomeje kuba menshi kubera imibare ihanitse y’abahitanywe n’umutingito

Related Posts

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya...

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

by radiotv10
20/10/2025
0

Abantu batatu barimo umuhungu ukiri muto w’imyaka 16, basize ubuzima mu kirombe bari bagiye kwibamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunya-Somalia wahoze ayobora Ibitaro bikuru by'Igihugu, washakishwaga n’inzego z’ubutabera za kiriya Gihugu zimukekaho ibyaha birimo gufata ku ngufu no gufata...

IZIHERUKA

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato
MU RWANDA

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afghanistan: Amarira akomeje kuba menshi kubera imibare ihanitse y’abahitanywe n’umutingito

Afghanistan: Amarira akomeje kuba menshi kubera imibare ihanitse y’abahitanywe n’umutingito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.