Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umwarimu wo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabuga-Gatulika yandikiye umuyobozi w’iri Shuri amugira inama y’ibyo akwiye guhagarika, haravugwa ko uyu mwarimu yakundaga guta akazi akajya gukora ibiraka.

Ni nyuma y’uko umwarimu Nshimiyimana James wa Groupe Scolaire Kabuga Gatholique mu Karere ka Gasabo, yandikiye Umuyobozi w’iri shuri atanga ibisobanuro ku byo yari yamusabye.

Umuyobozi w’iri shuri yasabaga uyu mwarimu gutanga ibisobanuro ku kuba hari umunsi yasibye akazi ku wa 13 Werurwe 2024.

Uyu mwarimu avuga ko uyu muyobozi w’iri shuri yabyirengagije nkana, ngo kuko kuri iyo tariki yagiye ku kazi ndetse agerayo “mu gitondo saa mbiri nkataha nimugoroba mu ma saa kumi n’imwe nk’uko bigaragazwa na finger print nakojejemo kuri uwo munsi.”

Nshimiyimana James avuga ko icyakora kuri uwo munsi yagiye kwa muganga mu gihe cy’isaha imwe akamenyesha ushinzwe amasomo kuko umuyobozi w’Ishuri we yari ari guhagararira ibizamini.

Agakomeza agira ati “Kuba rero mwarirengagije nkana ibi byose mbasobanuriye, mukanyandikira munsaba ibisobanuro, mbona mwaranze kunshyira kuri liste de surveillance mubishaka ngo muntege umutego.”

Uyu mwarimu akomeza ashinja umuyobozi we kumutega imitego no kumuhoza ku nkeke kandi ko abona hari ikibyihishe inyuma abona gikwiye gusobanuka.

Yasoje iyi baruwa agira inama umuyobozi w’Ishuri “guhagarika gutoteza abarimu bamwe mu bo muyobora, haba hari icyo mubifuzaho batakibaha mukabagendaho mubabuza amahoro ndetse mukiguza ko mutakorana ku kigo kimwe. Iyo myitwarire idakwiriye umuyobozi nkawe isenya ikigo kandi ikadindiza ireme ry’uburezi.”

Umuyobozi wa GS Kabuga, Jean Bosco Nkurunziza, yabwiye RADIOTV10 ko gusaba ibisobanuro uyu mwarimu byakorwaga mu rwego rwo kumwotsa igitutu kugira ngo adakomeza kwica akazi ke, kuko yari akomeje kukica bitewe no kuba yari afite irindi shuri yakoraga ikiraka cyo kwigisha.

Ati “Hari n’aho twamuburaga, tukamuhamagara, tukamubaza tuti ‘uri he ko tukubuze mu ishuri?’. Hanyuma bigaragara ko adashobora gukorera ahandi, ari gukora n’iwacu, ntabwo byari gushoboka kuko twamucanagaho umuriro kugira ngo akore.”

Uyu muyobozi wa GS Kabuga avuga ko uyu mwarimu yaje kumesa kamwe akemera guhagarika ibiraka yajyaga ajya gukora mu rindi shuri, agakomeza kwigisha muri iri rya GS Kabuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + three =

Previous Post

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Next Post

Ikindi cyamamare gikomeye ku Isi yifashishije amashusho yuzuye urwenya y’Umunyarwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi cyamamare gikomeye ku Isi yifashishije amashusho yuzuye urwenya y’Umunyarwanda

Ikindi cyamamare gikomeye ku Isi yifashishije amashusho yuzuye urwenya y’Umunyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.