Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ibihugu byombi byitabye, aho umunsi wa mbere waranzwe n’inzitizi zatanzwe n’u Rwanda, zigomba kubanza gusuzumwa kugira ngo hafatwe icyemezo niba urubanza rwaburanishwa mu mizi.

Ni urubanza DRC iregamo u Rwanda ibyaha birimo kuvogera ubusugire bw’iki Gihugu n’ibifitanye isano n’umutekano mucye bimaze igihe mu burasirazuba bwa kiriya Gihugu, aho u Rwanda rutahwemye kubihakana.

Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda, Eddy Sabit wakurikiye impaka zagiweho ku munsi wa mbere ibi Bihugu byitaba uru Rukiko EACJ, yavuze ko impande zombi zitagiye mu rubanza rwo mu mizi, kuko hatanzwe inzitizi zigomba kubanza gusuzumwa.

Congo irega u Rwanda ibyaha bishingiye ku bibazo by’umutekano mucye byakunze kuvugwa muri iki Gihugu mu myaka 25 ishize ubwo havukaga imitwe yitwaje intwaro y’Abanyekongo barwanirira uburenganzira bwabo.

Ni ukuva ku mitwe nka RCD, CNDP yanaje kuvamo umutwe wa M23 yose yagiye ibaho kubera ihohoterwa ryakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Congo yegeka ku Rwanda kugira uruhare no gufasha uyu mutwe, mu gihe u Rwanda rwo ruvuga ko nta shingiro bifite kuko hari raporo zitandukanye zagiye zigaragaza uburyo iyi mitwe yagiye ivuka.

Kuri uyu munsi wa mbere mu Rukiko, Abanyamategeko bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, bagaragaje inzitizi zo kuba iki kirego kidafite ishingiro muri uru Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nk’inzitizi y’iburabubasha bw’Urukiko.

Ubusanzwe Urukiko Igihugu kiregamo ikindi, ni Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ/International Court of Justice).

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, muri Mata 2022, ikaba imaze imyaka ibiri, mu gihe ibirego irega u Rwanda ari ibyo kuva mu myaka 25, rukavuga ko bitumvikana uburyo ibirego byo mu myaka 25 byazanwa mu Rukiko rw’Umuryango iki Gihugu kitaramaramo n’imyaka itatu.

Umunyamakuru wa RBA, Eddy Sabit agaruka ku byaburanyweho nk’umuntu wakurikirana izi mpaka, yavuze ko habayeho kwibaza “ese mu gihe bigaragaye ko Urukiko rufite n’ububasha, ese rwabasha gusubira inyuma mu birego Congo itanga itaranaba Umunyamuryango w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba?”

Nanone hagaragajwe indi nzitizi y’ururimi, aho Congo yatanze inyandiko zanditse mu zindi ndimi zitari icyongereza, mu gihe ururimi rwemewe rw’uru Rukiko ari Icyongereza, nk’uko bigaragazwa n’amasezerano arushyiraho.

Nyuma yuko Inteko ry’Urukiko rwa EAC (EACJ) yumvise impande zombi, igiye gusuzuma inzitizi zatanzwe, ubundi hafatwe umwanzuro niba zifite ishingiro, ku buryo uru Rukiko rushobora gusubiza inyuma iki kirego mu gihe rwasanga rutafigiteho ububasha, na ho igihe rwasanga rugifiteho ububasha rukazakiburanisha mu mizi.

Abasesenguzi mu bya politiki, bavuga ko uru rubanza rushingiye ku mpamvu za Politiki kurusha iz’ubutabera, mu gihe uru Rukik rwakunze kwakira imanza ziba ziganisha ku nyungu z’Ubunyamuryango bwa EAC.

Abanyamategeko bahagarariye Ibihugu byombi

Urubanza kandi rwanitabiriwe n’abaje kurukurikira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 12 =

Previous Post

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.