Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ibihugu byombi byitabye, aho umunsi wa mbere waranzwe n’inzitizi zatanzwe n’u Rwanda, zigomba kubanza gusuzumwa kugira ngo hafatwe icyemezo niba urubanza rwaburanishwa mu mizi.

Ni urubanza DRC iregamo u Rwanda ibyaha birimo kuvogera ubusugire bw’iki Gihugu n’ibifitanye isano n’umutekano mucye bimaze igihe mu burasirazuba bwa kiriya Gihugu, aho u Rwanda rutahwemye kubihakana.

Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda, Eddy Sabit wakurikiye impaka zagiweho ku munsi wa mbere ibi Bihugu byitaba uru Rukiko EACJ, yavuze ko impande zombi zitagiye mu rubanza rwo mu mizi, kuko hatanzwe inzitizi zigomba kubanza gusuzumwa.

Congo irega u Rwanda ibyaha bishingiye ku bibazo by’umutekano mucye byakunze kuvugwa muri iki Gihugu mu myaka 25 ishize ubwo havukaga imitwe yitwaje intwaro y’Abanyekongo barwanirira uburenganzira bwabo.

Ni ukuva ku mitwe nka RCD, CNDP yanaje kuvamo umutwe wa M23 yose yagiye ibaho kubera ihohoterwa ryakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Congo yegeka ku Rwanda kugira uruhare no gufasha uyu mutwe, mu gihe u Rwanda rwo ruvuga ko nta shingiro bifite kuko hari raporo zitandukanye zagiye zigaragaza uburyo iyi mitwe yagiye ivuka.

Kuri uyu munsi wa mbere mu Rukiko, Abanyamategeko bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, bagaragaje inzitizi zo kuba iki kirego kidafite ishingiro muri uru Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nk’inzitizi y’iburabubasha bw’Urukiko.

Ubusanzwe Urukiko Igihugu kiregamo ikindi, ni Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ/International Court of Justice).

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, muri Mata 2022, ikaba imaze imyaka ibiri, mu gihe ibirego irega u Rwanda ari ibyo kuva mu myaka 25, rukavuga ko bitumvikana uburyo ibirego byo mu myaka 25 byazanwa mu Rukiko rw’Umuryango iki Gihugu kitaramaramo n’imyaka itatu.

Umunyamakuru wa RBA, Eddy Sabit agaruka ku byaburanyweho nk’umuntu wakurikirana izi mpaka, yavuze ko habayeho kwibaza “ese mu gihe bigaragaye ko Urukiko rufite n’ububasha, ese rwabasha gusubira inyuma mu birego Congo itanga itaranaba Umunyamuryango w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba?”

Nanone hagaragajwe indi nzitizi y’ururimi, aho Congo yatanze inyandiko zanditse mu zindi ndimi zitari icyongereza, mu gihe ururimi rwemewe rw’uru Rukiko ari Icyongereza, nk’uko bigaragazwa n’amasezerano arushyiraho.

Nyuma yuko Inteko ry’Urukiko rwa EAC (EACJ) yumvise impande zombi, igiye gusuzuma inzitizi zatanzwe, ubundi hafatwe umwanzuro niba zifite ishingiro, ku buryo uru Rukiko rushobora gusubiza inyuma iki kirego mu gihe rwasanga rutafigiteho ububasha, na ho igihe rwasanga rugifiteho ububasha rukazakiburanisha mu mizi.

Abasesenguzi mu bya politiki, bavuga ko uru rubanza rushingiye ku mpamvu za Politiki kurusha iz’ubutabera, mu gihe uru Rukik rwakunze kwakira imanza ziba ziganisha ku nyungu z’Ubunyamuryango bwa EAC.

Abanyamategeko bahagarariye Ibihugu byombi

Urubanza kandi rwanitabiriwe n’abaje kurukurikira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 13 =

Previous Post

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.