Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ibihugu byombi byitabye, aho umunsi wa mbere waranzwe n’inzitizi zatanzwe n’u Rwanda, zigomba kubanza gusuzumwa kugira ngo hafatwe icyemezo niba urubanza rwaburanishwa mu mizi.

Ni urubanza DRC iregamo u Rwanda ibyaha birimo kuvogera ubusugire bw’iki Gihugu n’ibifitanye isano n’umutekano mucye bimaze igihe mu burasirazuba bwa kiriya Gihugu, aho u Rwanda rutahwemye kubihakana.

Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda, Eddy Sabit wakurikiye impaka zagiweho ku munsi wa mbere ibi Bihugu byitaba uru Rukiko EACJ, yavuze ko impande zombi zitagiye mu rubanza rwo mu mizi, kuko hatanzwe inzitizi zigomba kubanza gusuzumwa.

Congo irega u Rwanda ibyaha bishingiye ku bibazo by’umutekano mucye byakunze kuvugwa muri iki Gihugu mu myaka 25 ishize ubwo havukaga imitwe yitwaje intwaro y’Abanyekongo barwanirira uburenganzira bwabo.

Ni ukuva ku mitwe nka RCD, CNDP yanaje kuvamo umutwe wa M23 yose yagiye ibaho kubera ihohoterwa ryakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Congo yegeka ku Rwanda kugira uruhare no gufasha uyu mutwe, mu gihe u Rwanda rwo ruvuga ko nta shingiro bifite kuko hari raporo zitandukanye zagiye zigaragaza uburyo iyi mitwe yagiye ivuka.

Kuri uyu munsi wa mbere mu Rukiko, Abanyamategeko bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, bagaragaje inzitizi zo kuba iki kirego kidafite ishingiro muri uru Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nk’inzitizi y’iburabubasha bw’Urukiko.

Ubusanzwe Urukiko Igihugu kiregamo ikindi, ni Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ/International Court of Justice).

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, muri Mata 2022, ikaba imaze imyaka ibiri, mu gihe ibirego irega u Rwanda ari ibyo kuva mu myaka 25, rukavuga ko bitumvikana uburyo ibirego byo mu myaka 25 byazanwa mu Rukiko rw’Umuryango iki Gihugu kitaramaramo n’imyaka itatu.

Umunyamakuru wa RBA, Eddy Sabit agaruka ku byaburanyweho nk’umuntu wakurikirana izi mpaka, yavuze ko habayeho kwibaza “ese mu gihe bigaragaye ko Urukiko rufite n’ububasha, ese rwabasha gusubira inyuma mu birego Congo itanga itaranaba Umunyamuryango w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba?”

Nanone hagaragajwe indi nzitizi y’ururimi, aho Congo yatanze inyandiko zanditse mu zindi ndimi zitari icyongereza, mu gihe ururimi rwemewe rw’uru Rukiko ari Icyongereza, nk’uko bigaragazwa n’amasezerano arushyiraho.

Nyuma yuko Inteko ry’Urukiko rwa EAC (EACJ) yumvise impande zombi, igiye gusuzuma inzitizi zatanzwe, ubundi hafatwe umwanzuro niba zifite ishingiro, ku buryo uru Rukiko rushobora gusubiza inyuma iki kirego mu gihe rwasanga rutafigiteho ububasha, na ho igihe rwasanga rugifiteho ububasha rukazakiburanisha mu mizi.

Abasesenguzi mu bya politiki, bavuga ko uru rubanza rushingiye ku mpamvu za Politiki kurusha iz’ubutabera, mu gihe uru Rukik rwakunze kwakira imanza ziba ziganisha ku nyungu z’Ubunyamuryango bwa EAC.

Abanyamategeko bahagarariye Ibihugu byombi

Urubanza kandi rwanitabiriwe n’abaje kurukurikira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda barinjira muri Rayon
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda barinjira muri Rayon

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda barinjira muri Rayon

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.