Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADC), barahurira mu nama yiga ku ngingo zinyuranye zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, zirimo ibijyanye no kongera gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma.

Ni amakuru dukesha Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yabitangaje ubwo yagarukaga ku nama zigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC zirimo iziteganyijwe muri iki cyumweru.

Yavuze ko hari “Inama ihuriweho na EAC-SADC y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, iba uyu munsi i Dar es Salaam, igaragaza umurongo wo gushyira mu bikorwa guhagarika imirwano, ku kongera gusubukura ibikorwa by’Ikibuga cy’Indege cya Goma, ndetse n’ibijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi.”

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze kandi ko mu mpera z’iki cyumweru, hazaba inama n’ubundi ihuriweho ya EAC na SADC yo ku rwego rw’Abaminisitiri, izasuzumirwamo raporo y’ibyemezo bizaba byavuye muri iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, ikanategura mu buryo bwa politiki ibiganiro by’i Luanda n’i Nairobi.

Yakomeje agaragaza ko umuti w’ibibazo bya Afurika, ugomba kuva muri bo ubwabo, aho kugira ngo Ibihugu by’amahanga nk’iby’i Burayi bikomeje kumva ko ari byo bizatanga ibisubizo.

Ati “Ibiganiro biyobowe n’Abanyafurika biri mu murongo w’intego twiyemeje, igira iti ‘Ibisubizo by’Abanyafurika, bituruka mu Banyafurika’ kandi dutekereza ko kwivanga kw’Abanyaburayi gushobora kubisubiza inyuma.”

Ibi Nduhungirehe yabitangaje ubwo yagaragazaga ko ashyigikiye igitekerezo cy’uwanengaga uburyo Igihugu cy’u Bubiligi gikomeje kwivanga mu bibazo bya Congo, aho yagiye anagaruka ku zindi nama zagiye zibaho ku rwego rwa Afurika zigamije kwishakira umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ahereye ku nama idasanzwe yahuje Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC na SADC yabaye tariki 08 Gashyantare 2025 i Dar es Salaam, Amb. Nduhungirehe yavuze ko yakurikiwe n’izindi nama, zirimo Inteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye Addis Ababa tariki 14 Gashyantare, ikanashyigikira imyanzuro yari yafatiwe muri iriya y’i Dar es Salaam.

Nanone kandi tariki 15 na 16 Gashyantare 2025, habaye Inteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, na yo yongera gushyigikira imyanzuro y’inama ihuriweho ya EAC na SADC.

Kimwe n’indi y’Abagaba Bakuru b’Ibihugu byo muri EAC no muri SADC, yabaye tariki 21 Gashyantare 2025, yariho itegura uburyo-ngiro bwo ku rwego rwa gisirikare bwo gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho avugwa ku Ngabo zagiye gufasha FARDC ziri i Goma

Next Post

Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Related Posts

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko
MU RWANDA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

29/07/2025
Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.