Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu by’umutekano n’igisirikare hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziherutse kwemeranya umushinga witezweho kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, uteganyijwemo gushyiraho Urwego ruhuriweho rwa gisirikare ruzatangirizwa i Goma.

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Angola (Angop), avuga ko uyu mushinga wiswe CONOPS (Proposed Concept of Operations) wemejwe ku wa Kane w’icyumweru gishize i Luanda muri Angola, ahari hateraniye inzobere mu by’umutekano n’Igisirikare.

Ni umushinga ugamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, aho itangazo ryashyizwe hanze ku byemeranyijweho, harimo umugambi uhuriweho kandi wumvikanyweho wo gusenya umutwe wa FDLR, ndetse no gukuraho ingamba z’umutekano zashyizweho n’u Rwanda z’ubwirinzi.

Mu nama iheruka y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga hagati y’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na Angola; impande zombi zumvikanye ko hagomba gushyirwaho uburyo bwo gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuzakuraho ingamba u Rwanda rwashyizeho zo kwirindira umutekano.

Guverinoma ya DRC kandi yavugaga ko ibi bigomba gukorerwa rimwe (gusenya FDLR no kuba u Rwanda rwakuraho izi ngamba), ariko iy’u Rwanda ivuga ko bidashoboka.

Ibyemeranyijweho mu cyumweru gishize n’inzobere mu bya gisirikare n’umutekano, bigomba kuzanaherwaho mu nama y’Abaminisitiri iteganyijwe muri uku kwezi, tariki 16 Ugushyingo 2024.

Izi nzobere kandi zanemeje urwego ruhuriweho n’Ibihugu bitatu (u Rwanda, DRC, n’Umuhuza Angola) rwiswe (MVA-R) ruzaba ruyobowe na Angola rukazaba ruhuriyemo abasirikare ba DRC n’u Rwanda, rugomba kuzashyirwaho bitarenze ejo tariki 05 Ugushyingo 2024 rukamurikirwa i Goma muri DRC nk’uko byemejwe n’Inama yo ku rwefo rw’Abaminisitiri yabaye tariki 12 Ukwakira 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Next Post

Inkuru y’akababaro yerecyeye uwakoze ibikorwa byamamaye muri muzika ku Isi

Related Posts

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

IZIHERUKA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo
MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro yerecyeye uwakoze ibikorwa byamamaye muri muzika ku Isi

Inkuru y’akababaro yerecyeye uwakoze ibikorwa byamamaye muri muzika ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.