Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

radiotv10by radiotv10
28/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo ingingo zigamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, zirimo kubaha ubusugire bwa buri Gihugu, no kubuza imirwano.

Aya masezerano yari amaze igihe ategerejwe, yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025 i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku ruhande rw’iya DRC, ari mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner, babifashijwemo na mugenzi wabo wa Leta Zunze Ubumwe za America, Marco Antonio Rubio.

Umujyanama Wihariye wa Perezida Donald Trump kuri Afurika, Massad Boulos yagaragaje ingingo nkuru nkuru zikubiye muri aya masezerano, zirimo ko Ibihugu byombi bigomba “kubaha ubusugire” bwa buri kimwe.

Harimo kandi ko habaho “kubuza imirwano”, “guhagarika cyangwa kuvana ingabo mu bikorwa”.

Nanone kandi harimo ingingo irebana n’imitwe yitwaje intwaro yakunze kuba ikibazo, nk’uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda wanabaye intandaro y’ibibazo biri muri Congo, aho ingingo iri muri aya masezerano, ivuga ko hagomba kubaho “kwaka intwaro no kwakira imitwe yitwaje intwaro itari iya Leta” bigakorwa habanje kugira ibishyirwa ku murongo.

Ubwo Perezida Donald Trump yakiraga Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ingingo yo kurandura umutwe wa FDLR atari nshya, ahubwo ko byagiye byemerezwa mu nama zinyuranye, bityo ko igihe kigeze kugira ngo bishyirwe mu bikorwa.

Aya masezerano y’amahoro kandi, asaba Ibihugu byombi “gushyiraho uburyo bihuriweho bwo kugenzura umutekano” Hakabaho korohereza no gufasha gucyura impunzi zahungiye hanze y’Igihugu muri DRC, ndetse n’abavuye mu byabo bari imbere mu Gihugu, bakabisubiramo.

Aya masezerano arimo ingingo nyinshi zitari nshya, uretse ivuga ko Ibihugu bigomba no kwemera ko habaho imikoranire n’ubufatanye bw’akarere mu by’ubukungu.

Aya masezerano yashyizweho umukono, mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kugirana ibiganiro n’Ihuriro AFC/M23 bari gufashwamo na Qatar.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko aya masezerano y’amahoro yasinywe azanajyanirana n’ibizava muri ibi biganiro.

Ku ruhande rwa Guverinoma ya DRC, Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko Igihugu cye gifite ubushake buganisha ku kuba haboneka umuti w’ibibazo buri mu burasirazuba bwacyo, ndetse ko aya masezerano y’amahoro basinye “ntagomba kuguma mu nyandiko no mu magambo yacu gusa, ahubwo akwiye no kugaragarira mu bikorwa byacu. Navuga ko ari bwo akazi gatangiye.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ubwo yari mu ntango z’ibi biganiro hagati y’u Rwanda na DRC, yavuze kenshi ko Perezida Trump yifuza gukorana n’akarere ibi Bihugu byombi biherereyemo, kandi ko bitakunda hatari amahoro.

Trump yakiriye Abaminisitiri ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 16 =

Previous Post

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Next Post

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.