Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

radiotv10by radiotv10
28/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo ingingo zigamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, zirimo kubaha ubusugire bwa buri Gihugu, no kubuza imirwano.

Aya masezerano yari amaze igihe ategerejwe, yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025 i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku ruhande rw’iya DRC, ari mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner, babifashijwemo na mugenzi wabo wa Leta Zunze Ubumwe za America, Marco Antonio Rubio.

Umujyanama Wihariye wa Perezida Donald Trump kuri Afurika, Massad Boulos yagaragaje ingingo nkuru nkuru zikubiye muri aya masezerano, zirimo ko Ibihugu byombi bigomba “kubaha ubusugire” bwa buri kimwe.

Harimo kandi ko habaho “kubuza imirwano”, “guhagarika cyangwa kuvana ingabo mu bikorwa”.

Nanone kandi harimo ingingo irebana n’imitwe yitwaje intwaro yakunze kuba ikibazo, nk’uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda wanabaye intandaro y’ibibazo biri muri Congo, aho ingingo iri muri aya masezerano, ivuga ko hagomba kubaho “kwaka intwaro no kwakira imitwe yitwaje intwaro itari iya Leta” bigakorwa habanje kugira ibishyirwa ku murongo.

Ubwo Perezida Donald Trump yakiraga Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ingingo yo kurandura umutwe wa FDLR atari nshya, ahubwo ko byagiye byemerezwa mu nama zinyuranye, bityo ko igihe kigeze kugira ngo bishyirwe mu bikorwa.

Aya masezerano y’amahoro kandi, asaba Ibihugu byombi “gushyiraho uburyo bihuriweho bwo kugenzura umutekano” Hakabaho korohereza no gufasha gucyura impunzi zahungiye hanze y’Igihugu muri DRC, ndetse n’abavuye mu byabo bari imbere mu Gihugu, bakabisubiramo.

Aya masezerano arimo ingingo nyinshi zitari nshya, uretse ivuga ko Ibihugu bigomba no kwemera ko habaho imikoranire n’ubufatanye bw’akarere mu by’ubukungu.

Aya masezerano yashyizweho umukono, mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kugirana ibiganiro n’Ihuriro AFC/M23 bari gufashwamo na Qatar.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko aya masezerano y’amahoro yasinywe azanajyanirana n’ibizava muri ibi biganiro.

Ku ruhande rwa Guverinoma ya DRC, Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko Igihugu cye gifite ubushake buganisha ku kuba haboneka umuti w’ibibazo buri mu burasirazuba bwacyo, ndetse ko aya masezerano y’amahoro basinye “ntagomba kuguma mu nyandiko no mu magambo yacu gusa, ahubwo akwiye no kugaragarira mu bikorwa byacu. Navuga ko ari bwo akazi gatangiye.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ubwo yari mu ntango z’ibi biganiro hagati y’u Rwanda na DRC, yavuze kenshi ko Perezida Trump yifuza gukorana n’akarere ibi Bihugu byombi biherereyemo, kandi ko bitakunda hatari amahoro.

Trump yakiriye Abaminisitiri ku mpande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Next Post

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.