Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in Uncategorized
0
Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyabihu rwize amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, ruvuga ko nubwo bayize babwirwa ko akazi kabategereje, ariko ubu bari mu bushomeri, kuko kugira ngo babone imirimo bibasaba igishoro nyamara ntaho bagikura.

Uru rubyiruko rwo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, ruvuga ko rwarangije aya masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, ariko rukaba rwicaranye impamyabumenyi bahawe.

Umwe ati “Bagiye batujyana mu mashuri y’imyuga turiga turarangiza, nk’ubu twararangije dufite seritifika turazicaranye ntacyo zitumariye n’ubundi twagarutse ku muhanda n’ibyo twize dutangiye kubyibagirwa kandi hari abazi gukanika n’indi myuga itandukanye.”

Habyarimana Fabien wize ibijyanye no kwakira abantu mu mahoteli, avuga ko n’abafite iryo shoramari, baha akazi bene wabo, ku buryo kubona imirimo muri iki gihe ari ihurizo.

Ati “Nta kazi kubera ko umuntu ufite iyo Hotel ashyiramo uwo bafitanye isano. Leta yabishyiramo imbaraga, natwe ikatwitaho ikareba ko yadutera inkunga kuko iyo umuntu yanditse asaba nk’inguzanyo mu kigo runaka, hari igihe bamubaza ingwate akayibura ubwo ntabe akibonye ya nguzanyo.”

Akomeza avuga ko ibi binaca intege abandi bifuza kwiga aya masomo. Ati “Iyo bangezeho bari kumbwira ko ari byo biga ndababwira ngo nanjye narabyize none narananiwe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert avuga ko ubuyobozi buzakomeza gushakira amahirwe urubyiruko nk’uru rukabona ibyo rukora.

Ati “Ni ikibazo kiri rusange ku byo gushakira urubyiruko imirimo kandi biri no muri NST2 gukomeza kongera imirimo, ariko kugira ngo ubone imirimo urabanza ukareba ngo ‘ese aba bantu bafite ubumenyi buhe?’ ubwo rero hakabanza kubahugura, naho abafite amahugurwa tukareba ngo ni gute tubahuza n’amahirwe.”

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ku miterere y’umurimo mu Rwanda, igaragaza ko ikigero cy’ubushomeri cyagabanutseho 2,7% mu gihembwe cya gatatu cya 2024, aho cyageze kuri 15.3%. Iyi mibare kandi igaragaza ko urubyiruko ari rwo ruri ku kigero cyo hejuru mu bushomeri n’impuzandengo ya 20,5%.

Uru rubyiruko ruvuga ko amasomo rwahawe ruyicaranye ku muhanda
Ngo ni ikibazo kitarworoheye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Next Post

Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.