Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze

radiotv10by radiotv10
12/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibidukikije yavuze ko ikibazo cya bamwe mu baturage bo mu Turere dutanu batahawe uburenganzira busesuye ku butaka bahawe nk’inguranye, gishingiye ku mitegekere mibi y’ubuyobozi bwabayeho ubwo babuhabwaga, Abadepite bakavuga ko aho ubuyobozi bwiza buziye bwari bukwiye kuba bwaragikemuye.

Ni abaturage bo mu Turere twa Ngororero, Nyagatare, Ruhango, Burera na Rulindo bamaze imyaka 40 barimwe ibyangombwa by’ubutaka bahawe nk’ingurane.

Izi mpungenge z’Abadepite zishingiye kuri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi y’umwaka wa 2022-2023 igaragaza ko hari abaturage bo muri utu Turere batanze ubutaka bwabo bwubakwaho amashuri, amavuriro n’ibiro by’Utugari, Leta ibaha ingurane y’ubutaka buri mu bishanga.

Gusa ngo ntibigeze bahabwa ibyangombwa byabwo kugira ngo bubafashe kwiteza imbere, ku buryo babwifashisha baka inguzanyo.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamaliya Jeannne d’Arc yavuze ko iyi gahunda yabayemo imbogamizi zishingiye ku miterere y’Itegeko.

Yagize ati “Nk’uko itegeko ryateganyaga ko ubutaka bwo mu gishanga ari umutungo wa Leta kandi ko ntawakwitwaza ko abumaranye igihe kirekiere ngo abwegukane. Barabihinga bakaba bahabwa amasezerano y’igihe kirekire cyo gutizwa.”

Gusa Abadepite bavuze ko iki gikorwa kidindiza imibereho y’abaturage kuko umumaro w’ubu butaka bahawe udashobora guhura n’ubwo bahaye Leta.

Umwe mu Badepite yabajije ati “Umuturage ufite ubwo butaka yaguraniwe mu bishanga, aramutse ashaka kujya muri banki gufata inguzanyo; ayo masezerano yakwemerwa kugira ngo abashe kwiteza imbere?”

Minisitiri Dr Mujawamaliya yavuze ko iki kibazo gikomoka ku mitegekere yariho mu gihe bahabwaga ubwo butaka, gusa akemera ko abaturage bafite umurongo ntarengwa wo kububyaza umusaruro.

Yagize ati “Ibyo ni ibisigisigi byaranze imiyoborere mibi yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi tugomba kurwana nabyo kugira ngo tubibonere ibisubizo. Ubundi iyo umuturage afite ibikorwa mu bishanga, ashobora gutanga ingwate y’ibyo yahashyize. Na banki ntishobora kugurisha igishanga.”

Abadepite ntibanyuzwe n’ibi bisobanuro, aho umwe yahise agira ati “Ibisobanuro nyakubahwa Minisitiri ari kuvuga kuri kiriya kintu cy’abantu batujwe mu bishanga njyewe ntabwo kiri kunyura. Abaturage barenganyijwe n’ubuyobozi bubi bwariho kiriya gihe. Ubutaka bwanditswe nyuma. Icyo kibazo kiragaragara yuko barenganyijwe n’ubuyobozi bubaha mu gishanga. Noneho ubuyobozi bw’iza kuva icyo gihe ubutaka bwandikwa ni bwo bukwiye gukura abaturage mu gihirahiro.”

Iyi raporo y’Umuvunyi igaragaza ko 30% y’ibibazo basanganye abaturage, bishingiye ku butaka, ndetse ngo 20% y’ibibazo by’akarengane na ruswa bakiriye na byo bishingiye ku butaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 1 =

Previous Post

Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko

Next Post

Hatanzwe miliyoni 120Frw yo kugoboka Congo nyuma y’imyuzure yagize ingaruka ku barenga 330

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe miliyoni 120Frw yo kugoboka Congo nyuma y’imyuzure yagize ingaruka ku barenga 330

Hatanzwe miliyoni 120Frw yo kugoboka Congo nyuma y’imyuzure yagize ingaruka ku barenga 330

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.