Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze

radiotv10by radiotv10
12/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibidukikije yavuze ko ikibazo cya bamwe mu baturage bo mu Turere dutanu batahawe uburenganzira busesuye ku butaka bahawe nk’inguranye, gishingiye ku mitegekere mibi y’ubuyobozi bwabayeho ubwo babuhabwaga, Abadepite bakavuga ko aho ubuyobozi bwiza buziye bwari bukwiye kuba bwaragikemuye.

Ni abaturage bo mu Turere twa Ngororero, Nyagatare, Ruhango, Burera na Rulindo bamaze imyaka 40 barimwe ibyangombwa by’ubutaka bahawe nk’ingurane.

Izi mpungenge z’Abadepite zishingiye kuri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi y’umwaka wa 2022-2023 igaragaza ko hari abaturage bo muri utu Turere batanze ubutaka bwabo bwubakwaho amashuri, amavuriro n’ibiro by’Utugari, Leta ibaha ingurane y’ubutaka buri mu bishanga.

Gusa ngo ntibigeze bahabwa ibyangombwa byabwo kugira ngo bubafashe kwiteza imbere, ku buryo babwifashisha baka inguzanyo.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamaliya Jeannne d’Arc yavuze ko iyi gahunda yabayemo imbogamizi zishingiye ku miterere y’Itegeko.

Yagize ati “Nk’uko itegeko ryateganyaga ko ubutaka bwo mu gishanga ari umutungo wa Leta kandi ko ntawakwitwaza ko abumaranye igihe kirekiere ngo abwegukane. Barabihinga bakaba bahabwa amasezerano y’igihe kirekire cyo gutizwa.”

Gusa Abadepite bavuze ko iki gikorwa kidindiza imibereho y’abaturage kuko umumaro w’ubu butaka bahawe udashobora guhura n’ubwo bahaye Leta.

Umwe mu Badepite yabajije ati “Umuturage ufite ubwo butaka yaguraniwe mu bishanga, aramutse ashaka kujya muri banki gufata inguzanyo; ayo masezerano yakwemerwa kugira ngo abashe kwiteza imbere?”

Minisitiri Dr Mujawamaliya yavuze ko iki kibazo gikomoka ku mitegekere yariho mu gihe bahabwaga ubwo butaka, gusa akemera ko abaturage bafite umurongo ntarengwa wo kububyaza umusaruro.

Yagize ati “Ibyo ni ibisigisigi byaranze imiyoborere mibi yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi tugomba kurwana nabyo kugira ngo tubibonere ibisubizo. Ubundi iyo umuturage afite ibikorwa mu bishanga, ashobora gutanga ingwate y’ibyo yahashyize. Na banki ntishobora kugurisha igishanga.”

Abadepite ntibanyuzwe n’ibi bisobanuro, aho umwe yahise agira ati “Ibisobanuro nyakubahwa Minisitiri ari kuvuga kuri kiriya kintu cy’abantu batujwe mu bishanga njyewe ntabwo kiri kunyura. Abaturage barenganyijwe n’ubuyobozi bubi bwariho kiriya gihe. Ubutaka bwanditswe nyuma. Icyo kibazo kiragaragara yuko barenganyijwe n’ubuyobozi bubaha mu gishanga. Noneho ubuyobozi bw’iza kuva icyo gihe ubutaka bwandikwa ni bwo bukwiye gukura abaturage mu gihirahiro.”

Iyi raporo y’Umuvunyi igaragaza ko 30% y’ibibazo basanganye abaturage, bishingiye ku butaka, ndetse ngo 20% y’ibibazo by’akarengane na ruswa bakiriye na byo bishingiye ku butaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + nine =

Previous Post

Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko

Next Post

Hatanzwe miliyoni 120Frw yo kugoboka Congo nyuma y’imyuzure yagize ingaruka ku barenga 330

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe miliyoni 120Frw yo kugoboka Congo nyuma y’imyuzure yagize ingaruka ku barenga 330

Hatanzwe miliyoni 120Frw yo kugoboka Congo nyuma y’imyuzure yagize ingaruka ku barenga 330

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.