Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo twiboneye ahiswe ‘Mu Isi ya 9’ mu Mujyi wa Kigali birihariye (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
19/10/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo twiboneye ahiswe ‘Mu Isi ya 9’ mu Mujyi wa Kigali birihariye (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu gace kazwi nko ‘Mu Isi ya 9’ mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko urugomo ruhagaragara rumaze gufata intera, ruterwa n’ibindi bikorwa bibi bihaba, nk’ubusinzi n’uburaya, na byo biri ku rwego rw’umwihariko.

Aka gace gaherereye mu Mudugudu wa Nyabugogo mu Kagari ka Kimisagara mu Murenge wa Kimisagara, hafi ya Gare ya Nyabugogo ndetse n’amasoko abiri azwi muri Kigali, iryo ku Nkundamahoro n’irya Kimisagara.

Abanyamakuru ba RADIOTV10 (umwe w’igitsinagabo ufata amashusho n’uw’igitsinagore wegeranya ibyo gutanga) bageze muri aka gace mu masaha y’agasusuruko ahagana saa tanu, ntibyabagoye guhita babona ibivugwa muri aka gace ko mu Isi ya 9, kuko uw’igitsinagabo yasanganiwe n’abakobwa bivugwa ko baicuruza.

Umwe muri bo ntiyatinye guhita amwegera amubaza niba ashaka ko yamuha serivisi, ndetse agatangira kwirata ibigwi ko uyu mwuga awufitemo uburambe. Ati “Njyewe abagabo batatu bose ndabipevera [ashaka kuvuga ko bose ashobora kuryamana na bo].”

Ni mu gihe kandi n’abaza gushaka aba bakobwa bicuruza na we yari hafi aho, na we agatangira guhamiriza abanyamakuru ko adaterwa ipfunwe no kuba yakwishora muri izi ngeso mbi.

Yagize ati “Njyewwe ngura indaya nibura eshanu mu cyumweru. Sinabirara kuko n’agakingirizo ndakagendana [ahita agakura mu mufuka akereka umunymakuru].”

 

Abahatuye barumiwe

Abatuye muri iyi santere, babwiye RADIOTV10 ko ingeso mbi n’urugomo bihagaragara bimaze gufata indi ntera, bakavuga ko byose bitizwa umurindi n’ubusinzi bukabije.

Umwe utifuje ko umworondoro we utangazwa, yagize ati “Mu masaha ya nijoro guca hano biba bigoye. Iyo bamaze gusinda bararwana bapfa abagabo hanyuma natwe tukabigenderamo.”

Undi muturage avuga ko kandi muri aka gace hari abakoresha ibiyobyabwenge, ku buryo na byo biri mu biteza ibi bibazo, bagasaba ko inzego z’umutekano zahatunga itoroshi.

Ati “Bateza umutekano mucye bakarwana, indaya abanywa urumogi, abafite ibyuma,…byose byibereye hano ku isi ya 9.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cyo muri iyi Santere kizwi ndetse ko ku bufatanye n’izindi nzego bagihagurukiye bikaba bimaze gutanga umusaruro.

Ati “Twagiye tubona ibibazo nk’ibyo byagiye bihaba by’ibyaha nk’ibyo wavugaga by’ubusinzi n’uburaya, tuhashyira imbaraga.”

Yaboneyeho guhumuriza abaturage bo muri aka gace, ko ku bufatanye bwa Polisi n’izindi nzego, ibi bibazo bigomba kuhacika burundu.

Ati “Nibahumure nta kibazo gihari, umutekano urahari tuhakora paturuyi dufatanyije n’izindi nzego, amarondo y’umwuga arakora. Ubu yaba polisi n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’inzego z’ibanze zirakora neza kandi ikibazo ubona ko kirimo gukemuka neza.”

Polisi ivuga ko mu rwego rwo guca urugomo muri aka gace, yashyizeho gahunda yo gukora umukwabu no gukorana n’inzego zitandukanye nk’inzego z’ibanze, irondo ba nyiri inzu zikodeshwa ndetse n’abafite utubari.

INKURU MU MASHUSHO

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Uko amahanga arimo n’Ibihugu by’ibihangane bakiriye iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas

Next Post

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo
AMAHANGA

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.