Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo twiboneye ahiswe ‘Mu Isi ya 9’ mu Mujyi wa Kigali birihariye (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
19/10/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo twiboneye ahiswe ‘Mu Isi ya 9’ mu Mujyi wa Kigali birihariye (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu gace kazwi nko ‘Mu Isi ya 9’ mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko urugomo ruhagaragara rumaze gufata intera, ruterwa n’ibindi bikorwa bibi bihaba, nk’ubusinzi n’uburaya, na byo biri ku rwego rw’umwihariko.

Aka gace gaherereye mu Mudugudu wa Nyabugogo mu Kagari ka Kimisagara mu Murenge wa Kimisagara, hafi ya Gare ya Nyabugogo ndetse n’amasoko abiri azwi muri Kigali, iryo ku Nkundamahoro n’irya Kimisagara.

Abanyamakuru ba RADIOTV10 (umwe w’igitsinagabo ufata amashusho n’uw’igitsinagore wegeranya ibyo gutanga) bageze muri aka gace mu masaha y’agasusuruko ahagana saa tanu, ntibyabagoye guhita babona ibivugwa muri aka gace ko mu Isi ya 9, kuko uw’igitsinagabo yasanganiwe n’abakobwa bivugwa ko baicuruza.

Umwe muri bo ntiyatinye guhita amwegera amubaza niba ashaka ko yamuha serivisi, ndetse agatangira kwirata ibigwi ko uyu mwuga awufitemo uburambe. Ati “Njyewe abagabo batatu bose ndabipevera [ashaka kuvuga ko bose ashobora kuryamana na bo].”

Ni mu gihe kandi n’abaza gushaka aba bakobwa bicuruza na we yari hafi aho, na we agatangira guhamiriza abanyamakuru ko adaterwa ipfunwe no kuba yakwishora muri izi ngeso mbi.

Yagize ati “Njyewwe ngura indaya nibura eshanu mu cyumweru. Sinabirara kuko n’agakingirizo ndakagendana [ahita agakura mu mufuka akereka umunymakuru].”

 

Abahatuye barumiwe

Abatuye muri iyi santere, babwiye RADIOTV10 ko ingeso mbi n’urugomo bihagaragara bimaze gufata indi ntera, bakavuga ko byose bitizwa umurindi n’ubusinzi bukabije.

Umwe utifuje ko umworondoro we utangazwa, yagize ati “Mu masaha ya nijoro guca hano biba bigoye. Iyo bamaze gusinda bararwana bapfa abagabo hanyuma natwe tukabigenderamo.”

Undi muturage avuga ko kandi muri aka gace hari abakoresha ibiyobyabwenge, ku buryo na byo biri mu biteza ibi bibazo, bagasaba ko inzego z’umutekano zahatunga itoroshi.

Ati “Bateza umutekano mucye bakarwana, indaya abanywa urumogi, abafite ibyuma,…byose byibereye hano ku isi ya 9.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cyo muri iyi Santere kizwi ndetse ko ku bufatanye n’izindi nzego bagihagurukiye bikaba bimaze gutanga umusaruro.

Ati “Twagiye tubona ibibazo nk’ibyo byagiye bihaba by’ibyaha nk’ibyo wavugaga by’ubusinzi n’uburaya, tuhashyira imbaraga.”

Yaboneyeho guhumuriza abaturage bo muri aka gace, ko ku bufatanye bwa Polisi n’izindi nzego, ibi bibazo bigomba kuhacika burundu.

Ati “Nibahumure nta kibazo gihari, umutekano urahari tuhakora paturuyi dufatanyije n’izindi nzego, amarondo y’umwuga arakora. Ubu yaba polisi n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’inzego z’ibanze zirakora neza kandi ikibazo ubona ko kirimo gukemuka neza.”

Polisi ivuga ko mu rwego rwo guca urugomo muri aka gace, yashyizeho gahunda yo gukora umukwabu no gukorana n’inzego zitandukanye nk’inzego z’ibanze, irondo ba nyiri inzu zikodeshwa ndetse n’abafite utubari.

INKURU MU MASHUSHO

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − three =

Previous Post

Uko amahanga arimo n’Ibihugu by’ibihangane bakiriye iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas

Next Post

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Related Posts

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

IZIHERUKA

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana
MU RWANDA

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

17/09/2025
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.