Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo umwana w’umunyapolitiki yakoreye mu Nteko ubwo se yavugaga imbwirwaruhame byatumye yamamara

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibyo umwana w’umunyapolitiki yakoreye mu Nteko ubwo se yavugaga imbwirwaruhame byatumye yamamara
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka itandatu wa John Rose, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamamaye nyuma y’uko agaragaye mu mashusho umubyeyi we yamujyanye mu Ngoro y’Inteko, ari kwikora ibintu byasekeje benshi.

Ni amashusho agaragaza Senateri John Rose wo mu ishyaka ry’Aba-Republican ari gutanga imbwirwaruhame ye, inyuma ye hicaye umuhungu we yari yazanye mu Nteko.

Uyu mwana w’imyaka itandatu, aba yikora udukino dusanzwe ku bana, akamwenyura ubundi asohora ururimi areba muri camera, agaragaza ko yishimiye kwicara mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu muhungu wa Senateri John Rose, yikoraga ibi ubwo uyu mushingamategeko yari ageze ku ngingo yavugaga kuri Perezida Donald Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America, akaba yifuza kongera guhatanira uyu mwanya.

Amashusho y’uyu mwana w’Umushingamategeko, yatumye aba ikirangirire, aho benshi basekejwe n’udukino uyu mwana yikoraga areba muri camera yari iri kugaragaza se.

Muri aya mashusho, uyu mwana anyuzamo agasohora ururimi, ubundi agafata ibiganza ibye agasa nk’ushushanya mpandeshatu.

Yaba abantu basanzwe ndetse n’abanyapolitiki bagize icyo bavuga kuri aya mashusho, bagaragaje ko uyu mwana w’uyu munyapolitiki yabasekeje.

Doug Andres, Umuvuvugizi w’Umuyobozi w’Abasenateri bahagarariye Aba-Republican mu Nteko, agira icyo avuga kuri aya mashusho y’uburyo uyu mwana yakoraga ikimenyetso cya mpandeshatu, yavuze ko uyu mwana “afite icyo azi.”

Naho umuyobozi ushinzwe Itumanaho muri iri shyaka, Aaron Fritschner ubwo yasubizaga umuntu, yagize ati “wihangane natinze kugusubiza imeri, kuko nari mpugiye ku kureba aya mashusho narebye inshuro nyinshi ngenda nyasubiramo.”

John Rose na we wagize icyo avuga ku mashusho y’uyu muhungu we, aho yayashyize kuri X, agashyiraho ubutumwa agira ati “Ibi ni byo nabonanye umuhungu wanjye Guy nakunze kubwira ko agomba kujya amwenyura murumuna we igihe areba muri camera.”

Senateri John Rose n’umuhungu we batangiye no gutumirwa mu bitangazamakuru bikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Perezida Kagame yashyikirijwe impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ikomeye (AMAFOTO)

Next Post

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.