Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal burateganya kubyagura yaba mu nyubako ndetse na serivisi zihatangirwa, ku buryo mu myaka 25 iri imbere bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 600 babirwariramo bavuye ku 167.

Ni gahunda y’igihe kirere izakorwa kugeza mu mwaka wa 2050, yo kwagura ibi Bitaro ndetse na serivisi bitanga, zaba ari iz’ubuvuzi bwo kubaga ndetse n’ubundi buvuzi bwihariye.

Imwe muri serivisi ziza ku isonga mu zizagurwa, ni ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara ya Cancer, buzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho mu buvuzi rya radiotherapy.

Nanone kandi hazatangizwa ubuvuzi bwihariye mu kwita ku bagize impanuka ndetse n’izindi serivisi zo gutanga ubutabazi bwihuse.

Undi mushinga uteganywa muri ibi Bitaro, ni agashami kazaba gashinzwe kuvura indwara y’iturika ry’imitsi yo mu bwonko (Stroke), kuvura uruti rw’umugongo ndetse n’ubuvuzi bw’imitsi, ndetse hakazanagurwa serivisi z’ubuvuzi bw’indwara z’umutima, hakaba serivisi zo kubaga umutima ndetse na operasiyo zikorwa ku magufwa.

Ibi Bitaro kandi bizanatangiza uburyo bugezweho bwo kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga nk’irya Robot ndetse no kubaga hasatuwe umwanya muto cyane, ndetse n’izindi serivisi zo kubaga zigezweho zirimo izo guhindura ibice by’umubiri bizwi nka plastic surgery. Mu buvuzi bwa Cancer, hazashyirwamo ikoranabuhanga rikomeye ririmo iryo gusuzuma rizwi nka PET scan.

Umubare w’abarwayi bashobora kuvurirwa muri ibi Bitaro bahacumbikiwe, uzagera kuri 600 hatabariwemo abazaba bari kwitabwaho mu buryo bwihariye.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, nta serivisi n’imwe izagirwaho ingaruka n’iyagurwa ry’ibi bitaro na serivisi zabyo, ahubwo “Ibitaro bizakomeza gukora nk’uko bisanzwe.”

Biteganyijwe ko ibikorwa byo gutangira kubaka igice cya mbere mu buryo bwo kwagura ibi Bitaro, bizatangira muri Nyakanga uyu mwaka.

Ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, buherutse guhura bwa mbere n’Ibigo by’ubwubatsi byifuza kuzahatanira isoko ryo kwagura ibi Bitaro, bagirana inama yari igamije kubereka uyu mushinga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Next Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.