Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal burateganya kubyagura yaba mu nyubako ndetse na serivisi zihatangirwa, ku buryo mu myaka 25 iri imbere bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 600 babirwariramo bavuye ku 167.

Ni gahunda y’igihe kirere izakorwa kugeza mu mwaka wa 2050, yo kwagura ibi Bitaro ndetse na serivisi bitanga, zaba ari iz’ubuvuzi bwo kubaga ndetse n’ubundi buvuzi bwihariye.

Imwe muri serivisi ziza ku isonga mu zizagurwa, ni ishami rishinzwe ubuvuzi bw’indwara ya Cancer, buzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho mu buvuzi rya radiotherapy.

Nanone kandi hazatangizwa ubuvuzi bwihariye mu kwita ku bagize impanuka ndetse n’izindi serivisi zo gutanga ubutabazi bwihuse.

Undi mushinga uteganywa muri ibi Bitaro, ni agashami kazaba gashinzwe kuvura indwara y’iturika ry’imitsi yo mu bwonko (Stroke), kuvura uruti rw’umugongo ndetse n’ubuvuzi bw’imitsi, ndetse hakazanagurwa serivisi z’ubuvuzi bw’indwara z’umutima, hakaba serivisi zo kubaga umutima ndetse na operasiyo zikorwa ku magufwa.

Ibi Bitaro kandi bizanatangiza uburyo bugezweho bwo kubaga hakoreshejwe ikoranabuhanga nk’irya Robot ndetse no kubaga hasatuwe umwanya muto cyane, ndetse n’izindi serivisi zo kubaga zigezweho zirimo izo guhindura ibice by’umubiri bizwi nka plastic surgery. Mu buvuzi bwa Cancer, hazashyirwamo ikoranabuhanga rikomeye ririmo iryo gusuzuma rizwi nka PET scan.

Umubare w’abarwayi bashobora kuvurirwa muri ibi Bitaro bahacumbikiwe, uzagera kuri 600 hatabariwemo abazaba bari kwitabwaho mu buryo bwihariye.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, nta serivisi n’imwe izagirwaho ingaruka n’iyagurwa ry’ibi bitaro na serivisi zabyo, ahubwo “Ibitaro bizakomeza gukora nk’uko bisanzwe.”

Biteganyijwe ko ibikorwa byo gutangira kubaka igice cya mbere mu buryo bwo kwagura ibi Bitaro, bizatangira muri Nyakanga uyu mwaka.

Ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, buherutse guhura bwa mbere n’Ibigo by’ubwubatsi byifuza kuzahatanira isoko ryo kwagura ibi Bitaro, bagirana inama yari igamije kubereka uyu mushinga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Next Post

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.