Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icukumbura: Byagenze gute ngo umubiri w’uwazize Jenoside umare imyaka 5 mu Biro by’Akagari i Rusizi?

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in MU RWANDA
0
Icukumbura: Byagenze gute ngo umubiri w’uwazize Jenoside umare imyaka 5 mu Biro by’Akagari i Rusizi?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bimenyekanye ko mu biro by’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi hari umubiri uhamaze imyaka itanu, Ubuyobozi bw’Akarere buremeza ko uyu mubiri ari uw’uwazize Jenoside yakorewe abatutsi kandi ko abagize uruhare kugira ngo umare icyo gihe cyose mu Biro by’Akagari bazabiryozwa.

Amakuru yuko mu bubiko bw’Akagari ka Kizura hari umubiri byakekwaga ko waba ari uw’umuntu wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yamenyekanye ku ya 02 Mata uyu mwaka, ubwo ku biro by’Umurenge haberaga inama yo gutegura Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, Banyangiriki Alphonse avuga ko yabyongorewe na Ntakobazangira basimburanye mu kuyobora aka Kagari mu myaka hafi ibiri ishize.

Agira ati “Ni ho yambwiraga ati ‘uzi ko mu Kagari dufite umubiri twashyizemo dukeka ko ari uw’uwazize Jenoside’, ati ‘twakoranye n’inzego zitandukanye avugamo uwari Gitifu w’Umurenge Hategekimana Claver, avugamo NISS, RIB n’Akarere ngo bakora iperereza basanga atari uwazize Jenoside, uwo mubiri ntimwawushyingura?”

Banyangiriki akomeza avuga ko nyuma yo kumenya aya makuru yahise yihutira kureba mu bubiko bw’Akagari koko asanga uwo mubiri mu gafuka ariko atungurwa no gusanga n’umuzamu w’Akagari na we atari azi ko uyu mubiri uhari.

Ku bufatanye n’inzego zitandukanye hahise hatangira igikorwa cyo gushakisha amakuru ndetse bajya kongera gushakisha mu isambu uyu mubiri wari warabonetsemo muri 2020 ngo barebe ko nta bindi bice byawo ndetse ku ya 25 inzego zifatanya n’abaturage haboneka ibindi bice byawo.

Nizeyimana Felix, nyiri ubutaka bwasanzwemo uyu mubiri ubwo bongeraga ikibanza bashaka inzira z’amazi muri 2020, avuga ko batunguwe no kumva ko uyu mubiri ukibitse mu Kagari kuko nyuma yo kuwubona bari bawushyikirije uwari umuyobozi wako.

Akomeza avuga ko aho wasanzwe bahatuye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi badafite amakuru na make ko haba hari umuntu wahiciwe. Ati “ntabyo twari tuzi”

Uwitwa Bola Uzima Zakariya wafungiwe kugira uruhare muri Jenoside yaje gutanga amakuru yagize uruhare mu gutuma uyu muntu amenyekana ndetse binemezwa ko yazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bola Uzima ati “Badusanze turi mo kunywa inzoga mu ma saa kumi n’ebyiri bafite umuntu bamubohesheje cordolette (umugozi wa gisirikare) y’umweru, hanyuma bamwicaza hano ku mukingo, twe twari mu kabari nyuma batubwira ko tugomba gukinga tugataha irondo rigakora akazi. Aho menyeye iby’uyu mubiri nahise nibuka ko umuntu bari kuvuga yaba ari uwo kuko nari namwitegereje neza ndetse imyenda yari yambaye ni yo nabonye ejo turi gushakisha ibindi bice by’umubiriwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura, Banyangiriki Alphonse avuga ko haje kumenyekana ko uyu wishwe icyo gihe yari umusore wo mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18 na 20 ndetse n’ababyeyi be bakaba bakiriho.

Ati “Twasanze ari uwazize Jenoside, amazina ye ndibuka rimwe gusa Kariyopi, yari yaturutse mu bice bya Mibilizi agerageza guhungira i Burundi, ababyeyi be bariho ariko ntabwo mbibuka aka kanya. Uwaduhaye amakuru ni uwo bari bahunganye wabonye afatwa.”

Uruhande rw’Ubuyobozi bw’Ukagari ka Kizura buriho ubu, buvuga ko mu gihe cy’ihererekanyabubasha uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako witwa Ntakobazangira atigeze amenyesha mu buryo ubwo ari bwo bwose uwari uje kumusimbura ko uwo mubiri wari mu kagari.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yemeza ko uyu mubiri arI uw’uwazize jenoside yakorewe abatutsi, ku rundi ruhande akavuga ko hakiri kwegeranywa amakuru ngo uwagize uruhare mu gutuma umara iyo myaka yose mu kagari abiryozwe.

Agira ati “Turacyakurikirana ngo tumenye icyaba cyaratumye ayo makuru abikwa kugeza iki gihe, ariko nitumara kumenya abagize uruhare mu gutuma aya makuru amenyekana bitinze tuzabakurikirana haba mu rwego rw’akazi kandi hariho n’itegeko rihana umuntu wese uhishira amakuru cyangwa wangiza ibimenyetso biranga amateka ya jenoside.”

Humvikanamo ukwitana ba mwana hagati y’uwari Umunyamabanga  Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu gihe uyu mubiri wabonekaga kuko Ntakobazangira waje kwimurirwa mu Kagari ka Mpinga muri uyu Murenge avuga ko yamenyesheje Hategekimana Claver wayoboraga Umurenge wa Gikundamvura ariko hakaba hari amakuru y’uko uyu wari Gitifu w’Umurenge kugeza ubu utakiri umukozi w’Akarere ka Rusizi we yaba avuga ko ayo makuru atigeze amugeraho.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 6 =

Previous Post

Ibitero by’indege z’igisirikare cya Israel muri Gaza byahitanye benshi

Next Post

Hatangajwe ingano ya ruswa ikekwa gusabwa n’ukora mu Karere ka Gasabo watawe muri yombi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Hatangajwe ingano ya ruswa ikekwa gusabwa n’ukora mu Karere ka Gasabo watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.