Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icya Semuhanuka: DRCongo ibwiye Isi ko u Rwanda rwatumye miliyoni 6 z’Abanye-Congo bapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Imbere y’akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi, DRCongo yongeye gushinja u Rwanda kuba intandaro y’ibibazo by’umutekano mucye biri muri iki Gihugu, ivuga ko hari Abanye-Congo babarirwa muri Miliyoni 6 bapfuye kuva mu 1998 kubera ibi bibazo.

Byatangajwe na Ambasaderi Georges Nzongola-Ntalaja uhagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango w’Abibumbye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Kamena 2022.

Muri iyi nama y’akanama gashinzwe umutekano n’amahoro ku Isi, Ambasaderi Georges Nzongola-Ntalaja yagarutse ku bikorwa by’ivangura bikomeje kuvugwa muri DRC, avuga ko ubutegetsi bw’iki Gihugu butabishyigikiye ndetse ko n’imiryango itari iya Leta yahagurutse ikabyamagana.

Uyu mudipolomate wa DRC, yavuze ko nubwo amahanga akomeje kugaruka kuri ibi bikorwa by’ivangura ariko hari ibitavugwa kandi ari wo muzi w’ikibazo.

Ati “Ndatekereza iki kibazo atari cyo nyamukuru, mu Gihugu cyacu hakunze kubera ibyaha byinshi bikorwa n’u Rwanda mu myaka 26 ishize.”

Yakomeje agaragaza ingaruka z’ibyaha avuga ko byakozwe n’u Rwanda, ati “hari kompanyi y’Abanyamerika yitwa Internation Rescue Committee, bagereranyine ko kuva mu 1998 abaturage b’Abanye-congo babarirwa muri Miliyoni 6 bapfuye kubera kuba u Rwanda rwaragiye rwinjira mu Gihugu cyacu, atari mu burasirazuba gusa ahubwo no mu bindi bice kugeza no ku mupaka wa Congo-Brazzaville.”

Yavuze ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haba imfu nyinshi ariko ko batabivuga ndetse avuga ko hari ibyagaragajwe na Mapping Report ariko ko Umuryango w’Abibumbye utajya uyivugaho.

Iyi raporo izwi nka Mapping Report itaragiye ivugwaho rumwe kubera ibinyoma biyuzuyemo, igaragazaga ibyaha 617 byabaye hagati ya Nyakanga 2008 na Kamena 2009 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yose.

Iyi raporo yanamaganywe n’u Rwanda, ubwayo ukuri kwayo ni ntako kuko ubushakashatsi bwayo bwakozwe mu gihe gito cyane.

U Rwanda rwakunze kwamagana ibi birego rushinjwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ko rutigeze rujya muri iki Gihugu gutezayo ibibazo by’umutekano mucye ahubwo ko rwigeze kujyayo rugiye gucyura Abanyarwanda bari barahungiyeyo ngo bagaruke kubaka Igihugu cyabo ariko ko kuva icyo gihe rutigeze rujyayo.

Ibi byatangajwe na Georges Nzongola-Ntalaja mu gihe umubano w’u Rwanda na Repubulika wongeye kuzamo igitotsi kubera ibyo Ibihugu byombi bishinjanya.

Perezida Paul Kagame aherutse gutangaza ko ubutegetsi bwa DRC bushinja ibi birego u Rwanda kubera kunanirwa kurangiza ibibazo biri mu Gihugu cyabo bireba Abanye-Congo ubwabo.

Ambasaderi Georges Nzongola-Ntalaja, muri iyi nama ya UN Security Council, yavuze ko Igihugu cye cyahoze kifuza kubana neza n’abaturanyi ndetse ko cyo n’u Rwanda bahoze ari abavandimwe kuva batangira inzira y’ubwigenge, ariko ko “ntumva impamvu ibiri kuba byaje.”

Yavuze ko Perezida w’Igihugu cye Felix Tshisekedi kuva yagera ku butegetsi yashyize imbaraga mu gutuma Igihugu cye kibana neza n’abaturanyi byumwihariko u Rwanda kugira ngo Ibihugu byombi birusheho kubana neza no gukorana.

Ati “Ibyo byose byakozwe mu rwego rwo gutsimbataza umubano n’imikoranire n’abaturanyi bacu.”

 

Inzego zihuriweho zashyizweho kuki zititabazwa?

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Claver Gatete wagarutse ku mitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko irenga 130 irimo na FDLR yashinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko u Rwanda rwakiriye neza imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC yabaye tariki 20 Kamena 2022 irimo ko hagiye kwifashishwa imbaraga za gisirikare mu kurandura iyi mitwe.

Yavuze ko intego y’u Rwanda yo kurinda umutekano w’abasivile, bishingiye ku mateka mabi iki Gihugu cyanyujijwemo n’ubutegetsi bubi yakigejeje kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.

Yavuze ko u Rwanda rusaba ko imiryango mpuzamahanga yinjira mu bibazo bya Congo ikabihagarika kugira ngo ibyabaye mu Rwanda bitazaba no muri iki Gihugu cy’abaturanyi.

Amb. Gatete yagarutse ku birego bya DRC ku Rwanda, avuga ko ari ibinyoma kandi ko biri kugira ingaruka mbi ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda kubera imbwirwaruhame zuzuye urwango za bamwe mu bategetsi bo muri DRC.

Yavuze ko ibyo DRC ivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ari ibinyoma, ati “Ikibazo ni uko ibi birego bivugwa kandi hari inzego zisanzwe ziriho zigenzura ikirego icyo ari cyo cyose cya buri Gihugu. Dufite Expanded Joint Verification Mechanism, (EJVM) itaritabajwe ariko tukaba twumva imbwirwaruhame nk’izi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + eighteen =

Previous Post

Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo

Next Post

Hamenyekana amakuru mashya y’uburyo umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana yabigenje

Related Posts

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

by radiotv10
16/09/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ingo zigerwaho n’umuriro w’amashanyarazi zageze kuri 85% zivuye munsi ya...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

by radiotv10
16/09/2025
0

For many years, cash was the main way people in Rwanda paid for goods and services. From small shops in...

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

IZIHERUKA

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekana amakuru mashya y’uburyo umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana yabigenje

Hamenyekana amakuru mashya y’uburyo umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana yabigenje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.