Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo na bagenzi be baregwa ibyaha bifitanye isano n’inzu zubatswe zisondetse, barimo umushoramari uzwi nka Dubai, bagejejwe imbere y’Urukiko bwa mbere ariko basubizwa aho bafungiye bataburanye ku mpamvu zaturutse kuri umwe mu baregwa.

Dosiye iregwamo Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, yagarutsweho cyane, aho abayikurikiranywemo, bashinjwa ibyaha bifitanye isano na zimwe mu nzu z’umudugudu uzwi nka ‘Urukumbuzi Real Estate’ uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, zagaragaye ko zubatswe nabi.

Izi nzu zanagarutsweho na Perezida Paul Kagame nyuma yuko umwe mu baturage abigaragaje atabaza ko izi nzu zubatswe n’uriya mushoramari zatangiye kubagwaho.

Iperereza ryaje gufata abantu batanu, batabwa muri yombi, ari bo Rwamurangwa Stephen wabaye Meya wa Gasabo ndetse n’umushoramari Nsabimana Jean (Dubai), uwabaye Visi Meya wa Gasabo wari ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mberabahizi Raymond Chretien.

Hatawe muri yombi kandi uwari umuyobozi w’ishami ry’ibyemezo by’ubutaka mu Karere ka Gasabo, Nyirabihogo Jeanne d’Arc ndetse n’uwari umuyobozi w’ishami ry’imyubakire n’imiturire muri aka Karere ka Gasabo, Bizimana Jean Baptiste.

Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Gicurasi 2023, aba bantu bagejewe imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ngo baburane ku ifungwa ry’agateganyo, ariko basubizwa aho bacumbikiwe bataburanye.

Baje bari mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bambaye imyambaro isanzwe, basohokamo bambaye amapingu, bahita berecyeza mu cyumba cy’Urukiko.

Nsabimana Jean alias Dubai yahise abwira Umucamanza ko atiteguye kuburana kuko atabonye umwanya wo kwitegura dore ko yatinze ku kumenyeshwa igihe bazaburaniraho.

Uyu munyemari yasabye Urukiko ko iburanisha ryakwimurwa kugira ngo abone umwanya wo gutegura urubanza, ndetse icyifuzo cye gishimangirwa n’Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba uregwa yahabwa umwanya wo kwitegura, ari uburenganzira yemererwa n’itegeko.

Byatumye Urukiko ruhita rusubika urubaza, rurwimurira ku wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, haburanwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, aho Ubushinjacyaha bushaka kubasabira gukurikiranwa bafunze.

Aba bantu batawe muri yombi mu kwezi gushize kwa Mata 2023, bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, gikekwa kuri uriya mushoramari wubatse uriya mudugudu.

Naho abahoze ari abayobozi cyangwa abakozi ba Leta, bo bakurikiranyweho ibirimo gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite.

Ni ibyaha byombi bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri, ari na byo byatumye Ubushinjacyaha bwifuza kubasabira gukurikiranwa bafunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 11 =

Previous Post

Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

Next Post

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukansanga yongeye kwandika amateka aba mu bagore ba mbere bazasifura icy’Isi cy’Abagabo

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.