Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo na bagenzi be baregwa ibyaha bifitanye isano n’inzu zubatswe zisondetse, barimo umushoramari uzwi nka Dubai, bagejejwe imbere y’Urukiko bwa mbere ariko basubizwa aho bafungiye bataburanye ku mpamvu zaturutse kuri umwe mu baregwa.

Dosiye iregwamo Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, yagarutsweho cyane, aho abayikurikiranywemo, bashinjwa ibyaha bifitanye isano na zimwe mu nzu z’umudugudu uzwi nka ‘Urukumbuzi Real Estate’ uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, zagaragaye ko zubatswe nabi.

Izi nzu zanagarutsweho na Perezida Paul Kagame nyuma yuko umwe mu baturage abigaragaje atabaza ko izi nzu zubatswe n’uriya mushoramari zatangiye kubagwaho.

Iperereza ryaje gufata abantu batanu, batabwa muri yombi, ari bo Rwamurangwa Stephen wabaye Meya wa Gasabo ndetse n’umushoramari Nsabimana Jean (Dubai), uwabaye Visi Meya wa Gasabo wari ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mberabahizi Raymond Chretien.

Hatawe muri yombi kandi uwari umuyobozi w’ishami ry’ibyemezo by’ubutaka mu Karere ka Gasabo, Nyirabihogo Jeanne d’Arc ndetse n’uwari umuyobozi w’ishami ry’imyubakire n’imiturire muri aka Karere ka Gasabo, Bizimana Jean Baptiste.

Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Gicurasi 2023, aba bantu bagejewe imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ngo baburane ku ifungwa ry’agateganyo, ariko basubizwa aho bacumbikiwe bataburanye.

Baje bari mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bambaye imyambaro isanzwe, basohokamo bambaye amapingu, bahita berecyeza mu cyumba cy’Urukiko.

Nsabimana Jean alias Dubai yahise abwira Umucamanza ko atiteguye kuburana kuko atabonye umwanya wo kwitegura dore ko yatinze ku kumenyeshwa igihe bazaburaniraho.

Uyu munyemari yasabye Urukiko ko iburanisha ryakwimurwa kugira ngo abone umwanya wo gutegura urubanza, ndetse icyifuzo cye gishimangirwa n’Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba uregwa yahabwa umwanya wo kwitegura, ari uburenganzira yemererwa n’itegeko.

Byatumye Urukiko ruhita rusubika urubaza, rurwimurira ku wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, haburanwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, aho Ubushinjacyaha bushaka kubasabira gukurikiranwa bafunze.

Aba bantu batawe muri yombi mu kwezi gushize kwa Mata 2023, bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, gikekwa kuri uriya mushoramari wubatse uriya mudugudu.

Naho abahoze ari abayobozi cyangwa abakozi ba Leta, bo bakurikiranyweho ibirimo gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite.

Ni ibyaha byombi bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri, ari na byo byatumye Ubushinjacyaha bwifuza kubasabira gukurikiranwa bafunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + four =

Previous Post

Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

Next Post

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri
FOOTBALL

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukansanga yongeye kwandika amateka aba mu bagore ba mbere bazasifura icy’Isi cy’Abagabo

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.