Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Rwamurangwa Stephen wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo na bagenzi be baregwa ibyaha bifitanye isano n’inzu zubatswe zisondetse, barimo umushoramari uzwi nka Dubai, bagejejwe imbere y’Urukiko bwa mbere ariko basubizwa aho bafungiye bataburanye ku mpamvu zaturutse kuri umwe mu baregwa.

Dosiye iregwamo Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, yagarutsweho cyane, aho abayikurikiranywemo, bashinjwa ibyaha bifitanye isano na zimwe mu nzu z’umudugudu uzwi nka ‘Urukumbuzi Real Estate’ uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, zagaragaye ko zubatswe nabi.

Izi nzu zanagarutsweho na Perezida Paul Kagame nyuma yuko umwe mu baturage abigaragaje atabaza ko izi nzu zubatswe n’uriya mushoramari zatangiye kubagwaho.

Iperereza ryaje gufata abantu batanu, batabwa muri yombi, ari bo Rwamurangwa Stephen wabaye Meya wa Gasabo ndetse n’umushoramari Nsabimana Jean (Dubai), uwabaye Visi Meya wa Gasabo wari ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mberabahizi Raymond Chretien.

Hatawe muri yombi kandi uwari umuyobozi w’ishami ry’ibyemezo by’ubutaka mu Karere ka Gasabo, Nyirabihogo Jeanne d’Arc ndetse n’uwari umuyobozi w’ishami ry’imyubakire n’imiturire muri aka Karere ka Gasabo, Bizimana Jean Baptiste.

Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Gicurasi 2023, aba bantu bagejewe imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ngo baburane ku ifungwa ry’agateganyo, ariko basubizwa aho bacumbikiwe bataburanye.

Baje bari mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bambaye imyambaro isanzwe, basohokamo bambaye amapingu, bahita berecyeza mu cyumba cy’Urukiko.

Nsabimana Jean alias Dubai yahise abwira Umucamanza ko atiteguye kuburana kuko atabonye umwanya wo kwitegura dore ko yatinze ku kumenyeshwa igihe bazaburaniraho.

Uyu munyemari yasabye Urukiko ko iburanisha ryakwimurwa kugira ngo abone umwanya wo gutegura urubanza, ndetse icyifuzo cye gishimangirwa n’Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba uregwa yahabwa umwanya wo kwitegura, ari uburenganzira yemererwa n’itegeko.

Byatumye Urukiko ruhita rusubika urubaza, rurwimurira ku wa Kane tariki 11 Gicurasi 2023, haburanwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, aho Ubushinjacyaha bushaka kubasabira gukurikiranwa bafunze.

Aba bantu batawe muri yombi mu kwezi gushize kwa Mata 2023, bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, gikekwa kuri uriya mushoramari wubatse uriya mudugudu.

Naho abahoze ari abayobozi cyangwa abakozi ba Leta, bo bakurikiranyweho ibirimo gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite.

Ni ibyaha byombi bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri, ari na byo byatumye Ubushinjacyaha bwifuza kubasabira gukurikiranwa bafunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 9 =

Previous Post

Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

Next Post

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Related Posts

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
09/08/2025
1

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukansanga yongeye kwandika amateka aba mu bagore ba mbere bazasifura icy’Isi cy’Abagabo

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.