Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro bya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byagombaga kuba mu ntangiro z’iki cyumweru byimuriwe mu mpera zacyo ku mpamvu yo kuba Abaminisitiri bagomba kuyobora intuma zibyitabira bari bafite izindi nshingano barimo ku munsi byagombaga kuberaho.

Iyi nama yagombaga kuba kuri uyu wa Mbere tariki 09 no kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, nk’uko byari byemerejwe mu nama yo ku ya 20 na 21 Kanama, yari yahuje intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya RDC, zari ziyobowe n’Abaminisiti b’Ububanyi n’Amanisiti, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Gusa amakuru atangazwa na Guverinoma ya DRC, avuga ko iyi nama izaba mu mpera z’iki cyumweru tariki 14 Nzeri 2024, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya.

Kuri uyu wa mbere, ubwo hagombaga kuba ibiganiro bihuza intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo-Kinshasa byo ku rwego rw’Abaminisitiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda bari i Seoul muri Koreya y’Epfo, mu nama mpuzamahanga y’ubufatanye mu bya gisirikare.

Ni mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner na we yari mu nama y’Abaminisitiri muri iki Gihugu yayobowe na Perezida wacyo, Felix Tshisekedi.

Mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Mbere, Patrick Muyaya yagarutse ku biganiro bimaze iminsi bihuza Guverinoma z’Ibihugu byombi, aho yavuze ko “ndibaza ko tariki 14 Nzeri hazaterana inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izagerageza gusesengura raporo y’inzobere.”

Muri iki kiganiro cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Muyaya kandi yavuze ko hari kugeragezwa gusesengura imiterere y’ibibazo, aho impande z’Ibihugu byombi, ziri kuganira.

Patrick Muyaya agaruka kuri ibi biganiro bikomeje kuba, yagize ati “hakozwe inama z’Abaminisitiri, uyu munsi [ku wa Mbere] habaye inama y’inzobere.”

Inama zimaze iminsi ziba, zirimo n’iyahuje abahagarariye inzego z’iperereza z’Ibihugu byombi, bashyizeho umurongo w’uburyo bwo gushyira mu bikorwa imwe mu myanzuro, irimo gusenya umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ukaba waravuzweho kenshi gukorana na Guverinoma ya DRC.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yanagarutse kandi kuri iyi ngingo, aho yavuze ko hari gukorwa ibintu bibiri by’ingenzi, birimo gusenya uyu mutwe wa FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 9 =

Previous Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Next Post

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

Related Posts

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n'ibyo bagaragaramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.