Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro bya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byagombaga kuba mu ntangiro z’iki cyumweru byimuriwe mu mpera zacyo ku mpamvu yo kuba Abaminisitiri bagomba kuyobora intuma zibyitabira bari bafite izindi nshingano barimo ku munsi byagombaga kuberaho.

Iyi nama yagombaga kuba kuri uyu wa Mbere tariki 09 no kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, nk’uko byari byemerejwe mu nama yo ku ya 20 na 21 Kanama, yari yahuje intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya RDC, zari ziyobowe n’Abaminisiti b’Ububanyi n’Amanisiti, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Gusa amakuru atangazwa na Guverinoma ya DRC, avuga ko iyi nama izaba mu mpera z’iki cyumweru tariki 14 Nzeri 2024, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya.

Kuri uyu wa mbere, ubwo hagombaga kuba ibiganiro bihuza intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo-Kinshasa byo ku rwego rw’Abaminisitiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda bari i Seoul muri Koreya y’Epfo, mu nama mpuzamahanga y’ubufatanye mu bya gisirikare.

Ni mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner na we yari mu nama y’Abaminisitiri muri iki Gihugu yayobowe na Perezida wacyo, Felix Tshisekedi.

Mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Mbere, Patrick Muyaya yagarutse ku biganiro bimaze iminsi bihuza Guverinoma z’Ibihugu byombi, aho yavuze ko “ndibaza ko tariki 14 Nzeri hazaterana inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izagerageza gusesengura raporo y’inzobere.”

Muri iki kiganiro cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Muyaya kandi yavuze ko hari kugeragezwa gusesengura imiterere y’ibibazo, aho impande z’Ibihugu byombi, ziri kuganira.

Patrick Muyaya agaruka kuri ibi biganiro bikomeje kuba, yagize ati “hakozwe inama z’Abaminisitiri, uyu munsi [ku wa Mbere] habaye inama y’inzobere.”

Inama zimaze iminsi ziba, zirimo n’iyahuje abahagarariye inzego z’iperereza z’Ibihugu byombi, bashyizeho umurongo w’uburyo bwo gushyira mu bikorwa imwe mu myanzuro, irimo gusenya umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ukaba waravuzweho kenshi gukorana na Guverinoma ya DRC.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yanagarutse kandi kuri iyi ngingo, aho yavuze ko hari gukorwa ibintu bibiri by’ingenzi, birimo gusenya uyu mutwe wa FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + ten =

Previous Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Next Post

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n'ibyo bagaragaramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.