Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyinnyikazi Sherrie Silver uri mu bafite izina rikomeye ku Isi, yateze moto ubwo yari avuye mu gitaramo yasusurukijemo abantu muri BK Arena, yerecyeza ku kibuga cy’Indege, yavuze ko indege yari igiye kumusiga akabona ntakindi cyahamugeze byihuse atari ipikipiki.

Sherrie Silver ni umwe mu basusurukije abitabiriye igitaramo Move Afrika cyabereye muri BK Arena mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukuboza 2023, cyanitabiriwe na Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Sherrie Silver, yavuze ko yavuye muri iki gitaramo ahita yerecyeza ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuko yari afite urugendo ahita akora.

Ubu butumwa bunaherekejwe n’amashusho, hari aho Sherrie Silver aba ari kwiruka amasigamana n’amaguru, avuga ati “Ubu tuvuye mu gitaramo cya Kendrick duhita twerecyeza i Dubai. Gusaka birarangira mu minota cumi n’itanu.”

Sherrie Silver yakomeje agaragaza ko we n’abo bari kumwe bageze ku kibuga cy’indege bateze moto, mu rwego rwo kwirinda umuvundo w’imodoka.

Sherrie Silver wanifashe amashusho ari kuri moto, yagize ati “Mana yanjye, byabaye ngombwa ko dufata moto, kuko bitabaye ibyo, indege iradusiga.”

Gusa ngo muri iyi hutihuti, umwe mu bari kumwe na Sherrie Silver yibagiriwe igikapu cye kuri BK Arena. Yagize ati “Saddie yibagiriwe igikapu cye kuri Arena, ariko twabashije kugerera igihe ku kibuga cy’indege.”

Sherrie Silver ni umwe mu babyinnyi bakomeye ku Isi, akaba ari Umunyarwandakazi utuye mu Bwongereza, ukunze kugaragara mu bikorwa by’imyidagaduro bikomeye mu Rwanda birimo iki cya Move Afrika ndetse n’iserukiramuco rya Giants of Africa ryabaye muri Nyakanga uyu mwaka, aho yanabonanye na Perezida Paul Kagame.

Sherrie Silver asanzwe ari umubyinnyikazi ufite izina rikomeye
Yanakorwe ikibumbano mu Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − one =

Previous Post

Hatahuwe uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge zirimo iz’amayobera rwafatiwemo litiro 23.000

Next Post

Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.