Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyinnyikazi Sherrie Silver uri mu bafite izina rikomeye ku Isi, yateze moto ubwo yari avuye mu gitaramo yasusurukijemo abantu muri BK Arena, yerecyeza ku kibuga cy’Indege, yavuze ko indege yari igiye kumusiga akabona ntakindi cyahamugeze byihuse atari ipikipiki.

Sherrie Silver ni umwe mu basusurukije abitabiriye igitaramo Move Afrika cyabereye muri BK Arena mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukuboza 2023, cyanitabiriwe na Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Sherrie Silver, yavuze ko yavuye muri iki gitaramo ahita yerecyeza ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuko yari afite urugendo ahita akora.

Ubu butumwa bunaherekejwe n’amashusho, hari aho Sherrie Silver aba ari kwiruka amasigamana n’amaguru, avuga ati “Ubu tuvuye mu gitaramo cya Kendrick duhita twerecyeza i Dubai. Gusaka birarangira mu minota cumi n’itanu.”

Sherrie Silver yakomeje agaragaza ko we n’abo bari kumwe bageze ku kibuga cy’indege bateze moto, mu rwego rwo kwirinda umuvundo w’imodoka.

Sherrie Silver wanifashe amashusho ari kuri moto, yagize ati “Mana yanjye, byabaye ngombwa ko dufata moto, kuko bitabaye ibyo, indege iradusiga.”

Gusa ngo muri iyi hutihuti, umwe mu bari kumwe na Sherrie Silver yibagiriwe igikapu cye kuri BK Arena. Yagize ati “Saddie yibagiriwe igikapu cye kuri Arena, ariko twabashije kugerera igihe ku kibuga cy’indege.”

Sherrie Silver ni umwe mu babyinnyi bakomeye ku Isi, akaba ari Umunyarwandakazi utuye mu Bwongereza, ukunze kugaragara mu bikorwa by’imyidagaduro bikomeye mu Rwanda birimo iki cya Move Afrika ndetse n’iserukiramuco rya Giants of Africa ryabaye muri Nyakanga uyu mwaka, aho yanabonanye na Perezida Paul Kagame.

Sherrie Silver asanzwe ari umubyinnyikazi ufite izina rikomeye
Yanakorwe ikibumbano mu Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Hatahuwe uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge zirimo iz’amayobera rwafatiwemo litiro 23.000

Next Post

Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Umupolisikazi muri Polisi y’u Rwanda yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.