Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in SIPORO
0
Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Mugisha Moïse uri mu bakinnyi ba Team Rwanda iri mu irushanwa rya Tour du Rwanda, yasobanuye icyatumye ajya kuramutsa umuryango we [umugore we n’abana babo b’impanga] ubwo bari mu muhanda basiganwa, ariko ntibivugweho rimwe rimwe n’abamugaye bavuga ko atari kubikora.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare ubwo iri siganwa rya Tour du Rwanda rikunzwe n’abatari bacye, berecyezaga i Rubavu bavuye i Musanze.

Ni inzira zituyemo benshi mu bo mu miryango ya bamwe mu bakinnyi b’umukino w’amagare mu Rwanda, barimo na Mugisha Moïse uri mu bagize Ikipe y’Igihugu.

Mugisha Moïse ubwo yari muri iri siganwa ari kumwe na bagenzi be, ubwo bageraga ahazwi nk’i Busogo mu Karere ka Musanze, yabonye umuryango we, umugore we n’abana babo b’impanga bari mu kivunge cy’abaturage bari baje gushyigikira abakinnyi b’Abanyarwanda, na we afata feri abanza kubaramutsa.

Ni ibintu byashimwe na bamwe, ariko hari n’ababigaye, bavuga ko Mugisha Moïse atari kubikora, kuko yari ari mu isiganwa, yagombaga gukomeza guhatana, kugira ngo ageshe ishema Igihugu cye.

Mugisha Moïse we yavuze ko ntakibazo na gito byarimo kuko n’ubundi bitari kubangamira inshingano z’akazi yagombaga gukora muri iri siganwa.

Yavuze ko kujya gusuhuza umuryango we, ari urukundo asanzwe awufitiye dore ko kuri we ngo unaza imbere ya byose, ku buryo ntacyari kumubuza kuwusuhuza ubwo yawubonaga.

Yagize ati “Umuryango uza mbere kandi ntekereza ko umukino w’amagare ari ukwishimisha.”

Mugisha Moïse avuga ko guhagarara akanya gato, bitari kubangamira intego yari yihaye muri iri siganwa. Ati “Ndi umukinnyi w’umunyamwuga, ntabwo mwagahangayikishijwe n’uko nahagaze kuko nari nzi ko nakongera nkihuta ngafata igikundi.”

Ni mu gihe hari n’ababishimye, bavuze ko n’ubusanzwe Siporo igomba kugaragaramo ibihe byiza no gusabana n’abaturage, kandi ko iki kiri mu dushya tuzakomeza kwibukwa muri iri siganwa.

Mugisha yabanje kuramutsa umuryango we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + seven =

Previous Post

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Next Post

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Related Posts

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

by radiotv10
22/05/2026
0

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze...

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.