Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
2
Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Eric Semuhungu usanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba anafungiyeyo, hamenyekanye icyatumye afungwa.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, gitangaza ko uyu musore ukomoka mu Rwanda akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu.

Iki cyaha yari amaze igihe akoze, yafatiwe mu majyaruguru ya Las Vegas aho yari asanzwe atuye kugira ngo ajye kuburana kuri icyo cyaha.

Amwe mu makuru akomeje gukwirakwira hirya no hino, ni Eric Semuhungu wamaze gukatirwa, hariho urujijo rw’aho azafungirwa dore ko ari Umunyarwanda ariko akaba yarinjiye muri America akoresheje ibyangombwa byo muri Afurika y’Epfo.

Si ku nshuro ya mbere uyu musore afunzwe, kuko ni muri Werurwe 2020 yari yafunzwe azira amashusho y’urukozasoni yashyize ku mbuga nkoranyambaga ari gusambana n’undi mugabo, icyaha yakoze muri 2018 akaregwa muri 2019.

Icyo gihe Semuhungu wireguraga avuga ko icyo cyaha bagikoze basinze,

yashinjwe ibyaha bibiri nkuko Polisi ya Las Vegas yanditse muri Raporo yo kumuta muri yombi, bamushinje icyo gusambanya ku gahato no gukwirakwiza mu buryo butemewe.

Polisi ya Las Vegas muri Raporo yanditse iti “Uwahohotewe yavuze ko amafoto na videwo byashyizwe ahagaragara binyuze kuri WhatsApp ku bantu batamenyekanye.”

Icyaha uyu Munyarwanda Semuhugu Eric yakoze, gishobora gutuma yamburwa ubwenegihugu bwa Leta Zunze z’Amerika, ku buryo ashobora koherezwa iwabo.

Eric Semuhungu yavukiye mu Murenge wa Kimisagara mu mujyi wa Kigali, yabaye mu bihugu bitandukanye nka Uganda na Afurika y’Epfo ari naho yahuriye n’uwahoze ari umugabo we, Ryan Hargrave bakundanye bakemeranya kubana nk’umugore n’umugabo waje kwitaba Imana.

Ubwo yashyingiranwaga n’umugabo mugenzi we

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Kelly says:
    2 years ago

    Ngo bamukatiye imyaka ingahe?

    Reply
  2. Rick says:
    2 years ago

    It is a pity

    Reply

Leave a Reply to Rick Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 2 =

Previous Post

Afghanistan: Hari icyatangiye gukorwa nyuma y’icyemezo cyababaje abagore

Next Post

Uruganda rutunganya amata y’icyanga gihebuje rwahishuye ibanga ryayo ritazwi na benshi

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruganda rutunganya amata y’icyanga gihebuje rwahishuye ibanga ryayo ritazwi na benshi

Uruganda rutunganya amata y’icyanga gihebuje rwahishuye ibanga ryayo ritazwi na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.