Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afghanistan: Hari icyatangiye gukorwa nyuma y’icyemezo cyababaje abagore

radiotv10by radiotv10
26/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Afghanistan: Hari icyatangiye gukorwa nyuma y’icyemezo cyababaje abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Abatanga serivisi z’inzu zita ku bwiza bw’abari n’abategarugori muri Afghanistan, batangiye gufunga imiryango bashyira mu bikorwa itegeko riherutse gufatwa n’Abatalibani risaba izi nzu gufunga burundu.

Ni icyemezo cyakiriwe nabi n’abatangaga izo serivise biganjemo abagore bavuga ko ari umugambi w’Abatalibani wo gukomeza gukandamiza abagore ndetse babasubiza inyuma.

Uretse guhagarika ibyo bikorwa, muri Afghanistan abagore ntibemerewe gutwara ibinyabiziga, kujya mu mashuri yisumbuye na za kaminuza, ntibemerewe kandi kugera ku bibuga bikinirirwaho imikino itandukanye cyangwa ahandi ho kwidagadurira, inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri zizwi nka gym ndetse n’ibindi.

Si ibyo gusa, kuko kuva mu kwezi kwa Kanama 2021 ubwo Abatalibani bageraga i Kabul bongeye gutegeka abagore n’abakobwa kwitwikira umubiri wose mu gihe bari mu ruhame.

Angela Alizadeh, umwe wakoraga ibyo gutunga ubwiza bw’abagore yagarutse kuri ibi bibazo bikandamiza abagore.

Yagize ati “Nta burezi nta kaminuza, n’amashuli yarafunzwe. Ibintu byose byarahagaritswe. Ubu byanyobeye ndibaza aho najya cyangwa icyo nakora. Ubu nihe nakura icyo gutungisha umuryano wanjye.”

Umutwe w’Abatalibani uvuga ko ngo guhagarika izo nzu z’ubwiza bw’abagore, ari uburyo bwo kurengera imiryango ikennye itabashaga kuyajyamo ariko kandi ngo abenshi mu bakora ibyo ntibahuza n’amahame ya Islam nkuko byatangajwe na Minisiteri ifite mu nshingano kubungabunga umuco.

Mu bihe bitandukanye kandi ikibazo cy’uburenganzira bw’abakobwa n’abagore cyakunze kuvugwaho, icyakora n’ubu ntikirabonerwa umuti cyane aho muri Afghanistan.

Mu nama mpuzamahanga yita ku iterambere ry’abagore Women deliver 2023 iherutse kubera i Kigali mu Rwanda, iki kibazo cyongeye kugarukwaho na Sabana Basiji Bashikh washinze ishuli ry’abakobwa bo muri Afghanistan SOLA, agaruka ku bibazo bikomeye mu Gihugu cye bibangamira abari n’abategarugori

Yagize ati “Ikibazo cy’imbere mu Gihugu ni uko Afghanistan ari cyo Gihugu cyonyine kuri uyu Mubumbe aho bibujijwe n’amategeko ko umwana w’umukubwa yakwiga amashuri yisumbuye.

Birababaje kandi biteye isoni kuba ndi kuvuga ibintu nk’ibyo. Bikwiriye kwitabwaho ndetse Isi yose ikabimenya ko Afghanistan nk’Igihugu usanga umwana w’umukobwa abujijwe kuba yabona bimwe mu bintu by’ibanze ku burenganzira bwa muntu.”

Abatalibani basubiranye ubutegetsi mu 2021, icyo gihe bavugaga ko nta mahame asubiza ahasi abakobwa azagarukaho, icyakora bidateye kabiri bagenda bakaza ingamba nubwo n’uyu munsi imiryango mpuzamahanga itandukanye ntacyo ibikoraho.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =

Previous Post

Impamvu Perezida Kagame na Ruto bashobora kutajyana n’abandi ba Afurika mu Gihugu cy’igihangange

Next Post

Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

Icyatumye Umunyarwanda uzwi ku mbuga nkoranyambaga afungirwa muri America cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.