Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022 umukobwa umwe muri 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, yasezeye ahita anava mu mwiherero. Impamvu yatumye asezera yamenyekanye.

Abategura irushanwa rya Miss Rwanda, bari batangaje ko Nkusi Lynda yanditse ibaruwa asezera muri iri rushanwa ku mpamvu ze bwite zijyanye n’umuryango we.

Nyuma y’isezera ry’uyu mukobwa, habanje gucicikana amakuru menshi, bamwe bibaza icyatumye uyu mukobwa asezera mu irushanwa ryifuzwa kwitabirwa na benshi ariko bakabura amahirwe.

Amakuru yaje kumenyekana, ni uko hari irindi rushanwa yiyandikishijemo muri Kenya kandi akaba yaratoranyijwe mu bagomba kuryitabira.

Uzi ibijyanye n’iri rushanwa, yavuze ko Nkusi Lynda agomba kujya muri Kenya mu cyumweru gitaha guhatana muri iri rushanwa mu gihe abategura Miss Rwanda bari baranze kumuha uruhusa.

Uyu uzi aya makuru, avuga ko abo mu muryango w’uyu mukobwa bari bafite impungenge ko ashobora kutazegukana Miss Rwanda kandi akaba atanagerageje amahirwe yo kujya guhatana muri Kenya.

Amakuru avuga ko abo mu muryango wa Lynda babiganiriyeho, bakemeza ko agomba kwitabira iri rushanwa ryo muri Kenya, bakamusaba gusezera muri Miss Rwanda kuko yimwe uruhushya rwo kujya kugerageza muri Kenya.

 

No kumenya amakuru y’irushanwa ryo muri Kenya byaragoranye

Nkusi Lynda wari wagiye mu mwiherero azi neza ko hari irushanwa yiyandikishijemo muri Kenya, kimwe n’abandi bakobwa bari mu mwiherero, ntiyabashaga kuboneka kuri telephone buri gihe.

Ibi byatumye abategura irushanwa yiyandikishijemo muri Kenya, bamuhamagara ngo bamumenyesha ko yatoranyijwe mu bazahatana ariko bakamubura kuri telefone.

Gusa ngo umwe mu bo mu muryango we yarebye mu butumwa bwa E-mail ye, abona ubumumenyesha ko yabonye amahirwe yo gukomeza mu irushanwa ryo muri Kenya.

Uyu wo mu muryango Lynda yagerageje gushaka uburyo yabimumenyesha ariko abategura irushanwa rya Miss Rwanda bakomeza kumubera ibamba ari na byo byatumye bashyira imbaraga mu kumufasha kuba yajya kwitabira iri rushanwa ryo muri Kenya.

Nkusi Lynda yari yagize amahirwe yo kujya mu mwiherero yifuzwaga na benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 1 =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri Gatabazi aganira n’umubyeyi amubwira uburyo abagore ari abo kubahwa

Next Post

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.