Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyatumye umwe mu bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda asezera cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022 umukobwa umwe muri 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, yasezeye ahita anava mu mwiherero. Impamvu yatumye asezera yamenyekanye.

Abategura irushanwa rya Miss Rwanda, bari batangaje ko Nkusi Lynda yanditse ibaruwa asezera muri iri rushanwa ku mpamvu ze bwite zijyanye n’umuryango we.

Nyuma y’isezera ry’uyu mukobwa, habanje gucicikana amakuru menshi, bamwe bibaza icyatumye uyu mukobwa asezera mu irushanwa ryifuzwa kwitabirwa na benshi ariko bakabura amahirwe.

Amakuru yaje kumenyekana, ni uko hari irindi rushanwa yiyandikishijemo muri Kenya kandi akaba yaratoranyijwe mu bagomba kuryitabira.

Uzi ibijyanye n’iri rushanwa, yavuze ko Nkusi Lynda agomba kujya muri Kenya mu cyumweru gitaha guhatana muri iri rushanwa mu gihe abategura Miss Rwanda bari baranze kumuha uruhusa.

Uyu uzi aya makuru, avuga ko abo mu muryango w’uyu mukobwa bari bafite impungenge ko ashobora kutazegukana Miss Rwanda kandi akaba atanagerageje amahirwe yo kujya guhatana muri Kenya.

Amakuru avuga ko abo mu muryango wa Lynda babiganiriyeho, bakemeza ko agomba kwitabira iri rushanwa ryo muri Kenya, bakamusaba gusezera muri Miss Rwanda kuko yimwe uruhushya rwo kujya kugerageza muri Kenya.

 

No kumenya amakuru y’irushanwa ryo muri Kenya byaragoranye

Nkusi Lynda wari wagiye mu mwiherero azi neza ko hari irushanwa yiyandikishijemo muri Kenya, kimwe n’abandi bakobwa bari mu mwiherero, ntiyabashaga kuboneka kuri telephone buri gihe.

Ibi byatumye abategura irushanwa yiyandikishijemo muri Kenya, bamuhamagara ngo bamumenyesha ko yatoranyijwe mu bazahatana ariko bakamubura kuri telefone.

Gusa ngo umwe mu bo mu muryango we yarebye mu butumwa bwa E-mail ye, abona ubumumenyesha ko yabonye amahirwe yo gukomeza mu irushanwa ryo muri Kenya.

Uyu wo mu muryango Lynda yagerageje gushaka uburyo yabimumenyesha ariko abategura irushanwa rya Miss Rwanda bakomeza kumubera ibamba ari na byo byatumye bashyira imbaraga mu kumufasha kuba yajya kwitabira iri rushanwa ryo muri Kenya.

Nkusi Lynda yari yagize amahirwe yo kujya mu mwiherero yifuzwaga na benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri Gatabazi aganira n’umubyeyi amubwira uburyo abagore ari abo kubahwa

Next Post

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Museveni acyumva ko Muhoozi yasezeye mu Gisirikare yahise amuhamagara amusaba ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.