Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho y’ibiterasoni byakorewe mu Kabari mu Mujyi wa Kigali, wari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma yo kubisabirwa n’Ubushinjacyaha.

Mu ntangiro z’uku kwezi, havuzwe inkuru y’umugabo wagaragaye mu mashusho bikekwa ko yariho asambanira mu kabari kamwe gaherereye mu Kagari Kagari ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yuko aya mashusho agiye hanze ndetse akanagarukwaho na benshi, uyu mugabo wari usanzwe ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, yatawe muri yombi na RIB tariki 06 Mata 2023 aho yari acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Muhima.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakoze dosiye y’ikirego cy’uyu mugabo ushinjwa icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, giteganywa n’ingingo y’143 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, bunayishyikiriza Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Nyarugenge, bwagejeje uyu mugabo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, bumusabira gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Umucamanza impamvu bushingiraho busabira uyu mugabo gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo, bwagarutse ku mashusho yasakaye, agaragaza ko ibyakozwe n’uyu mugabo mu ruhame bidakwiye mu muco nyarwanda.

Bwabwiye Urukiko ko hagendewe kuri ariya mashusho ndetse n’ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze, bigaragaza ko uregwa yakoze iki cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, busaba ko yakurikiranwa afunze.

Icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyasomwe umusibo ejo hashize, tariki 25 Mata 2023, kivuga ko nkuko byasabwe n’Ubushinjacyaha, hari impamvu zikomeye zituma uregwa akekwa ko yakoze icyaha akekwaho, bityo ko akwiye gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fyu says:
    2 years ago

    Syy

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Next Post

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.