Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe

radiotv10by radiotv10
04/01/2022
in MU RWANDA
0
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani (8) bari bahawe iminsi irindwi (7) bakaba batakiri ku butaka bwa Niger, bongerewe iminsi 30 yo kuba bari muri iki Gihugu kugira ngo ikibazo cyabo kibanze gifatirwe umwanzuro.

Aba Banyarwanda umunani barimo abahoze bafite imyaka ikomeye mu Butegetsi bwa Habyarimana Juvenal bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba bantu basanzwe bazwi mu bagize uruhare muri Jenoside barimo Protais Zigiranyirazo, François-Xavier Nzuwonemeye, Alphonse Nteziryayo, Tharcisse Muvunyi, André Ntagerura, Anatole Nsengiyumva, Prosper Mugiraneza na Innocent Sagahutu.

Guverinoma ya Niger yari yahaye aba Banyarwanda iminsi irindwi bakaba bavuye muri iki Gihugu nyuma y’uko bari bahari binyuranyije n’itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Ubutumwa bw’ikoranabuhanga (E-Mail) bwa Horejah Bala-Gaye, Umujyanama w’Umwanditsi w’Urugero IRMCT rwasigariyeho zimwe mu nkiko mpuzamahanga zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda, yandikiye abunganira aba Banyarwanda batanze ikirego muri Niger nyuma y’uko birukanywe.

Muri ubu butumwa, Horejah Bala-Gaye yamenyesheje ko Guverinoma ya Niger yabaye ihagaritse icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda mu gihe cy’iminsi 30 kugira ngo ikibazo gihari gifatirwe umwanzuro.

Muri ubu butumwa, Mme Bala-Gaye hari aho yagize ati “Ku bw’ibyo rero, bashobora gukomeza kuba muri Niger mu gihe cy’iminsi 30 mu gihe uru rwego n’Umuryango w’Abibumbye bashaka umuti w’ikibazo.”

Hamadou Kadidiatou wunganira aba Banyarwanda yatangaje ko bagiye no kwiyambaza Minisitiri w’intebe wa Niger bakamumenyesha uko boherejweyo

Uyu munyamategeko kandi avuga ko urwego rw’Ubutegetsi rw’Ikirenga muri Niger rwahagaritse kiriya cyemezo.

Mu cyumweru gishize tariki ya 31 Ukuboza 2021, umucamanza wo muri IRMCT, Joseph E. Chiondo Masanche yategetse Niger kureka kwirukana abo Banyarwanda ndetse anasaba iki Gihugu kubemerera bakahatura.

U Rwanda rwari ruherutse gusaba ibisobanuro Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) ku bijyanye n’iyoherezwa ry’aba Banyarwanda.

Mu ijambo yagejeje ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano i New York, Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri UN, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yamenye amakuru y’iyoherezwa ry’aba bantu.

U Rwanda kandi rwatangaje ko aba Banyarwanda nibabyifuza bazajya kuba mu Gihugu cyabo mu gihe bo baherutse gutangariza BBC ko badashaka gusubira mu Gihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − one =

Previous Post

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Next Post

Kwa Mico The Best bamaze amezi 3 bakoze ubukwe babyaye imfura yabo

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwa Mico The Best bamaze amezi 3 bakoze ubukwe babyaye imfura yabo

Kwa Mico The Best bamaze amezi 3 bakoze ubukwe babyaye imfura yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.