Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyifuzo Tshisekedi aherutse gutangaza cyatangiye kugerwa amajanja

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri iki Gihugu, batangiye kwamagana umushinga uherutse gutangazwa na Perezida Felix Tshisekedi wo gushaka kuvurura Itegeko Nshinga, bavuga ko bakurikije uko Igihugu gihagaze atari igihe cyabyo.

Ni nyuma yuko tariki 23 Ukwakira 2024, Perezida Felix Tshisekedi, atangiye igitegerezo cye i Kisangani, avuga ko umwaka utaha hazashyirwaho Komisiyo y’inzobere zo mu nzego zose, zigatanga ibitekerezo by’Itegeko Nshinga rijyanye n’Igihe Igihugu kirimo.

Perezida Tshisekedi yavuze ko guhindura iri Tegeko Nshinga, bigamije “kurijyanisha n’ukuri kw’Abanyekongo, kandi rikaba ribereye Abanyekongo.” Aho yavugaga ko Itegeko Nshinga iki Gihugu cye kigenderaho risa n’iryateguriwe abanyamahanga.

Umuryango uzwi nka La Nouvelle Société Civile Congolaise (NSCC), wavuze ko iki gitekerezo cya Perezida Tshisekedi cyidakwiye muri iki gihe.

Umuhuzabikorwa wa NSCC, Jonas Tshiomblea yavuze ko Igihugu cyabo kiri mu bihe bidasanzwe byashyizweho kubera ibibazo by’umutekano [hashyizweho ibizwi nka état de siège] bitemerera kuba Igihugu cyahindura cyangwa ngo kivugurure Itegeko risumba ayandi mu Gihugu.

Uyu mushinga wa Felix Tshisekedi kandi wanamaganywe n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki itavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Tshisekedi, rizwi nka Lamuka riyobowe n’Umunyapolitiki Martin Fayulu wagiye ahangana na Tshisekedi mu matora yombi y’Umukuru w’Igihugu aheruka.

Umuvugizi w’iri Huriro ry’imitwe ya Politiki itavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Congo, Prince Epenge yavuze ko Itegeko Nshinga iki Gihugu kigenderaho ubu, ryagize uruhare mu gushimangira ubumwe bw’Abanyekongo.

Yagize ati “Nk’uko abaturage bamaganye aya mavugurura yari yatangajwe n’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, n’ubundi bazabikora ku butegetsi bwa Felix Tshisekedi.”

Perezida Tshisekedi yatangaje uyu mushinga mu gihe Igihugu cye kimaze igihe mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa M23, ndetse n’ibibazo uruhuri bivugwa muri Politiki y’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + thirteen =

Previous Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Next Post

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.