Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyifuzo Tshisekedi aherutse gutangaza cyatangiye kugerwa amajanja

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri iki Gihugu, batangiye kwamagana umushinga uherutse gutangazwa na Perezida Felix Tshisekedi wo gushaka kuvurura Itegeko Nshinga, bavuga ko bakurikije uko Igihugu gihagaze atari igihe cyabyo.

Ni nyuma yuko tariki 23 Ukwakira 2024, Perezida Felix Tshisekedi, atangiye igitegerezo cye i Kisangani, avuga ko umwaka utaha hazashyirwaho Komisiyo y’inzobere zo mu nzego zose, zigatanga ibitekerezo by’Itegeko Nshinga rijyanye n’Igihe Igihugu kirimo.

Perezida Tshisekedi yavuze ko guhindura iri Tegeko Nshinga, bigamije “kurijyanisha n’ukuri kw’Abanyekongo, kandi rikaba ribereye Abanyekongo.” Aho yavugaga ko Itegeko Nshinga iki Gihugu cye kigenderaho risa n’iryateguriwe abanyamahanga.

Umuryango uzwi nka La Nouvelle Société Civile Congolaise (NSCC), wavuze ko iki gitekerezo cya Perezida Tshisekedi cyidakwiye muri iki gihe.

Umuhuzabikorwa wa NSCC, Jonas Tshiomblea yavuze ko Igihugu cyabo kiri mu bihe bidasanzwe byashyizweho kubera ibibazo by’umutekano [hashyizweho ibizwi nka état de siège] bitemerera kuba Igihugu cyahindura cyangwa ngo kivugurure Itegeko risumba ayandi mu Gihugu.

Uyu mushinga wa Felix Tshisekedi kandi wanamaganywe n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki itavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Tshisekedi, rizwi nka Lamuka riyobowe n’Umunyapolitiki Martin Fayulu wagiye ahangana na Tshisekedi mu matora yombi y’Umukuru w’Igihugu aheruka.

Umuvugizi w’iri Huriro ry’imitwe ya Politiki itavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Congo, Prince Epenge yavuze ko Itegeko Nshinga iki Gihugu kigenderaho ubu, ryagize uruhare mu gushimangira ubumwe bw’Abanyekongo.

Yagize ati “Nk’uko abaturage bamaganye aya mavugurura yari yatangajwe n’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, n’ubundi bazabikora ku butegetsi bwa Felix Tshisekedi.”

Perezida Tshisekedi yatangaje uyu mushinga mu gihe Igihugu cye kimaze igihe mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa M23, ndetse n’ibibazo uruhuri bivugwa muri Politiki y’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + five =

Previous Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Next Post

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.