• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film Dwayne Johnson wamamaye nka The Rock, yazamuye impaka ku isura nshya ye, agaragara yaratakaje ibilo mu buryo budasanzwe, aho we yasobanuye icyabimuteye.

Amashusho yatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, agaragaza The Rock mu isura nshya, yabaye inkuru yo kuganirwaho mu buryo budasanzwe, aho uyu mugabo usanzwe azwi ko ari umunyabigango bishyitse, yagaragaye yarananutse bidasanzwe.

Ni amashusho yafashwe ubwo The Rock yari yitabiriye iserukiramuco rizwi nka Venice Film Festival, aho bamwe bavuga ko ashobora kuba yaratakaje nka pounds 60 cyangwa ibilo 27.

Uku kugaragara yaratakaje ibilo, byazamuye impaka ku mbuga nkoramnyambaga, aho abafana b’uyu mugabo bamwe bavugaga ko ari bwo agaragara neza, abandi bakavuga ko yaba afite ikibazo.

Umwe yagize ati “The Rock yabaye nka Pebble (akabuye gaconze).” Undi na we ati “Ndabona ari bwo agaragara neza.”

Undi na we yanditse ati “Yarashaje none ntakibasha guhangana n’uburyo bwo gukomeza kugira ibigango.”

Undi na we yagize ati “Yabikoreye gukina filimi, ndakeka. Ariko nanone ni ngombwa ku buzima bwe kugira ngo azarusheho kuramba.”

The Rock we yavuze ko iyi sura ye nshya, yayigize kubera filimi ye nshya yitwa ‘The Smashing Machine’ ariko ko kugira ngo abigereho bitamworoheye.

Aganira n’umunyamakuru wa Hollywood, Dwayne Johnson AKA The Rock, yagize ati “Uku gutakaza ibilo, ni ikintu nari nyoteye. Nagize amahirwe yo kubasha kugendera mu nzira y’umwuga nakoze mu myaka yatambutse no gukora filimi nagiye nkinamo, ariko iteka hari ijwi ryahoraga muri njye, rimbwira ngo ‘kuki ntakora ibirenze’ ndashaka gukora ibindi ariko se bizaba bimeze bite?”

The Rock wanigeze gukina imikino y’iteramakofi y’abafite ibilo bishyitse, avuga ko umwanya yagombaga gukina muri iyi filimi ye nshya, wamusabaga kugira ukundi agaragara akiri muto ku buryo imyaka ye igaragara nk’iri imbere ho 13 cyangwa 14.

Yavuze ko yicaye imbere y’ikirori akamara amasaha ari hagati y’atatu n’ane yireba, akiyemeza kugabanya ibilo kugira ngo iyo filimi azayigaragaremo uko yifuza.

The Rock yagaragaye mu isura nshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 15 =

Previous Post

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Next Post

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.