• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihigu, ubu akaba ari Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari Abarwanyi, yavuze ko hambere yacongaga ruhago akanakina Volleyball, nyuma yuko hari ugaragaje ifoto ari mu bagize ikipe.

Gatabazi wanabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yatangaje ibi ubwo umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, ashyizeho ifoto igaragaramo uyu munyapolitiki, nk’umwe mu bari bagize ikipe.

Mu butumwa buherekeje iyi foto, uyu ukoresha Konti yitwa Eric George Hare (Africa Media & Unity) yavuze ko abari muri iyi foto, ari abari bagize Inama y’Igihugu y’Urubyiruko muri Busogo hagati ya 1998-2002, aho iyi foto yafashwe mu 1999.

Yakomeje avuga ko abari muri iyi foto, ari “bamwe mu bari mu mahugurwa yamaze ukwezi y’abagera ku bantu 250 hagitangizwa inzego  z’urubyiruko mu Gihugu.” Ati “Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney ari muri abo.”

Gatabazi (Uwa kabiri uhereye iburyo mu b’imbere)

Hon. Gatabazi agira icyo avuga kuri iyi foto, yavuze ko iyi foto yafashwe mu myaka 27 ishize. Ati “Imyaka ni imitindi. Naho foot (Umupira w’amaguru) na Volleyball twarabiconze.”

Gatabazi wanabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, ni umwe mu banyapolitiki bafite amazina azwi mu Rwanda, wanabaye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2022, Gatabazi yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu bitewe n’amakosa arimo ayo gukoresha mu nyungu ze bwite imyanya yari arimo agashyira igitutu ku bandi.

Muri Nyakanga 2025, nyuma y’igihe atagaragara mu nzego za Leta, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney yongeye kugirirwa icyizere, agirwa Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (RDRC: Rwanda Demobilisation and Reintegration Commission).

Gatabazi Jean Marie Vianney

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Next Post

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.