Monday, March 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

KNC yavuze ko agiye guhita atwika ishati yaguze muri Moshions

Share on FacebookShare on Twitter

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura ku kibuga, arasaba abakunzi b’umupira w’amaguru gutuza bagategereza ubutabera buzahabwa iyi kipe.

Ni nyuma yuko iyi kipe ya Gasogi United itewe mpaga na Rayon Sports mu mukino wari kuzihuza mu ijoro ryacyeye kuri Sitade Amahoro, ariko iyi kipe ikabura.

Uretse guterwa mpaga y’ibitego 3-0, iyi kipe kandi yanaciwe amande ya miliyoni 2 Frw azatangwa mbere yuko ikina umukino igomba gukurikizaho.

Perezida wa Gasogi United, n’ubundi mbere y’uyu mukino, yari yagaragaje ko iyi kipe itawitabira kuko kwimurwa kwayo batabimenyesherejwe ku gihe ndetse ko uburyo byakozwe bidakurikije amategeko n’inzira zinyuze mu mucyo.

Mu butumwa kandi yatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe, KNC yavuze ko ategereje ko ikipe ye izahabwa ubutabera.

Yagize ati “Mwaramutse bakunzi b’umupira w’amaguru, ndasaba ko dutuza amategeko akazatanga ubutababera.”

Uyu mukino warangiye habayemo guterwa mpaga, mbere byari biteganyijwe ko wagombaga kubera kuri Kigali Pelé Stadium Saa cyenda (15:00′) uza kwimurirwa kuri Sitade Amahoro ku isaha ya saa yine z’ijoro (Saa 22:00′).

Ubwo ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru nyuma ya mpaga yatewe Gasogi, Umuyobozi w’uru rwego, Jule Karangwa yavuze ko impinduka zabaye kuri uyu mukino zamenyeshejwe iriya kipe kandi ko byakozwe mu nzira zemewe bikanakorerwa ku gihe.

Yagize ati Ati “Si bwo bwa mbere duhinduye umukino kugira ngo tubihuze n’imikino ya CAF Champions League, yakirwa na Al Hilal SC. Ikibabaje ni uko ari bo byahereyeho ku mukino Gasogi United yakiriyemo Kiyovu Sports. Ikintu cyabaye aka kanya ni cyo ntabasha kumva. Wenda azakibabwira [Perezida wa Gasogi United, KNC], kizamenyekana. Iyo aba ari kumbwira ko twabandikiye ku butumwa bugufi cyangwa WhatsApp, nari kuba ndi kugongana n’amategeko.”

KNC we akomeje guhakana ko iyi kipe itigeze imenyeshwa binyuze mu nzira zemewe, aho mu butumwa yatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yagize ati “Hari amatangazo ari gucicikana ngo League yamenyetse Gasogi United Football Club. League ishobora kudusangiza iyo baruwa yemewe n’amategeko yoherereje Gasogi United?”

Uyu muyobozi wa Gasogi United wakunze kunenga imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko icyo bashaka ari ukurandura ibitanoze muri iyi siporo ikundwa na benshi, kandi ko ikipe yabo yahagurukiye guharanira uburenganzira bwayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
23/03/2026
0

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w'umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita...

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

by radiotv10
22/03/2026
0

Amakipe atatu muri ane agomba gukina imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo no mu bagore yamenyekanye, hasigara ikipe imwe...

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

by radiotv10
20/03/2026
0

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu...

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

by radiotv10
18/03/2026
0

Nyuma y'amezi abiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025 cyabereye muri Morocco, ikipe y'Igihugu ya Senegal yacyambuwe gihabwa iya Morocco...

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

by radiotv10
17/03/2026
0

Ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku kwerekana umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda,...

IZIHERUKA

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa
FOOTBALL

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

by radiotv10
23/03/2026
0

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

23/03/2026
Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

23/03/2026
Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

23/03/2026
Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

22/03/2026
Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

22/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.