Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure

radiotv10by radiotv10
22/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi rwibukijwe ingeso rugomba kugendera kure
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Uwimana Consolée, yahaye urubyiruko umukoro wo kwirinda ingeso mbi, kurwanya ibiyobyabwenge, inda ziterwa abangavu ndetse no gukoresha neza amahirwe Igihugu kibashyiriraho.

Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki  22 Werurwe 2026, ubwo yari mu Nama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi. Ni inama yahuje abanyamuryango barenga 2000 baturutse hirya no hino mu gihugu.

Visi Chairperson w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, wari umushyitsi mukuru muri iyi nama, yabwiye urubyiruko rwayitabiriye ko kugira ngo igihugu kigere aho cyifuza bisaba imbaraga zarwo.

Yagize ati “Nk’uko insanganyamatsiko y’iyi nama ibivuga, ‘Rubyiruko, twubake u Rwanda twifuza’, uyu ni umwanya mwiza wo kongera kwicara tukajya inama ku ruhare urubyiruko mugira mu cyerekezo twihaye cyo kubaka u Rwanda twifuza. Kugira ngo tugere kuri iyo ntego, birasaba imbaraga zanyu. Duhora tubivuga ko urubyiruko ari imbaraga zubaka kandi vuba; turifuza ko biva mu ntero bikajya mu ngiro.”

Yakomeje agira ati “Rubyiruko rwa FPR Inkotanyi, nimuhagurukire guhanga ibishya bikemura ibibazo bibangamiye Abanyarwanda, munafate iya mbere mu kubaka imibereho myiza y’abaturage no guteza imbere igihugu cyacu. Nimube ku isonga kandi mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubusinzi, ubuzererezi, guhemuka, kutubaha no kutubahana, n’indi mico mibi itabereye umwana w’Umunyarwanda, muhereye aho mutuye.”

Yakomeje agira ati “Ntore z’Umuryango, bana bacu, turabasaba kwirinda izi ngeso kuko zangiza ubuzima bwanyu kandi zikaba na bimwe mu bigize ibyaha bishyira ubuzima bwanyu bw’ejo hazaza mu kaga.”

Yakomeje agaragaza ko hari ikibazo cy’abangavu baterwa inda, aho imibare igaragaza ko abenshi baziterwa n’urubyiruko bagenzi babo.

Ati “Turashaka kwibutsa ko icyaha cyo gusambanya umwana ari icyaha kidasaza kandi gihanishwa ibihano bikomeye. Ikibi kurushaho ni uko gisenya ubuzima bw’umwana wasambanyijwe n’ejo he hazaza. Mureke dufatanyirize hamwe turinde abangavu bacu.”

Yasabye kandi urubyiruko kwirinda ruswa n’ibindi byaha byakwangiza ubuzima bwarwo ndetse no kudahishira ababikora.

Ati “Mwirinde kandi icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, mwirinde ababashukisha imirimo n’andi mahirwe hanze y’igihugu, mureke guhishira ibyaha ahubwo mubigaragaze, mwirinde ruswa n’ibindi byaha byabatesha agaciro bikangiza ahazaza hanyu.”

Uwimana Consolée yakomeje abwira urubyiruko ko muri iki gihe u Rwanda rukomeje kuvugwa neza ku ruhando mpuzamahanga, bityo rukwiye gukomeza kuruhagararira neza aho ruri hose.

Ati “U Rwanda rukomeje kuvugwa ibigwi ku ruhando mpuzamahanga. Kugira ngo ibi bizarambe, birasaba urubyiruko rufite ikinyabupfura n’indangagaciro rukomeyeho. Aho mujya hose mujye mwibuka ko muhagarariye igihugu cyanyu, muharanire kugihesha ishema.”

Uru rubyiruko rwitabiriye iyi Nama Nkuru ya 6 rwongeye kwibutswa gukoresha neza amahirwe igihugu kibaha.

Ati “Ntore z’Umuryango, ejo hazaza h’igihugu cyacu ntihandikwa n’abandi, handikwa namwe, ibitekerezo byanyu, amahitamo yanyu n’ibikorwa byanyu bya buri munsi. Muharanire kuba urubyiruko rufite intego, rufite indangagaciro, rufite umutima wo gukunda igihugu, kucyitangira no kukirwanirira, cyane cyane binyuze mu ikoranabuhanga. Mukoreshe neza amahirwe igihugu kigenda kibashyiriraho.”

Inama Nkuru y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi yatoye Komite Nyobozi y’Urugaga ku rwego rw’igihugu. Mugisha Ernest yatorewe kuyobora uru rugaga, azungirizwa na Rwagitare Nelly watorewe kuba visi perezida.

Uwimana Consolee yasabye urubyiruko kwitwara neza
Rwagitare Nelly
Ernest Mugisha

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Next Post

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.